Yesaya 47:1-15

47  Yewe mwari w’i Babuloni we,+ manuka wicare mu mukungugu.+ Yewe mukobwa w’Abakaludaya+ we, va ku ntebe y’ubwami+ wicare hasi, kuko abantu batazongera kukwita uwatese n’umudabagizi.+  Fata urusyo+ usye. Iyambure ivara+ ukube igishura cyawe,+ ucebure ugaragaze amaguru,+ wambuke inzuzi.  Garagaza ubwambure bwawe+ n’isoni zawe zigaragare.+ Nzahora,+ kandi nta we nzemerera kunyitambika imbere.  “Dufite Umucunguzi.+ Izina rye ni Yehova nyir’ingabo,+ Uwera wa Isirayeli.”+  Yewe mukobwa w’Abakaludaya+ we, icara hasi uceceke,+ winjire mu mwijima,+ kuko abantu batazongera kukwita Umwamikazi+ w’Ibihugu.+  Narakariye ubwoko bwanjye,+ mpumanya abo nagize umurage,+ mbahana mu maboko yawe,+ ariko ntiwigeze ubagaragariza imbabazi.+ Wikoreje umusaza umugogo uremereye cyane.+  Kandi wakomeje kuvuga uti “nzaba Umwamikazi+ kugeza ibihe bitarondoreka, ndetse iteka ryose.” Ntiwigeze ubizirikana mu mutima wawe, kandi ntiwatekereje ku iherezo ryabyo.+  Ariko noneho, umva ibi wa mugore we ukunda ibinezeza, wowe wicaye mu mutekano,+ ukibwira mu mutima wawe uti “ni jye uriho, nta wundi.+ Sinzigera mba umupfakazi kandi sinzapfusha abana.”+  Ariko ibi bintu uko ari bibiri bizakugereraho umunsi umwe+ bigutunguye: uzapfusha abana kandi ube umupfakazi. Bizakugeraho mu rugero rwuzuye+ bitewe n’ubupfumu bwawe bwinshi n’imitongero yawe ikabije+ wishoyemo. 10  Wakomeje kwiringira ububi bwawe,+ uravuga uti “nta wumbona.”+ Ubwenge bwawe n’ubumenyi bwawe+ ni byo byakuyobeje, ukomeza kwibwira mu mutima wawe uti “ni jye uriho, nta wundi.” 11  Ibyago bizakugwirira, kandi ubupfumu bwose uzakoresha ushaka kubyigobotoramo nta cyo buzakumarira. Uzagwirirwa n’amakuba+ kandi ntuzashobora kuyahunga.+ Kurimbuka utigeze umenya kuzakugeraho kugutunguye. 12  Ariko noneho, komeza wizirike ku mitongero yawe n’ibikorwa byawe byinshi by’ubupfumu+ wakomeje gukora uhereye mu buto bwawe; ahari byagira icyo bikumarira, wenda ugatuma abantu bagutinya. 13  Warambiwe abajyanama bawe benshi. Ngaho nibahaguruke bagukize, bo basenga ibintu byo mu ijuru, bakitegereza inyenyeri,+ ku mboneko z’amezi bakakumenyesha ibizakubaho. 14  Dore babaye nk’ibikenyeri.+ Umuriro uzabatwika+ kandi ntibazabasha gukiza ubugingo bwabo+ ikibatsi cy’umuriro.+ Abantu ntibazabona amakara yaka yo kota kugira ngo basusuruke cyangwa ngo babone umuriro wo kwicara iruhande. 15  Abapfumu bawe+ wakoranye na bo uhereye mu buto bwawe bazakubera batyo. Bazayobagurika, buri wese asubire iyo yaturutse. Ntuzabona uwo kugukiza.+

Ibisobanuro ahagana hasi