Yesaya 5:1-30

5  Reka ndirimbire umukunzi wanjye indirimbo y’uwo nkunda, ivuga iby’uruzabibu rwe.+ Umukunzi wanjye yari afite umurima w’uruzabibu ku gasozi karumbuka.  Arawutabira, akuramo amabuye maze ateramo umuzabibu utukura w’indobanure, kandi yubaka umunara muri uwo murima hagati,+ acukuramo n’urwengero.+ Nuko akomeza kwitega ko ruzera imizabibu myiza,+ ariko rugiye kwera rwera imizabibu mibi.+  “None rero baturage b’i Yerusalemu namwe abatuye i Buyuda, nimuducire urubanza jye n’uruzabibu rwanjye.+  Ni iki nagombye kuba narakoreye uruzabibu rwanjye ntakoze?+ Kuki nakomeje kwitega ko ruzera imizabibu myiza, ariko rwajya kwera rukera imizabibu mibi?  None rero, reka mbabwire icyo ngiye gukorera uruzabibu rwanjye: uruzitiro rwarwo ruzakurwaho,+ kandi ruzatwikwa.+ Urukuta rwarwo rw’amabuye ruzasenywa, maze runyukanyukwe.+  Nzarureka rucike.+ Ntiruzakonorerwa cyangwa ngo ruhingirwe.+ Ruzarara rumeremo amahwa n’ibihuru,+ kandi nzategeka ibicu bye kurugushamo imvura.+  Uruzabibu+ rwa Yehova nyir’ingabo ni inzu ya Isirayeli, kandi abantu b’i Buyuda ni umurima yakundaga cyane.+ Yakomeje kubitegaho imanza zitabera,+ ariko yabonye ubwicamategeko; yabitezeho gukiranuka, ariko abona umuborogo.”+  Bazabona ishyano abafatanya amazu+ n’abongera imirima ku yindi kugeza ubwo nta handi haba hasigaye,+ none bikaba byaratumye mutura mu gihugu mwenyine!  Yehova nyir’ingabo yarahiye numva ko amazu menshi, nubwo yaba ari manini kandi ari meza, azahinduka ayo gutangarirwa, nta wuyatuyemo.+ 10  Ndetse hegitari enye+ z’uruzabibu zizera bati* imwe gusa ya divayi,+ kandi homeri* imwe y’imbuto izavamo efa* imwe gusa mu gihe cy’isarura.+ 11  Bazabona ishyano ababyuka kare mu gitondo bazinduwe no gushaka ibinyobwa bisindisha,+ bagakomeza kunywa bakageza nimugoroba bwahumanye maze divayi ikabasaza.+ 12  Kandi inanga na nebelu n’ishako n’umwironge na divayi ntibibura mu birori byabo,+ ariko ntibita ku murimo wa Yehova kandi ntibabona umurimo w’amaboko ye.+ 13  Ni yo mpamvu ubwoko bwanjye buzajyanwa mu bunyage bitewe no kubura ubumenyi;+ abanyacyubahiro babo bazaba abantu bishwe n’inzara,+ na rubanda rwo muri bo ruzicwa n’inyota.+ 14  Ni yo mpamvu imva* yaguye ubugingo bwayo, ikasamura akanwa kayo ikarenza imipaka;+ kandi ibintu by’akataraboneka biri muri uwo mugi n’imbaga y’abantu bawo n’urusaku rwawo n’abanezerewe, bizamanuka bijye muri iyo mva.+ 15  Umuntu wakuwe mu mukungugu azunama kandi acishwe bugufi, ndetse n’amaso y’abari hejuru azacishwa bugufi.+ 16  Yehova nyir’ingabo azashyirwa hejuru bitewe n’imanza zitabera,+ kandi Imana y’ukuri, Uwera,+ iziyeza binyuze ku gukiranuka.+ 17  Amasekurume y’intama azarisha nk’ari mu rwuri rwayo, kandi abimukira bazarya ibyo mu matongo yahozemo amatungo yagaburiwe neza.+ 18  Bazabona ishyano abakuruza ikosa imigozi y’ikinyoma, bagakurura icyaha nk’abakuruza igare imigozi,+ 19  bakavuga bati “umurimo wayo nutebuke, uze vuba kugira ngo tuwubone; umugambi w’Uwera wa Isirayeli wigire hafi maze uze kugira ngo tuwumenye!”+ 20  Bazabona ishyano abavuga ko icyiza ari kibi, n’ikibi bakavuga ko ari cyiza,+ bagashyira umwijima mu cyimbo cy’umucyo, n’umucyo bakawushyira mu cyimbo cy’umwijima, bagashyira ibisharira mu cyimbo cy’ibiryohereye n’ibiryohereye bakabishyira mu cyimbo cy’ibisharira!+ 21  Bazabona ishyano abibwira ko ari abanyabwenge, bakibwira ko bajijutse!+ 22  Bazabona ishyano abigira intwari zo kunywa divayi, n’abagabo bagira imbaraga zo kuvanga ibinyobwa bisindisha,+ 23  bakakira impongano+ maze umuntu mubi bakamwita umukiranutsi, ndetse umukiranutsi bakamuvanaho gukiranuka kwe!+ 24  Ni yo mpamvu igishyitsi cyabo kizahinduka umunuko,+ n’uburabyo bwabo bugatumuka nk’ivumbi, nk’uko ikirimi cy’umuriro gikongora ibikenyeri,+ n’ubwatsi bwumye bugatokomberera mu kibatsi cy’umuriro, kuko banze itegeko rya Yehova nyir’ingabo,+ bagasuzugura ijambo ry’Uwera wa Isirayeli.+ 25  Ni cyo cyatumye uburakari bwa Yehova bugurumanira ubwoko bwe, kandi azabangura ukuboko kwe abakubite.+ Imisozi izahinda umushyitsi+ kandi intumbi zabo zizamera nk’imyanda mu mayira.+ Nyamara nubwo bimeze bityo, uburakari bwe ntiburashira, ahubwo ukuboko kwe kuracyabanguye. 26  Yahaye ikimenyetso ishyanga rya kure rikomeye,+ arihamagaza ikivugirizo riri ku mpera y’isi,+ kandi rizahita riza ryihuta cyane.+ 27  Muri bo nta wunanirwa cyangwa ngo asitare. Nta wuhunyiza, nta n’usinzira. Umukandara bakenyeje ntuzafunguka kandi imishumi y’inkweto zabo ntizacika, 28  kuko imyambi yabo ityaye, n’imiheto yabo yose ikaba ibanze.+ Ibinono by’amafarashi yabo bizaba bimeze nk’amabuye atyaye,+ kandi inziga z’amagare yabo zizaba zimeze nk’inkubi y’umuyaga.+ 29  Kwivuga kwabo ni nk’ukw’intare itontoma, kandi bivuga nk’intare z’umugara zikiri nto.+ Bazahuma bacakire umuhigo bawujyane nta nkomyi, kandi ntihazaboneka umutabazi.+ 30  Kuri uwo munsi, bazivugira kuri uwo muhigo nk’inyanja ihorera.+ Umuntu azitegereza igihugu abone cyacuze umwijima ubabaje,+ ndetse abone ko n’urumuri rwijimishijwe n’ibitonyanga by’imvura bikigwamo.

Ibisobanuro ahagana hasi

Ye 5:10
Ye 5:10
Ye 5:10
Ye 5:14