Yesaya 66:1-24

66  Yehova aravuga ati “ijuru ni intebe yanjye y’ubwami,+ naho isi ikaba intebe y’ibirenge byanjye.+ None se muzanyubakira inzu bwoko ki?+ Cyangwa ahantu naruhukira ni he?”+  “Dore ibyo byose ukuboko kwanjye ni ko kwabiremye, byose bibaho,”+ ni ko Yehova avuga. “Uwo nzitaho ni uyu: ni imbabare ifite umutima umenetse,+ igahindishwa umushyitsi n’ijambo ryanjye.+  “Ubaga ikimasa ahwanye n’uwica umuntu,+ kandi utamba intama ahwanye n’uvuna imbwa ijosi.+ Utanga ituro ahwanye n’utamba amaraso y’ingurube.+ Utanga ububani ho ituro ry’urwibutso,+ ahwanye n’usabira abandi umugisha akoresheje amagambo y’ubumaji.+ Bahisemo kugendera mu nzira zabo bwite, kandi ubugingo bwabo bwishimira ibiteye ishozi byabo.+  Nanjye nzatoranya uburyo bwo kubagirira nabi,+ kandi ibyo batinya ni byo nzabateza,+ kuko nahamagaye hakabura uwitaba, navuga ntihagire utega amatwi,+ ahubwo bagakomeza gukorera ibibi mu maso yanjye, bagahitamo gukora ibyo ntishimira.”+  Yemwe bantu bahindishwa umushyitsi n’ijambo rya Yehova,+ nimwumve uko avuga ati “abavandimwe banyu babanga+ bakabaha akato babahora izina ryanjye,+ baravuze bati ‘Yehova nahabwe ikuzo!’+ Nanone azaboneka mugire ibyishimo,+ kandi ni bo bazakorwa n’isoni.”+  Nimwumve ijwi ryo kuvurungana rituruka mu mugi, rigaturuka mu rusengero!+ Ni ijwi rya Yehova witura abanzi be ibibakwiriye.+  Siyoni yabyaye itararamukwa,+ ibyara umwana w’umuhungu itarajya ku gise.+  Ni nde wigeze kumva ibintu nk’ibyo?+ Ni nde wigeze kubona ibintu nk’ibyo?+ Mbese igihugu+ cyagirwa ku gise kikavuka mu munsi umwe?+ Cyangwa ishyanga+ ryavukira icyarimwe?+ Nyamara Siyoni yo yagiye ku gise ibyara abana bayo.  “Mbese nafungura inda ibyara nkabuza umwana kuvuka?”+ Ni ko Yehova abaza. “Cyangwa natuma umwana agera igihe cyo kuvuka, maze ngafunga inda ibyara?” Ni ko Imana yawe ivuga. 10  Mwa bakunda Yerusalemu+ mwese mwe, nimwishimane na yo kandi munezeranwe na yo.+ Nimwishimane na yo ibyishimo bisaze mwebwe mwese abakomeza kuyiborogera,+ 11  kuko muzonka mugahazwa n’ibere ry’ihumure ryayo ryuzuye, kandi muzanezezwa cyane no konka ikuzo ryayo.+ 12  Yehova aravuga ati “dore ndayiha amahoro ameze nk’uruzi,+ n’ikuzo ry’amahanga rimeze nk’umugezi usendereye,+ kandi rwose muzaryonka.+ Bazabahagatira, babakuyakuye babakikiye.+ 13  Nk’uko umuntu akomeza guhumurizwa na nyina, ni ko nanjye nzakomeza kubahumuriza,+ kandi muzahumurizwa kubera Yerusalemu.+ 14  Muzabireba maze umutima wanyu usabwe n’ibyishimo,+ amagufwa yanyu+ ashishe nk’ubwatsi butoshye.+ Kandi ukuboko kwa Yehova kuzamenyeshwa abagaragu be,+ ariko abanzi be bo azabamagana.”+ 15  “Dore Yehova aje ameze nk’umuriro,+ n’amagare ye ameze nk’inkubi y’umuyaga,+ kugira ngo abiture ibyo bakoze abasukaho uburakari n’umujinya mwinshi kandi abacyahishe ibirimi by’umuriro.+ 16  Kuko Yehova azasohoreza urubanza rwe ku bantu bose ameze nk’umuriro; ni koko azaba yitwaje inkota ye,+ kandi abishwe na Yehova bazaba benshi.+ 17  Abiyeza bakisukura kugira ngo bajye mu mirima+ inyuma y’ikigirwamana kiri mu murima hagati, bakarya inyama z’ingurube+ n’ibiteye ishozi ndetse n’imbeba,+ bose bazarimbukira icyarimwe,” ni ko Yehova avuga. 18  “Kubera ko nzi imirimo yabo+ n’ibitekerezo byabo,+ ndaje nkoranyirize hamwe abo mu mahanga yose n’indimi zose;+ kandi bagomba kuzaza bakabona ikuzo ryanjye.”+ 19  “Nzashyira ikimenyetso hagati yabo,+ nohereze mu mahanga bamwe mu barokotse,+ mbohereze i Tarushishi+ n’i Puli n’i Ludi,+ mu babanga imiheto, i Tubali n’i Yavani+ mu birwa+ bya kure cyane bitigeze byumva ibyanjye cyangwa ngo bibone ikuzo ryanjye;+ kandi bazavuga ikuzo ryanjye mu mahanga.+ 20  Ni koko, bazazana abavandimwe banyu bose babavanye mu mahanga yose+ babahe Yehova ho impano.+ Bazabazana ku mafarashi no mu magare akururwa n’amafarashi, no mu magare atwikiriwe, no ku nyumbu no ku ngamiya z’ingore+ zinyaruka, babageze ku musozi wanjye wera,+ ari wo Yerusalemu,” ni ko Yehova avuga, “mbese nk’igihe Abisirayeli bazana ituro mu nzu ya Yehova barizanye mu gikoresho kidahumanye.”+ 21  “Nzafata bamwe muri bo babe abatambyi, abandi babe Abalewi,” ni ko Yehova avuga. 22  Yehova aravuga ati “nk’uko ijuru rishya+ n’isi nshya+ ndema bihora imbere yanjye,+ ni ko urubyaro rwanyu+ n’izina ryanyu bizahoraho.”+ 23  “Kuva ku mboneko z’ukwezi kugeza ku mboneko z’ukundi kwezi, no kuva ku isabato kugeza ku yindi sabato, abantu bose bazaza bikubite imbere yanjye,” ni ko Yehova avuga.+ 24  “Bazasohoka babone imirambo y’abancumuyeho,+ kuko inyo zibariho zitazapfa, n’umuriro wabo utazazima,+ kandi bazabera abantu bose ikintu giteye ishozi.”+

Ibisobanuro ahagana hasi