Yuda 1:1-25

 Jyewe Yuda, umugaragu wa Yesu Kristo, nkaba mva inda imwe na Yakobo,+ ndabandikiye mwebwe abo Imana Data+ yahamagaye,+ mukaba mukundwa na yo, mukarindirwa+ Yesu Kristo:  Imbabazi+ n’amahoro+ n’urukundo+ biva ku Mana bigwire muri mwe.+  Bakundwa,+ nubwo nifuje cyane kubandikira mbabwira iby’agakiza dusangiye,+ nasanze ari na ngombwa kubandikira kugira ngo mbashishikarize kurwanirira cyane ukwizera+ abera bahawe rimwe risa kugeza iteka ryose.+  Impamvu yabinteye ni uko hari bamwe baseseye+ muri twe, kandi Ibyanditswe byavuze+ kuva kera ko bari kuzacirwaho iteka.+ Ni abatubaha Imana+ bahindura ubuntu butagereranywa bw’Imana yacu urwitwazo rwo kwiyandarika,+ bakihakana+ Yesu Kristo, ari we Databuja+ wenyine n’Umwami+ wacu.  Nubwo byose musanzwe mubizi,+ ndashaka kubibutsa ko nubwo Yehova yarokoye ubwoko bwe akabukura mu gihugu cya Egiputa,+ nyuma yaho yarimbuye abatarizeye.+  N’abamarayika batagumye mu buturo bwabo bwa mbere, ahubwo bakava aho bari bagenewe kuba,+ yababoheye+ burundu mu mwijima w’icuraburindi, abarindiye kuzacirwaho iteka ku munsi ukomeye.+  Ab’i Sodomu n’i Gomora n’imigi yari ihakikije,+ na bo bamaze kwishora mu busambanyi bukabije kimwe n’abo bamarayika, bagatwarwa n’irari ry’umubiri kugira ngo bawukoreshe ibyo utaremewe,+ bashyiriweho kutubera akabarore+ ubwo bahanishwaga umuriro w’iteka.+  Nubwo bimeze bityo ariko, abo bantu bahora basa n’abari mu nzozi+ na bo bahumanya imibiri yabo, bagasuzugura ababayobora+ kandi bagatuka abanyacyubahiro.+  Nyamara Mikayeli,+ ari we mumarayika mukuru,+ ubwo yajyaga impaka+ na Satani bapfa umurambo wa Mose,+ ntiyatinyutse kumuciraho iteka amutuka,+ ahubwo yaramubwiye ati “Yehova agucyahe.”+ 10  Ariko abo bantu batuka ibintu byose badafite icyo baziho na busa,+ ndetse n’ibyo basobanukiwe byose babwirijwe na kamere nk’inyamaswa zitagira ubwenge,+ bakomeza kubyiyononesha.+ 11  Bagushije ishyano kuko bagendeye mu nzira ya Kayini,+ bakiroha mu nzira y’ubuyobe bwa Balamu+ bararikiye ingororano, kandi bakarimbuka bazize amagambo yo kwigomeka+ nk’aya Kora!+ 12  Abo ni intaza zihishe mu mazi iyo bari kumwe namwe mu isangira ryanyu ryo kugaragarizanya urukundo;+ ni abungeri bita ku nda zabo gusa nta gutinya;+ ni ibicu bitagira amazi bishushubikanywa+ n’umuyaga ubikoza hirya no hino;+ ni ibiti bitagira imbuto ku mwero wabyo, byapfuye kabiri, byaranduwe;+ 13  ni imiraba yo mu nyanja yarubiye, ivundura ifuro ry’ibikorwa byabo biteye isoni;+ ni inyenyeri zizerera, zabikiwe umwijima w’icuraburindi iteka ryose.+ 14  Henoki,+ uwa karindwi uhereye kuri Adamu, na we yahanuye ibyabo ubwo yagiraga ati “dore Yehova yazanye n’abera be uduhumbi n’uduhumbagiza,+ 15  aje kurangiza urubanza yaciriye abantu bose,+ no guhamya icyaha abatubaha Imana bose ku bw’ibikorwa bibi bakoze batubaha Imana, n’amagambo y’urukozasoni yose abanyabyaha batubaha Imana bavuze bayituka.”+ 16  Abo ni abantu bitotomba,+ binubira uko bari, bakurikiza ibihuje n’irari ryabo,+ kandi akanwa kabo kavuga amagambo yo kwihimbaza,+ mu gihe bashimagiza abantu+ bagamije kubakuraho indamu. 17  Ariko mwebwe bakundwa, mwibuke ibyavuzwe kera n’intumwa z’Umwami wacu Yesu Kristo,+ 18  ukuntu zakundaga kubabwira ziti “mu gihe cy’imperuka hazabaho abakobanyi bakurikiza ibihuje n’irari ryabo, bararikira ibintu byo kutubaha Imana.”+ 19  Abo ni abantu bazana kwirema ibice,+ ni inyamaswabantu,+ ntibafite umwuka w’Imana.+ 20  Naho mwebwe bakundwa, nimwiyubake+ mu byo kwizera kwanyu kwera cyane+ kandi musenge muyobowe n’umwuka wera,+ 21  mugume mu rukundo rw’Imana,+ mutegereje imbabazi+ z’Umwami wacu Yesu Kristo, mwiringiye kuzabona ubuzima bw’iteka.+ 22  Nanone mukomeze kugirira imbabazi+ abantu bamwe bashidikanya,+ 23  mubakize+ mubahubuje mu muriro.+ Ariko n’abandi mukomeze kubagaragariza imbabazi mutinya, ndetse mwanga n’umwambaro w’imbere wose washyizweho ikizinga n’umubiri.+ 24  Nuko rero ibasha kubarinda+ gusitara no kubahagarika imbere y’ikuzo ryayo mutariho ikizinga+ mufite ibyishimo byinshi, 25  ari yo Mana yacu imwe rukumbi n’Umukiza wacu,+ yadukijije ibinyujije kuri Yesu Kristo+ Umwami wacu, ihabwe ikuzo,+ icyubahiro, ububasha+ n’ubutware+ uhereye kera kose,+ na n’ubu n’iteka ryose.+ Amen.+

Ibisobanuro ahagana hasi