Yesaya 11:1-16

11  Ku gishyitsi cya Yesayi+ hazashibukaho ishami,+ kandi umushibu uzashibuka+ ku mizi ye uzarumbuka.+  Umwuka wa Yehova uzaba kuri we,+ umwuka w’ubwenge+ n’ubuhanga,+ umwuka w’inama n’umwuka w’imbaraga,+ umwuka wo kumenya+ no gutinya Yehova;+  kandi azanezezwa no gutinya Yehova.+ Ntazaca urubanza ashingiye gusa ku bigaragarira amaso ye, cyangwa ngo acyahe ashingiye gusa ku byo amatwi ye yumvise.+  Azacira aboroheje urubanza rukiranuka,+ kandi atange igihano kiboneye ku bw’abicisha bugufi bo mu isi. Azakubitisha isi inkoni iva mu kanwa ke,+ kandi azicisha ababi umwuka uva mu kanwa ke.+  Gukiranuka kuzaba umukandara akenyeza,+ n’ubudahemuka bube umukandara wo mu rukenyerero rwe.+  Isega izabana amahoro n’umwana w’intama,+ ingwe izabyagira hamwe n’umwana w’ihene, inyana n’intare y’umugara ikiri nto+ n’itungo ry’umushishe bizabyagira hamwe,+ kandi umwana muto ni we uzabiyobora.  Inka n’idubu bizarishanya, kandi izazo zizaryama hamwe. Intare izarisha ubwatsi nk’ikimasa.+  Umwana wonka azakinira ku mwobo w’inzoka y’impoma,+ kandi umwana w’incuke azashyira ukuboko kwe ku mwobo w’inzoka y’ubumara.  Ntibizangiza+ kandi ntibizarimbura ku musozi wanjye wera wose,+ kuko isi izuzura ubumenyi ku byerekeye Yehova nk’uko amazi atwikira inyanja.+ 10  Kuri uwo munsi,+ umuzi wa Yesayi+ uzabera abantu bo mu mahanga ikimenyetso.+ Ni we amahanga azahindukirira amubaze+ icyo yakora, kandi ubuturo bwe buzagira icyubahiro.+ 11  Kuri uwo munsi Yehova azongera arambure ukuboko kwe ku ncuro ya kabiri,+ kugira ngo aronke abasigaye bo mu bwoko bwe abavane muri Ashuri,+ muri Egiputa,+ i Patirosi,+ i Kushi,+ muri Elamu,+ i Shinari,+ i Hamati no mu birwa byo mu nyanja.+ 12  Azashingira amahanga ikimenyetso maze akoranye abatatanye bo muri Isirayeli;+ azahuriza hamwe abatatanye b’i Buyuda abavanye ku mpera enye z’isi.+ 13  Ishyari rya Efurayimu rizashira,+ kandi abanga Yuda bazakurwaho. Efurayimu ntazagirira Yuda ishyari na Yuda ntazanga Efurayimu.+ 14  Bazaguruka bagwe ku bitugu by’Abafilisitiya mu burengerazuba,+ kandi bazasahura ab’Iburasirazuba.+ Bazabangurira Edomu na Mowabu ukuboko kwabo,+ kandi bene Amoni bazabayoboka.+ 15  Yehova azakamya ikigobe cy’inyanja ya Egiputa,+ abangurire ukuboko rwa Ruzi+ akoresheje umwuka we ukongora. Azakubita imigezi yarwo irindwi maze atume abantu bayambuka bambaye inkweto.+ 16  Hazabaho inzira y’igihogere+ iva muri Ashuri abasigaye+ bo mu bwoko bwe bazasigara bazanyuramo,+ nk’uko byagenze igihe Abisirayeli bavaga mu gihugu cya Egiputa.

Ibisobanuro ahagana hasi