Tito 2:1-15

2  Ariko wowe ujye ukomeza kuvuga ibihuje n’inyigisho nzima.+  Abakambwe+ babe abantu badakabya mu byo bakora, bafatana ibintu uburemere,+ batekereza neza, bazima mu byo kwizera,+ mu rukundo no kwihangana.+  Abakecuru+ na bo bagire imyifatire ikwiriye abera, badasebanya,+ batarabaswe n’inzoga nyinshi, bigisha ibyiza,  kugira ngo bafashe abagore bakiri bato kugarura agatima bagakunda abagabo babo+ n’abana babo,+  bakaba abantu batekereza neza, b’indakemwa mu mico,+ bazi gukorera ingo zabo kandi bakaba abagore beza, bagandukira+ abagabo babo kugira ngo ijambo ry’Imana ridatukwa.+  Nanone, ukomeze gutera abasore inkunga yo kujya batekereza neza.+  Ujye uba icyitegererezo cy’imirimo myiza muri byose,+ kandi ujye wigisha inyigisho+ ziboneye,+ ufatana ibintu uburemere.  Ujye uvuga amagambo aboneye adashobora gucirwaho iteka,+ kugira ngo umuntu uri mu ruhande rw’abaturwanya akorwe n’isoni, kuko atabonye ikibi yatuvugaho.+  Abagaragu+ bagandukire ba shebuja muri byose,+ kandi babanezeze rwose, batabasubizanya agasuzuguro,+ 10  batiba,+ ahubwo bagaragaze ubudahemuka mu buryo bwuzuye,+ kugira ngo muri byose barimbishe inyigisho z’Imana Umukiza wacu.+ 11  Ubuntu butagereranywa+ bw’Imana buzanira abantu b’ingeri zose+ agakiza+ bwaragaragajwe,+ 12  butwigisha kuzibukira kutubaha Imana+ n’irari ry’iby’isi.+ Nanone butwigisha kubaho muri iyi si+ tugaragaza ubwenge no gukiranuka no kwiyegurira Imana,+ 13  mu gihe tugitegereje isohozwa rishimishije ry’ibyiringiro byacu,+ no kugaragara mu ikuzo+ kw’Imana ikomeye hamwe n’Umukiza wacu Kristo Yesu, 14  watwitangiye+ ngo aducungure+ adukize ubwicamategeko bw’uburyo bwose kandi yeze+ abagomba kuba ubwoko bwe bwite,+ bafite ishyaka ry’imirimo myiza.+ 15  Ujye ukomeza kuvuga ibyo bintu, utere abantu inkunga kandi ubacyahe ufite ubutware bwose.+ Ntihakagire umuntu uguhinyura.+

Ibisobanuro ahagana hasi