Yesaya 57:1-21

57  Umukiranutsi yararimbutse,+ nyamara nta wubizirikana mu mutima we.+ N’abantu barangwaga n’ineza yuje urukundo barapfuye,+ ariko nta wumenya ko umukiranutsi yipfiriye, atazongera guhura n’amakuba.+  Umuntu wese ugendera mu nzira yo gukiranuka,+ agenda amahoro,+ akaruhukira+ mu mva*+ ye.  “Naho mwebwe, mwa bana b’umugore w’umushitsikazi+ mwe, mwa rubyaro rw’umusambanyi n’umugore w’indaya,+ nimwigire hafi.+  Uwo mwishima hejuru ni nde?+ Ni nde mukomeza kwasamira mugasohora indimi mumunnyega?+ Mbese ntimuri abana b’ibicumuro n’urubyaro rw’ibinyoma,+  babyukiriza irari mu biti by’inganzamarumbo,+ munsi y’igiti gitoshye cyose,+ bakicira abana mu bibaya, munsi y’imikoki yo mu bitare?+  “Umugabane wawe+ wari kumwe n’amabuye asennye yo mu kibaya. Ni yo yari umugabane wawe.+ Byongeye kandi, wayasukiraga ituro ry’ibyokunywa,+ ukayatura amaturo. Mbese ibyo byampumuriza+ koko?  Washashe uburiri bwawe+ ku musozi muremure uri hejuru cyane. Aho na ho wajyagayo ukahatambira ibitambo.+  Washyize urwibutso rwawe+ inyuma y’urugi n’inkomanizo z’umuryango. Warantaye uritwikurura, hanyuma urazamuka, wagura uburiri bwawe.+ Wihitiyemo kugirana n’izo mana amasezerano; wakunze kuryamana na zo,+ ureba igitsina cy’umugabo.*  Waramanutse usanga Meleki uyishyiriye amavuta, ushaka n’amavuta ahumura menshi cyane.+ Wakomeje kohereza intumwa zawe zigera kure, ku buryo wamanutse ukagera mu mva.+ 10  Waruhiye mu nzira zawe nyinshi wanyuzemo,+ ariko ntiwavuga uti ‘ibi nta cyizere bitanga!’ Ahubwo wabonye ikikongerera imbaraga;+ ni cyo cyatumye utarwara.+ 11  “None se ni nde waguteye ubwoba ugatangira gutinya,+ bikaba byaratumye ubeshya?+ Ariko ntiwanyibutse.+ Nta cyo wigeze uzirikana mu mutima wawe.+ Mbese sinakomeje kwicecekera nkabihisha?+ Ni cyo cyatumye utantinya.+ 12  Jye ubwanjye nzashyira ahabona gukiranuka kwawe+ n’imirimo yawe,+ maze ngaragaze ko nta cyo bizakumarira.+ 13  Nutabaza, ibintu byawe warundanyije ntibizagukiza,+ ahubwo byose bizatwarwa n’umuyaga.+ Umwuka uzabihuha biyoyoke; ariko umpungiraho+ azaragwa igihugu, aragwe umusozi wanjye wera.+ 14  Umuntu azavuga ati ‘nimuhatinde, nimuhatinde! Muhace inzira,+ muvane inzitizi zose mu nzira y’ubwoko bwanjye.’”+ 15  Uri hejuru kandi Usumbabyose,+ uhoraho iteka+ kandi izina rye rikaba ari iryera,+ aravuga ati “ntuye hejuru ahera,+ kandi mbana n’ushenjaguwe n’uwiyoroshya mu mutima+ kugira ngo mpembure aboroheje, mpembure n’umutima w’abashenjaguwe.+ 16  Sinzahora ndwana kandi sinzarakara iteka,+ kuko natuma umwuka w’umuntu ukendera,+ n’ibyo naremye bihumeka bigashiramo imbaraga.+ 17  “Yarayobye akurikirana indamu mbi+ bituma ndakara, ndamukubita, muhisha mu maso hanjye+ ndakaye. Ariko yigize icyigomeke+ akomeza kugendera mu nzira y’umutima we. 18  Nabonye inzira ze ntangira kumukiza+ no kumuyobora+ no kumuhumuriza,+ we n’abe baborogaga.”+ 19  Yehova aravuga ati “dore ndarema imbuto z’iminwa.+ Uri kure n’uri hafi bose bazagira amahoro arambye,+ kandi nzabakiza.”+ 20  “Ariko ababi bameze nk’inyanja yarubiye idashobora gutuza, amazi yayo agakomeza kuzikura ibyatsi n’ibyondo. 21  Nta mahoro y’ababi,”+ ni ko Imana yanjye ivuga.

Ibisobanuro ahagana hasi

Ye 57:2
Ye 57:8