Zaburi 102:1-28

Isengesho ry’imbabare iyo icitse intege maze igasuka ibiyihangayikishije imbere ya Yehova.+ 102  Yehova, umva isengesho ryanjye,+Kandi ijwi ryo gutabaza kwanjye rikugereho.+   Ntukampishe mu maso hawe ku munsi nahuye n’amakuba akomeye.+Untege amatwi;+ Ku munsi naguhamagaye, uzatebuke unsubize.+   Kuko iminsi yanjye yarangiye nk’umwotsi,+Kandi amagufwa yanjye araka umuriro nk’iziko.+   Umutima wanjye warabye nk’ibyatsi maze uruma,+Kuko nibagiwe kurya ibyokurya byanjye.+   Amagufwa yanjye yumiranye n’umubiri wanjye+Bitewe n’ijwi ryo kuniha kwanjye.+   Nsigaye nsa n’inzoya yo mu butayu.+Nabaye nk’agahunyira ko mu matongo.   Nsigaye nanitse amagufwa,Kandi nabaye nk’inyoni yigunze ku gisenge cy’inzu.+   Abanzi banjye barantukaga umunsi ukira.+Abankwena barahiraga izina ryanjye.+   Nariye ivu nk’urya umugati,+Kandi ibyokunywa byanjye nabinyoye mbitamo amarira,+ 10  Bitewe n’amagambo yawe akomeye yo kunyamagana n’uburakari bwawe;+Kuko wanshyize hejuru kugira ngo unjugunye.+ 11  Iminsi yanjye imeze nk’igicucu kirembera,+Kandi numye nk’ibyatsi.+ 12  Ariko wowe Yehova, uzahoraho iteka ryose,+Kandi izina ryawe rizahoraho uko ibihe bizagenda bisimburana.+ 13  Uzahaguruka ugirire Siyoni imbabazi,+Kuko ari cyo gihe cyo kuyigaragariza ineza; Kandi igihe cyagenwe kirageze.+ 14  Abagaragu bawe bishimira amabuye yayo,+Kandi bakunda umukungugu waho.+ 15  Amahanga azatinya izina rya Yehova,+Kandi abami bose bo ku isi bazatinya ikuzo ryawe.+ 16  Kuko Yehova azubaka Siyoni;+Azaboneka mu ikuzo rye.+ 17  Azahindukira yumve isengesho ry’abacujwe byose,+Kandi ntazasuzugura isengesho ryabo.+ 18  Ibi byandikiwe ab’igihe kizaza,+Kandi abazaremwa bazasingiza Yah.+ 19  Yarebye hasi ari hejuru, ahera he;+Yehova yitegereje isi ari mu ijuru.+ 20  Kugira ngo yumve kuniha kw’imbohe,+Ngo abohore abagenewe gupfa.+ 21  Kugira ngo izina rya Yehova ryamamazwe muri Siyoni,+Kandi asingizwe i Yerusalemu.+ 22  Igihe abantu bo mu mahanga bose bazaba bateraniye hamwe,+N’ubwami, kugira ngo bakorere Yehova.+ 23  Imbaraga zanjye yazicogoreje mu nzira;+Yagabanyije iminsi yanjye.+ 24  Nuko ndavuga nti “Mana yanjye,Ntunkureho ngicagashije iminsi yanjye;+ Imyaka yawe ihoraho uko ibihe biha ibindi.+ 25  Washyizeho imfatiro z’isi kera cyane,+Kandi ijuru ni umurimo w’amaboko yawe.+ 26  Byo bizarimbuka ariko wowe uzahoraho;+Byose bizasaza nk’umwenda.+ Uzabihindura nk’uko bahindura umwambaro, kandi bizacyura igihe.+ 27  Ariko wowe uhora uko uri, kandi imyaka yawe ntizarangira.+ 28  Abana b’abagaragu bawe bazakomeza kubaho;+Kandi urubyaro rwabo ruzakomerezwa imbere yawe.”+

Ibisobanuro ahagana hasi