Yesaya 14:1-32

14  Yehova azagirira Yakobo imbabazi+ kandi azongera atoranye Abisirayeli.+ Azabaha uburuhukiro ku butaka bwabo+ kandi abimukira bazifatanya na bo, ndetse rwose bazifatanya akaramata n’inzu ya Yakobo.+  Abantu bo mu mahanga bazabafata babasubize mu gihugu cyabo, kandi ab’inzu ya Isirayeli bazabigarurira, babagire abagaragu n’abaja+ ku butaka bwa Yehova. Bazagira imbohe+ abari barabagize imbohe, kandi bazategeka abahoze babakoresha uburetwa.+  Yehova namara kubaruhura imibabaro yanyu n’impagarara zanyu n’uburetwa bukaze mwakoreshwaga,+  muzavugira ku mwami w’i Babuloni muti “Uwakoreshaga abandi uburetwa arekeye aho, gukandamiza birarangiye!+  Yehova yavunaguye ingegene y’ababi n’inkoni y’abatware,+  avunagura uwahoraga akubitana umujinya abantu bo mu mahanga,+ uwategekeshaga amahanga uburakari kandi akayatoteza nta rutangira.+  Isi yose iraruhutse+ kandi iratuje. Abantu baranezerewe barangurura ijwi ry’ibyishimo.+  Ndetse n’ibiti by’imiberoshi+ n’amasederi yo muri Libani, byakwishimye hejuru bigira biti ‘uhereye igihe warambarariye hasi, nta muntu utema ibiti+ ukiza kudutema.’  “Yemwe n’ikuzimu mu mva+ hakubonye umanuka hashishikarira kugusanganira. Harakubonye hakangura abapfuye batagira icyo bimarira,+ ari bo bayobozi bose bo ku isi bameze nk’ihene.+ Hahagurukije abami bose b’amahanga ku ntebe zabo z’ubwami.+ 10  Bose barakubwira bati ‘ese nawe wagize intege nke nkatwe?+ Nawe wabaye nkatwe?+ 11  Ubwibone bwawe, ijwi ry’inanga zawe,+ bwaramanutse bujya mu mva. Uzisasira inyo wiyorose iminyorogoto.’+ 12  “Mbega ngo urahanuka uvuye mu ijuru+ yewe mwana w’umuseke we, wowe urabagirana! Mbega ngo urajugunywa ku isi,+ wowe wanegekazaga amahanga!+ 13  Dore wibwiye mu mutima wawe uti ‘nzazamuka njye mu ijuru.+ Nzazamura intebe yanjye y’ubwami+ nyishyire hejuru y’inyenyeri+ z’Imana, nicare ku musozi w’iteraniro,+ mu bice bya kure cyane byo mu majyaruguru.+ 14  Nzazamuka njye hejuru y’ibicu;+ nzaba nk’Isumbabyose.’+ 15  “Nyamara bazakumanura mu mva,+ mu rwobo rwo hasi cyane.+ 16  Abazakubona bazakwitegereza, bakugenzure babyitondeye, bavuge bati ‘ese uyu si wa muntu wajyaga ahungabanya isi, agahindisha ibihugu umushyitsi,+ 17  watumaga igihugu kirumbuka gihinduka nk’ubutayu kandi akubika imigi yacyo,+ ntarekure imfungwa ze ngo zisubire iwabo?’+ 18  Ni koko, abandi bami bose b’amahanga bahambwe mu cyubahiro, buri wese mu mva ye.+ 19  Ariko wowe warajugunywe ntiwabona imva uhambwamo,+ umera nk’umushibu wanzwe, witwikira intumbi z’abicishijwe inkota bamanuka bajya ku mabuye yo hasi mu rwobo,+ umera nk’intumbi yanyukanyutswe.+ 20  Ntuzahambwa hamwe na bo mu mva, kuko warimbuye igihugu cyawe ukica abantu bawe. Amazina y’urubyaro rw’ababi ntazongera kuvugwa kugeza ibihe bitarondoreka.+ 21  “Mutegure aho kwicira abana be bazize icyaha cya ba sekuruza,+ kugira ngo batazahaguruka bakigarurira isi, maze bakuzuza igihugu imigi yabo.”+ 22  “Nanjye nzabahagurukira,”+ ni ko Yehova nyir’ingabo avuga. “Kandi i Babuloni nzahavana izina+ n’abasigaye, ababakomokaho n’urubyaro,”+ ni ko Yehova avuga. 23  “Nzahahindura indiri y’ibinyogote n’ibidendezi by’amazi bikikijwe n’urubingo, kandi nzahakubuza umweyo wo kurimbura,”+ ni ko Yehova nyir’ingabo avuga. 24  Yehova nyir’ingabo yararahiye+ ati “ni ukuri, uko nabitekereje ni ko bizaba kandi uko nabigambiriye ni ko bizasohora:+ 25  nzavunagurira Abashuri mu gihugu cyanjye,+ mbanyukanyukire ku misozi yanjye,+ kugira ngo umugogo bahekeshaga ubwoko bwanjye ubaveho, kandi umutwaro babikorezaga uve ku bitugu byabo.”+ 26  Uwo ni wo mugambi wafatiwe isi yose, kandi uko ni ko kuboko kubanguriwe amahanga yose. 27  Yehova nyir’ingabo yarabigambiriye,+ ni nde wabasha kumurogoya?+ Ukuboko kwe kurabanguye, ni nde wabasha kukugarura?+ 28  Mu mwaka Umwami Ahazi yapfuyemo,+ hatangajwe urubanza rugira ruti 29  “yewe Bufilisitiya we,+ ntiwishime;+ ntihagire n’umwe wo muri wowe wishimira ko inkoni yagukubitaga yavunitse.+ Kuko ku muzi w’inzoka+ hazashibuka inzoka y’ubumara,+ kandi urubyaro rwayo ruzaba inzoka iguruka y’ubumara butwika.+ 30  Abana b’imfura b’aboroheje bazarisha, kandi abakene bazabyagira mu mutekano.+ Nzicisha inzara umuzi wawe kandi abawe basigaye bazicwa.+ 31  Yewe wa rembo we, boroga! Na we wa mugi we taka! Abo mu Bufilisitiya mwese mwihebe kuko mu majyaruguru haturutse umwotsi, kandi nta witarura ngo ave mu murongo we.”+ 32  None se ni iki umuntu azasubiza intumwa+ z’amahanga? Azasubiza ko Yehova ubwe yashyizeho urufatiro rwa Siyoni,+ kandi ko imbabare zo mu bwoko bwe zizayihungiramo.

Ibisobanuro ahagana hasi