Yesaya 49:1-26

49  Mwa birwa+ mwe muntege amatwi, namwe mwa mahanga ya kure mwe,+ nimwumve. Yehova ubwe yampamagaye ntaravuka,+ avuga izina ryanjye+ nkiri mu nda ya mama.+  Akanwa kanjye yakagize nk’inkota ityaye,+ ampisha+ mu gicucu cy’ukuboko kwe.+ Yampinduye nk’umwambi utyaye maze ampisha mu kirimba cye,  arambwira ati “Isirayeli+ we, uri umugaragu wanjye kandi ni wowe nzereka ubwiza bwanjye.”+  Ariko naravuze nti “naruhiye ubusa.+ Imbaraga zanjye nazimariye mu by’ubusa gusa, bitariho.+ Icyakora, Yehova ni we uncira urubanza+ kandi Imana yanjye ni yo izampa ibihembo.”+  Yehova wambumbye ntaravuka, akangira umugaragu we,+ yambwiye ko ngomba kumugarurira Yakobo,+ kugira ngo Isirayeli ikoranire aho ari.+ Nzahabwa icyubahiro mu maso ya Yehova kandi Imana yanjye ni yo izaba imbaraga zanjye.  Yarambwiye ati “kuba warabaye umugaragu wanjye kugira ngo uzamure imiryango ya Yakobo kandi ugarure Abisirayeli barokotse,+ si ikintu cyoroheje. Nanone nagushyiriyeho kuba umucyo w’amahanga,+ kugira ngo agakiza kanjye kagere ku mpera y’isi.”+  Yehova, Umucunguzi wa Isirayeli+ akaba n’Uwera we, yabwiye uwasuzuguwe bikabije,+ abwira uwanzwe n’amahanga+ akaba n’umugaragu w’abatware,+ ati “abami n’abatware bazabibona bahaguruke,+ bakwikubite imbere kubera ko Yehova, Uwera wa Isirayeli wagutoranyije,+ ari uwizerwa.”+  Uku ni ko Yehova avuga ati “mu gihe cyo kwemererwamo naragushubije,+ no ku munsi w’agakiza naragutabaye.+ Nakomeje kukurinda kugira ngo ngutange ube isezerano ry’abantu,+ usane igihugu+ kandi utume abantu basubirana umurage wabo wari warabaye amatongo;+  ubwire imbohe+ uti ‘musohoke!’+ Ubwire n’abari mu mwijima+ uti ‘mugaragare!’+ Bazarisha ku nzira, barishe ku nzira nyabagendwa zose.+ 10  Ntibazicwa n’inzara+ cyangwa inyota,+ kandi ubushyuhe bwotsa cyangwa izuba ntibizabageraho.+ Kuko ubagirira impuhwe azabayobora,+ akabajyana ku masoko y’amazi.+ 11  Imisozi yanjye yose nzayihindura inzira, kandi inzira zanjye z’igihogere zizaba ahirengeye.+ 12  Dore aba bazaturuka kure cyane,+ bariya baturuke mu majyaruguru+ no mu burengerazuba,+ naho bariya bandi baturuke mu gihugu cya Sinimu.” 13  Wa juru we, rangurura ijwi ry’ibyishimo,+ na we wa si we unezerwe.+ Imisozi ninezerwe, irangurure ijwi ry’ibyishimo,+ kuko Yehova yahumurije ubwoko bwe,+ akagirira impuhwe imbabare ze.+ 14  Ariko Siyoni yakomeje kuvuga iti “Yehova yarantaye,+ kandi Yehova yaranyibagiwe.”+ 15  Mbese umugore yakwibagirwa umwana yonsa, ntagirire impuhwe umwana yibyariye?+ We ashobora kumwibagirwa;+ ariko jye sinzigera nkwibagirwa!+ 16  Dore nakwanditse mu biganza byanjye nk’uca imanzi.+ Inkuta zawe zihora imbere yanjye.+ 17  Abana bawe baje bihuta. Abagushenye bakakurimbura, bazava iwawe bagende. 18  Ubura amaso yawe urebe impande zose. Bose bakoraniye hamwe,+ baza aho uri. Yehova aravuga+ ati “ndahiye kubaho kwanjye ko uzabambara bose nk’uko umuntu yambara ibintu by’umurimbo, kandi uzabakenyera nk’uko umugeni akenyera.+ 19  Nubwo ahawe habaye amatongo hagahinduka umusaka, n’igihugu cyawe kikaba cyararimbutse,+ nubwo ubu habaye imfunganwa ku buryo batahatura ngo bahakwirwe, kandi abakumiraga bunguri bakaba baragiye kure cyane,+ 20  abana wungutse igihe wari incike+ bazakubwira bati ‘aha hantu hatubereye imfunganwa;+ dushakire ahantu hagari ho gutura.’+ 21  Nawe uzibwira mu mutima wawe uti ‘aba ni nde wababyaye bakaba abanjye, ko ndi umugore w’incike n’ingumba, nkaba narajyanywe mu bunyage nkagirwa imbohe?+ Aba se bo, ni nde wabareze?+ Dore nasigaye ndi nyakamwe.+ Ubwo se aba babaga he?’”+ 22  Umwami w’Ikirenga Yehova yaravuze ati “nzazamura ukuboko kwanjye nkwerekeje ku mahanga,+ kandi nzashingira abantu bo mu mahanga ikimenyetso cyanjye.+ Na bo bazazana abahungu bawe babatwaye mu gituza, n’abakobwa bawe babatwaye ku rutugu.+ 23  Abami ni bo bazakwitaho,+ kandi abamikazi ni bo bazakurera. Bazikubita imbere yawe+ barigate umukungugu wo ku birenge byawe;+ uzamenya ko ndi Yehova, umenye ko abanyiringira bose batazakorwa n’isoni.”+ 24  Ese umugabo w’umunyambaraga yakwamburwa abo yamaze gufata,+ cyangwa imbohe z’umunyagitugu zishobora kumucika?+ 25  Ariko Yehova yaravuze ati “umunyambaraga azamburwa imbohe ze,+ kandi abafashwe n’umunyagitugu bazamucika.+ Umuntu wese ukurwanya nanjye nzamurwanya,+ kandi nzakiza abana bawe.+ 26  Abakugirira nabi nzabaha inyama z’imibiri yabo bazirye, kandi bazasinda amaraso yabo nk’abasinda divayi nshya. Abantu bose bazamenya ko jyewe Yehova+ ndi Umukiza wawe+ nkaba n’Umucunguzi wawe,+ Intwari ya Yakobo.”+

Ibisobanuro ahagana hasi