Yesaya 59:1-21

59  Dore ukuboko kwa Yehova ntikwabaye kugufi ku buryo kutakiza,+ n’ugutwi kwe ntikwazibye ku buryo kutakumva.+  Oya, ahubwo ibicumuro byanyu ni byo byabatandukanyije n’Imana yanyu,+ kandi ibyaha byanyu ni byo byatumye ibahisha mu maso hayo kugira ngo itumva.+  Kuko ibiganza byanyu byahumanyijwe n’amaraso,+ n’intoki zanyu zigahumanywa n’ibyaha. Iminwa yanyu yavuze ibinyoma,+ n’ururimi rwanyu rukomeza kuvuga ibyo gukiranirwa.+  Nta muntu n’umwe urangurura ijwi rye aharanira gukiranuka,+ nta n’ujya mu rukiko ajyanywe n’ubudahemuka. Biringiye ibitariho,+ bavuga ibitagira umumaro.+ Basamye akaga, babyara ibibi.+  Baturaze amagi y’inzoka y’ubumara, kandi bakomeje kuboha inzu y’igitagangurirwa.+ Umuntu wese uriye amagi yayo arapfa, n’igi ryose rimenetse rivamo impiri.+  Inzu yabo y’igitagangurirwa ntizababera umwambaro, kandi imirimo yabo ntizabatwikira.+ Imirimo yabo ni mibi, kandi ibikorwa by’urugomo biri mu biganza byabo.+  Ibirenge byabo byirukira kugira nabi gusa,+ kandi byihutira kuvusha amaraso y’utariho urubanza.+ Ibitekerezo byabo ni bibi,+ kandi kunyaga no gusenya biri mu nzira zabo z’igihogere.+  Birengagije inzira y’amahoro,+ kandi nta butabera burangwa mu nzira zabo.+ Bagoretse inzira zabo+ kandi uzinyuramo wese ntazagira amahoro.+  Ni yo mpamvu ubutabera bwaduhunze, kandi gukiranuka ntikutugereho. Dukomeza kwiringira kubona urumuri, nyamara tukabona umwijima. Twiringira kubona umucyo, ariko dukomeza kugendera mu icuraburindi ridashira.+ 10  Dukomeza gukabakaba ku rukuta nk’impumyi, tugakomeza gukabakaba nk’abatagira amaso.+ Twasitaye ku manywa y’ihangu nk’aho ari mu kabwibwi; mu banyambaraga tumeze nk’abapfuye.+ 11  Twese dukomeza kugonga nk’idubu, kandi dukomeza kuguguza nk’inuma+ dufite agahinda. Twakomeje kwiringira ubutabera,+ ariko nta bwo twabonye. Twakomeje kwiringira agakiza, ariko kakomeje kutuba kure.+ 12  Kuko ibicumuro byacu byagwiriye imbere yawe,+ kandi ibyaha byacu ni byo bidushinja.+ Ibicumuro byacu biri kumwe natwe, kandi ibyaha byacu tubizi neza.+ 13  Twaracumuye twihakana Yehova;+ twasubiye inyuma tureka Imana yacu, tuvuga ibyo gukandamiza no kwigomeka,+ dutekereza amagambo y’ibinyoma mu mitima yacu kandi tukayavuga.+ 14  Ubutabera bwahatiwe gusubira inyuma,+ kandi gukiranuka gukomeza guhagarara kure,+ kuko ukuri kwasitariye ku karubanda, n’ibitunganye bikaba bidashobora kwinjira.+ 15  Ukuri kwarabuze,+ kandi umuntu wese uhindukira akareka ibibi arasahurwa.+ Yehova yarabyitegereje abona ko kuba nta butabera buhari ari bibi.+ 16  Abonye ko nta muntu n’umwe uhari, atangazwa no kubona ko nta n’umwe ugira icyo akora.+ Nuko ukuboko kwe gutanga agakiza, kandi gukiranuka kwe kuramushyigikira.+ 17  Hanyuma yambara gukiranuka nk’ikoti ry’icyuma,+ yambara n’agakiza ku mutwe nk’ingofero.+ Nanone yambaye guhora kumubera nk’umwenda,+ yambara ishyaka nk’ikanzu.+ 18  Azitura abantu ibihuje n’imigenzereze yabo,+ yiture umujinya abanzi be, abakanire urubakwiriye.+ Ibirwa azabiha ingororano ibikwiriye.+ 19  Bazatangira gutinya izina rya Yehova+ uhereye iburengerazuba, batinye ikuzo rye+ uhereye iburasirazuba, kuko azaza ameze nk’umugezi uzana ibyago, ushorewe n’umwuka wa Yehova.+ 20  “Umucunguzi+ azaza i Siyoni,+ asange aba Yakobo bahindukiye bakareka ibicumuro byabo,”+ ni ko Yehova avuga. 21  “Nanjye iri ni ryo sezerano ngiranye na bo,”+ ni ko Yehova avuga. “Umwuka wanjye ukuriho+ n’amagambo yanjye nashyize mu kanwa kawe,+ ntibizava mu kanwa kawe cyangwa mu kanwa k’urubyaro rwawe, cyangwa mu kanwa k’urubyaro rw’urubyaro rwawe, uhereye ubu kugeza ibihe bitarondoreka,”+ ni ko Yehova avuga.

Ibisobanuro ahagana hasi