Yakobo 2:1-26

2  Mbese bavandimwe, kwizera Umwami wacu Yesu Kristo, ari na we kuzo ryacu,+ mubibangikanya no kurobanura ku butoni?+  Iyo umuntu yinjiye aho muteraniye+ yambaye impeta za zahabu ku ntoki hamwe n’imyenda y’akataraboneka, n’umukene akinjira yambaye imyenda yanduye,+  uwambaye imyenda y’akataraboneka mumureba neza+ mukamubwira muti “icara aha heza,” naho umukene mukamubwira muti “komeza uhagarare,” cyangwa muti “genda wicare hariya iruhande rw’intebe y’ibirenge byanjye.”  Mbese muri mwe ntiharimo ivangura rishingiye ku nzego z’imibereho,+ kandi ntimuri abacamanza+ baca imanza zirangwa n’ubugome?+  Bavandimwe nkunda, nimwumve. Mbese Imana ntiyatoranyije abakene+ mu by’iyi si kugira ngo babe abatunzi+ mu byo kwizera kandi baragwe ubwami, ubwo yasezeranyije abayikunda?+  Ariko mwebwe musuzugura abakene. Mbese abakire si bo babakandamiza,+ bakabajyana mu nkiko?+  Si bo batuka+ izina ryiza mwitirirwa?+  None rero niba mukomeza kumvira itegeko ry’umwami+ rihuje n’ibi byanditswe ngo “ukunde mugenzi wawe nk’uko wikunda,”+ muba mukora neza rwose.  Ariko niba mukomeza kurobanura ku butoni,+ muba mukora icyaha, kuko amategeko aba abashinja+ ko mucumura. 10  Umuntu wese wubahiriza amategeko yose ariko agateshuka ku ngingo imwe, aba ayishe yose,+ 11  kuko uwavuze ati “ntugasambane,”+ ari na we wavuze ati “ntukice.”+ Niba rero udasambana ariko ukica, uba ucumuye ku mategeko. 12  Mujye mukomeza kuvuga kandi mukore nk’abazacirwa urubanza hakurikijwe amategeko agenga abantu bafite umudendezo,+ 13  kuko umuntu utagira imbabazi azacirwa urubanza nta mbabazi.+ Imbabazi zitsinda urubanza, zikarwishima hejuru. 14  Mbese bavandimwe, byaba bimaze iki umuntu aramutse avuze ko afite ukwizera+ ariko ntagire imirimo?+ Mbese aho uko kwizera kwe kwamukiza?+ 15  Niba umuvandimwe cyangwa mushiki wacu yambaye ubusa kandi adafite ibyokurya bihagije by’uwo munsi,+ 16  ariko umwe muri mwe akamubwira ati “genda amahoro, ususuruke kandi wijute,” nyamara ntimumuhe ibyo umubiri we ukeneye, ibyo byaba bimaze iki?+ 17  Uko ni ko bimeze no ku kwizera; iyo kudafite imirimo+ kuba gupfuye. 18  Nyamara, hari uwavuga ati “wowe ufite ukwizera naho jye mfite imirimo. Nyereka ukwizera kwawe kutagira imirimo nanjye ndakwereka ukwizera kwanjye binyuze ku mirimo yanjye.”+ 19  Wizera ko Imana ari imwe?+ Ibyo ni byiza rwose. Ariko abadayimoni na bo barabyizera kandi bagahinda imishyitsi.+ 20  Ariko se wa mupfapfa we, wifuza kumenya ko ukwizera kudafite imirimo nta cyo kumaze? 21  Mbese sogokuru Aburahamu+ ntiyabazweho gukiranuka binyuze ku mirimo, ubwo yari amaze gutamba umwana we Isaka ku gicaniro?+ 22  Urabona rero ko ukwizera kwe kwagendanaga n’imirimo, kandi binyuze ku mirimo ye, ukwizera kwe kwaratunganyijwe,+ 23  maze asohorerwaho n’ibi byanditswe bigira biti “Aburahamu yizeye Yehova maze bimuhwanyirizwa no gukiranuka,”+ nuko aza kwitwa “incuti ya Yehova.”+ 24  Murabona rero ko umuntu abarwaho gukiranuka+ binyuze ku mirimo,+ ko bidaturuka ku kwizera konyine.+ 25  Mu buryo nk’ubwo se, Rahabu+ wari indaya, we ntiyabazweho gukiranuka binyuze ku mirimo, amaze kwakira neza intumwa, hanyuma akazohereza zinyuze iyindi nzira?+ 26  Koko rero, nk’uko umubiri udafite umwuka uba upfuye,+ ni ko no kwizera kutagira imirimo kuba gupfuye.+

Ibisobanuro ahagana hasi