Matayo 22:1-46

22  Yesu akomeza kubacira indi migani, ati+  “ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n’umwami wacyuje ubukwe+ bw’umwana we.  Atuma abagaragu be ngo bajye guhamagara abatumiwe mu bukwe,+ ariko banga kuza.+  Yongera gutuma abandi bagaragu,+ arababwira ati ‘mubwire abatumirwa muti “dore nabateguriye ibyokurya,+ nabaze ibimasa n’amatungo yanjye abyibushye kandi byose birateguye. Muze mu bukwe.”’+  Ariko barabisuzugura barigendera, umwe yigira mu murima we, undi ajya mu bucuruzi bwe,+  abasigaye bafata abagaragu be barabashinyagurira maze barabica.+  “Nuko umwami ararakara, yohereza ingabo ze zirimbura abo bicanyi, kandi zitwika umugi wabo.+  Hanyuma abwira abagaragu be ati ‘iby’ubukwe byateguwe koko, ariko abatumiwe ntibari babikwiriye.+  None rero, nimujye mu mayira asohoka mu mugi, uwo mubona wese mumutumire aze mu bukwe.’+ 10  Nuko abo bagaragu bajya mu mayira maze bakorakoranya abo bahuye na bo bose, ababi n’abeza,+ baraza bajya ku meza, buzura icyumba cyari cyabereyemo imihango y’ubukwe.+ 11  “Nuko umwami aje kugenzura abatumiwe, abona umuntu utari wambaye umwambaro w’ubukwe.+ 12  Aramubwira ati ‘mugenzi wanjye, winjiye hano ute utambaye umwambaro w’ubukwe?’+ Abura icyo asubiza. 13  Hanyuma umwami abwira abagaragu be ati ‘nimumubohe amaguru n’amaboko mumujugunye hanze mu mwijima. Aho ni ho azaririra kandi akahahekenyera amenyo.’+ 14  “Abatumirwa ni benshi, ariko abatoranywa ni bake.”+ 15  Hanyuma Abafarisayo baragenda bajya inama yo kumutegera mu magambo ye.+ 16  Nuko bamutumaho abigishwa babo bari kumwe n’abayoboke b’ishyaka rya Herode,+ baraza baramubaza bati “Mwigisha, tuzi ko uri umunyakuri kandi ko wigisha inzira y’Imana mu kuri, kandi ntiwite ku muntu uwo ari we wese, kuko utareba uko abantu bagaragara inyuma.+ 17  None tubwire icyo ubitekerezaho: mbese amategeko yemera ko duha Kayisari umusoro w’umubiri cyangwa ntabyemera?”+ 18  Ariko Yesu amenya ububi bubarimo, arababwira ati “ni iki gituma mungerageza, mwa ndyarya mwe?+ 19  Munyereke igiceri batangaho umusoro w’umubiri.” Bamuzanira idenariyo. 20  Maze arababaza ati “iyi shusho n’inyandiko biriho ni ibya nde?”+ 21  Baramusubiza bati “ni ibya Kayisari.” Noneho arababwira ati “nuko rero, ibya Kayisari mubihe Kayisari, ariko iby’Imana mubihe Imana.”+ 22  Ibyo babyumvise baratangara, bamusiga aho baragenda.+ 23  Uwo munsi, Abasadukayo bavugaga ko nta muzuko ubaho, baza aho ari baramubaza+ bati 24  “Mwigisha, Mose yaravuze ati ‘niba umugabo apfuye nta bana asize, umuvandimwe we agomba gushyingiranwa n’umugore we kugira ngo aheshe umuvandimwe we urubyaro.’+ 25  Iwacu habayeho abavandimwe barindwi. Uwa mbere ashaka umugore, ariko apfa nta mwana asize; umugore we asigaranwa n’umuvandimwe we.+ 26  Uwa kabiri na we biba bityo, n’uwa gatatu, kugeza kuri bose uko ari barindwi.+ 27  Bose bamaze gupfa, uwo mugore na we arapfa. 28  None, mu gihe cy’umuzuko uwo mugore azaba muka nde muri abo barindwi, ko bose bamutunze?”+ 29  Yesu agiye kubasubiza arababwira ati “mwarayobye, kuko mutazi Ibyanditswe cyangwa ubushobozi bw’Imana.+ 30  Mu muzuko, ari abagabo ntibashaka, ari n’abagore ntibashyingirwa,+ ahubwo bamera nk’abamarayika mu ijuru. 31  Ku birebana no kuzuka kw’abapfuye, ntimwasomye ibyo Imana yababwiye+ iti 32  ‘ndi Imana ya Aburahamu, Imana ya Isaka n’Imana ya Yakobo’?+ Si Imana y’abapfuye, ahubwo ni iy’abazima.”+ 33  Abantu babyumvise, batangazwa cyane no kwigisha kwe.+ 34  Abafarisayo bamaze kumva uko yacecekesheje Abasadukayo, barakorana baramusanga. 35  Umwe muri bo wari umuhanga mu by’Amategeko+ amubaza amugerageza ati 36  “Mwigisha, itegeko rikomeye kuruta ayandi mu Mategeko ni irihe?”+ 37  Na we aramusubiza ati “‘ukundishe Yehova Imana yawe umutima wawe wose n’ubugingo bwawe bwose n’ubwenge bwawe bwose.’+ 38  Iryo ni ryo tegeko rya mbere kandi rikomeye kuruta ayandi. 39  Irya kabiri rimeze nka ryo ngiri: ‘ujye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.’+ 40  Ayo mategeko uko ari abiri, ni yo Amategeko yose n’ibyahanuwe bishingiyeho.”+ 41  Igihe Abafarisayo bari bateraniye hamwe, Yesu arababaza+ ati 42  “ibya Kristo mubitekerezaho iki? Ni mwene nde?” Baramusubiza bati “ni mwene Dawidi.”+ 43  Na we arababaza ati “none se bishoboka bite kuba Dawidi yarahumekewe n’umwuka+ akamwita ‘Umwami’ agira ati 44  ‘Yehova yabwiye Umwami wanjye ati “icara iburyo bwanjye ugeze aho nzashyirira abanzi bawe munsi y’ibirenge byawe”’?+ 45  None se niba Dawidi amwita ‘Umwami’ we, bishoboka bite ko yaba n’umwana we?”+ 46  Nuko ntihagira ubasha kugira icyo amusubiza, kandi guhera uwo munsi, nta wongeye gutinyuka kugira icyo amubaza.+

Ibisobanuro ahagana hasi