Yesaya 40:1-31

40  Imana yanyu iravuga iti “nimuhumurize ubwoko bwanjye, nimubuhumurize.+  Muhumurize Yerusalemu+ muyigere ku mutima, kandi murangurure muyibwira ko igihe cyayo cy’imirimo y’agahato kirangiye,+ ko umwenda w’icyaha cyayo wishyuwe.+ Kuko yabonye ibihembo by’ibyaha byayo byose biturutse mu kuboko kwa Yehova.”+  Nimwumve! Hari umuntu urangururira mu butayu+ ati “nimutunganyirize Yehova inzira!+ Nimugororere Imana yacu inzira y’igihogere inyura mu kibaya cy’ubutayu.+  Igikombe cyose kizatindwa cyigire hejuru,+ kandi umusozi wose n’agasozi kose bizitswa.+ Ahari utudunduguru hose hazaringanizwa, n’ahantu hataringaniye hahinduke ikibaya.+  Ikuzo rya Yehova rizahishurwa,+ kandi abantu bose bazaribonera icyarimwe,+ kuko akanwa ka Yehova ari ko kabivuze.”+  Nimwumve! Hari umuntu uvuga ati “rangurura!”+ Undi ati “ndangurure mvuga iki?” “Abantu bose bameze nk’ubwatsi bubisi, kandi ineza yabo yose yuje urukundo imeze nk’uburabyo bwo mu murima.+  Ubwatsi bubisi bwarumye n’uburabyo burahonga+ bitewe n’uko umwuka wa Yehova wabuhushye.+ Koko rero, abantu bameze nk’ubwatsi bubisi!+  Ubwatsi bubisi bwarumye n’uburabyo burahonga,+ ariko ijambo ry’Imana yacu ryo rizahoraho iteka ryose.”+  Yewe mugore uzaniye Siyoni inkuru nziza we,+ zamuka ujye ku musozi muremure.+ Yewe mugore uzaniye Yerusalemu inkuru nziza we,+ rangurura ijwi ryawe cyane. Rangurura kandi ntutinye.+ Bwira imigi y’i Buyuda uti “ngiyi Imana yanyu.”+ 10  Dore Umwami w’Ikirenga Yehova azaza ari umunyambaraga, kandi ukuboko kwe ni ko kuzamutegekera.+ Dore aje afite ingororano,+ kandi ibihembo atanga biri imbere ye.+ 11  Azaragira umukumbi we nk’umwungeri.+ Azateranyiriza abana b’intama hamwe+ akoresheje ukuboko kwe, kandi azabatwara mu gituza cye.+ Izonsa azazigenza neza.+ 12  Ni nde wageresheje amazi y’inyanja urushyi rwe,+ agapima ijuru akoresheje intambwe z’ikiganza,+ kandi agashyira umukungugu wo ku isi+ ku gipimo, agapima imisozi, n’udusozi akadushyira ku munzani? 13  Ni nde wapimye umwuka wa Yehova, kandi se ni nde wamugira inama agatuma agira icyo amenya?+ 14  Ni nde yagishije inama kugira ngo agire icyo amufasha gusobanukirwa, cyangwa se ni nde umwigisha kugendera mu nzira y’ubutabera, akamwigisha ubwenge+ cyangwa agatuma amenya inzira y’ubuhanga nyakuri?+ 15  Dore amahanga ameze nk’igitonyanga cy’amazi mu ndobo; kandi ahwanye n’umukungugu wafashe ku munzani.+ Dore azamura ibirwa+ akabitumura nk’ivumbi. 16  Yemwe n’ibiti byo muri Libani ntibyaba bihagije kugira ngo bitume umuriro ukomeza kwaka, kandi inyamaswa zaho+ ntizaba zihagije kugira ngo zitambwe ho igitambo gikongorwa n’umuriro.+ 17  Amahanga yose ameze nk’atariho imbere ye;+ ameze nk’ubusa, kandi ayafata nk’atarigeze kubaho.+ 18  Imana mwayigereranya na nde,+ kandi se mwavuga ko isa n’iki?+ 19  Umunyabukorikori yakoze igishushanyo kiyagijwe,+ umucuzi w’ibyuma akiyagirizaho+ zahabu, acura n’iminyururu y’ifeza.+ 20  Atoranya igiti cyo gutangaho ituro, agatoranya igiti kitaboze.+ Ashaka umunyabukorikori w’umuhanga kugira ngo amukorere igishushanyo kibajwe+ kitazanyeganyezwa.+ 21  Mbese ntimubizi? Mbese ntimubyumva? Ntimwabibwiwe uhereye mu ntangiriro? Mbese uhereye igihe imfatiro z’isi zashyiriweho, ntimurabisobanukirwa?+ 22  Hari utuye hejuru y’uruziga rw’isi,+ abayituyemo bakaba bameze nk’ibihore; ni we urambura ijuru nk’umwenda mwiza ubonerana, akaribamba nk’ihema ryo kubamo.+ 23  Ni we uhindura ubusa abatware bakuru, abacamanza bo mu isi akabahindura nk’abatarigeze kubaho.+ 24  Ntibigeze baterwa, ntibigeze babibwa kandi igitsinsi cyabo nticyigeze gishora imizi mu butaka.+ Umuntu abahuhaho gusa bagahita buma,+ maze umuyaga w’ishuheri ukabagurukana nk’ibyatsi.+ 25  “Ariko se mwangereranya na nde ku buryo nahwana na we?” Ni ko Uwera abaza.+ 26  “Nimwubure amaso yanyu murebe hejuru. Ni nde waremye biriya byose?+ Ni we ugaba ingabo zabyo akurikije umubare wabyo, byose akabihamagara mu mazina.+ Kubera ko afite imbaraga nyinshi+ akagira ubushobozi n’ububasha, nta na kimwe kizimira. 27  “Yakobo we, ni iki gituma uvuga? Yewe Isirayeli we, ni iki gituma uvuga uti ‘inzira yanjye yahishwe Yehova,+ kandi Imana yanjye ntibona akarengane kanjye?’+ 28  Mbese ntiwabimenye cyangwa ngo ubyumve?+ Yehova, Umuremyi w’impera z’isi ni we Mana iteka ryose.+ Ntananirwa cyangwa ngo acogore.+ Ubwenge bwe ntiburondoreka.+ 29  Ni we uha unaniwe imbaraga,+ kandi udafite intege+ amwongerera imbaraga nyinshi. 30  Abasore b’imigenda bazananirwa bacogore, kandi abasore bazasitara, 31  ariko abiringira+ Yehova bazasubizwamo imbaraga.+ Bazatumbagira bagurukisha amababa nka kagoma.+ Baziruka be gucogora, kandi bazagenda be kunanirwa.”+

Ibisobanuro ahagana hasi