Yosuwa 3:1-17
3 Yosuwa n’Abisirayeli bose bazinduka kare mu gitondo bava i Shitimu+ bagera kuri Yorodani, baba ari ho barara mbere yo kwambuka.
2 Hashize iminsi itatu,+ abatware+ bazenguruka mu nkambi
3 babwira abantu bati “nimubona abatambyi b’Abalewi bahetse isanduku y’isezerano rya Yehova Imana yanyu,+ muhite muhaguruka muyikurikire
4 kugira ngo mumenye inzira munyuramo, kuko mbere hose mutigeze muyinyuramo. Gusa ntimuyegere. Hagati yanyu na yo musige intera ireshya n’imikono* hafi ibihumbi bibiri.”+
5 Yosuwa abwira abantu ati “mwiyeze,+ kuko ejo Yehova azakorera ibitangaza muri mwe.”+
6 Yosuwa abwira abatambyi ati “mufate isanduku y’isezerano + mugende imbere y’abantu.” Nuko bafata isanduku y’isezerano bagenda imbere y’abantu.
7 Yehova abwira Yosuwa ati “uyu munsi ndatangira kuguhesha icyubahiro mu maso y’Abisirayeli bose,+ kugira ngo bamenye ko nzabana nawe+ nk’uko nabanaga na Mose.+
8 Utegeke+ abatambyi baheka isanduku y’isezerano uti ‘nimugera mu mazi yo ku nkombe ya Yorodani, muhagarare+ muri Yorodani.’”
9 Yosuwa abwira Abisirayeli ati “nimwigire hino mutege amatwi amagambo ya Yehova Imana yanyu.”
10 Hanyuma Yosuwa aravuga ati “iki ni cyo kizabamenyesha ko Imana nzima iri hagati muri mwe,+ kandi ko rwose izirukana imbere yanyu Abanyakanani, Abaheti, Abahivi, Abaperizi, Abagirugashi, Abamori n’Abayebusi.+
11 Dore isanduku y’isezerano ry’Umwami w’isi yose igiye kugenda imbere yanyu ijye muri Yorodani.
12 None mutoranye abagabo cumi na babiri mu miryango yose ya Isirayeli, umwe muri buri muryango.+
13 Abatambyi bahetse isanduku y’isezerano rya Yehova Umwami w’isi yose nibaba bagikandagiza ibirenge mu mazi ya Yorodani, ayo mazi ari bwigabanyemo kabiri, amazi yatembaga aturutse haruguru ahagarare nk’agomeye.”+
14 Nuko abantu bamaze gushingura amahema yabo ariko batarambuka Yorodani, abatambyi bahetse isanduku+ y’isezerano babari imbere,
15 abari bahetse isanduku bakigera kuri Yorodani, abatambyi bahetse isanduku bagikandagiza ibirenge mu mazi yo ku nkombe (mu gihe cy’isarura amazi ya Yorodani aba yuzuye yarenze inkombe+),
16 amazi yatembaga aturuka haruguru arahagarara, yigomerera+ kure cyane ahitwa Adamu, umugi uri hafi y’i Saretani,+ ayandi atemba agana mu nyanja ya Araba, ari yo Nyanja y’Umunyu,+ arashira. Amazi yigabanyijemo kabiri, abantu bambukira ahateganye n’i Yeriko.
17 Hagati aho abatambyi bari bahetse isanduku y’isezerano rya Yehova bakomeje guhagarara ku butaka bwumutse+ hagati muri Yorodani, mu gihe Abisirayeli bose bambukaga bagenda ku butaka bwumutse,+ kugeza aho ishyanga ryose ryamariye kwambuka Yorodani.