Yohana 15:1-27

15  “Ni jye muzabibu+ w’ukuri, kandi Data ni we uwuhingira.+  Ishami ryose ryo kuri jye ritera imbuto arivanaho,+ kandi iryera imbuto ryose arikuraho ibisambo akarisukura,+ kugira ngo ryere imbuto nyinshi.+  Mwe mwamaze gusukurwa bitewe n’ijambo nababwiye.+  Mukomeze kunga ubumwe nanjye, nanjye nunge ubumwe namwe.+ Nk’uko ishami ridashobora kwera imbuto ubwaryo ritagumye ku muzabibu, ni ko namwe mudashobora kwera imbuto mudakomeje kunga ubumwe nanjye.+  Ni jye muzabibu, namwe mukaba amashami. Ukomeza kunga ubumwe nanjye, nanjye nkunga ubumwe na we, uwo ni we wera imbuto nyinshi,+ kuko nta kintu na kimwe mushobora gukora mutari kumwe nanjye.  Iyo umuntu adakomeje kunga ubumwe nanjye, aracibwa nk’ishami, akuma. Hanyuma abantu bagatoragura ayo mashami bakayajungunya mu muriro, agashya.+  Nimukomeza kunga ubumwe nanjye kandi amagambo yanjye akaguma muri mwe, mujye musaba icyo mushaka, muzagihabwa.+  Iki ni cyo cyubahisha Data: ni uko mukomeza kwera imbuto nyinshi kandi mukagaragaza ko muri abigishwa banjye.+  Nk’uko Data yankunze+ kandi nanjye nkaba mbakunda, mugume mu rukundo rwanjye. 10  Nimwubahiriza amategeko yanjye,+ muzaguma mu rukundo rwanjye, nk’uko nubahirije amategeko ya Data+ nkaguma mu rukundo rwe. 11  “Ibyo mbibabwiriye kugira ngo ibyishimo mfite namwe mubigire, kandi ibyishimo byanyu bibe byuzuye.+ 12  Ngiri itegeko mbahaye: ni uko mukundana nk’uko nanjye nabakunze.+ 13  Nta wufite urukundo ruruta uru: ko umuntu ahara ubugingo bwe ku bw’incuti ze.+ 14  Muri incuti zanjye niba mukora ibyo mbategeka.+ 15  Sinkibita abagaragu, kuko umugaragu aba atazi ibyo shebuja akora. Ahubwo mbita incuti,+ kuko nabamenyesheje ibintu byose numvanye Data.+ 16  Si mwe mwantoranyije, ahubwo ni jye wabatoranyije, mbashyiraho kugira ngo mugende maze mukomeze kwera imbuto,+ kandi ngo imbuto zanyu zigumeho, kugira ngo icyo muzajya musaba Data cyose mu izina ryanjye azajye akibaha.+ 17  “Icyo mbategeka ni uko mukundana.+ 18  Isi nibanga, mumenye ko yanyanze mbere y’uko ibanga.+ 19  Iyo muba ab’isi, isi iba yarabakunze kuko mwari kuba muri abayo.+ Ariko noneho kuko mutari ab’isi,+ ahubwo nabatoranyije mbakuye mu isi, ni cyo gituma isi ibanga.+ 20  Muzirikane ijambo nababwiye nti ‘umugaragu ntaruta shebuja.’ Niba barantoteje namwe bazabatoteza;+ niba barubahirije ijambo ryanjye, n’iryanyu bazaryubahiriza. 21  Ariko bazabakorera ibyo byose babahora izina ryanjye, kuko batazi uwantumye.+ 22  Iyaba ntaraje ngo mbabwire, nta cyaha baba bafite.+ Ariko ubu nta cyo bafite bireguza ku bw’icyaha cyabo.+ 23  Unyanze aba yanze na Data.+ 24  Iyo mba ntarakoreye muri bo imirimo undi muntu wese atigeze akora,+ nta cyaha baba bafite.+ Ariko noneho barayibonye kandi baranyanga, banga na Data.+ 25  Ariko ibyo byabereyeho kugira ngo ibyanditswe mu Mategeko yabo bisohore ngo ‘banyanze nta mpamvu.’+ 26  Umufasha naza, uwo nzaboherereza aturutse kuri Data,+ ari wo mwuka w’ukuri uturuka kuri Data, ni we uzahamya ibyanjye.+ 27  Namwe mugomba kubihamya,+ kuko mwabanye nanjye kuva ngitangira.

Ibisobanuro ahagana hasi