Matayo 11:1-30

11  Yesu amaze guha abigishwa be cumi na babiri ayo mabwiriza, ava aho ajya kwigisha no kubwiriza mu migi yabo.+  Ariko Yohana yumviye mu nzu y’imbohe+ iby’imirimo Kristo akora, atuma abigishwa be  ngo bamubaze bati “ni wowe wa Wundi ugomba kuza, cyangwa tugomba gutegereza undi?”+  Yesu arabasubiza ati “nimugende mubwire Yohana ibyo mwumva n’ibyo mubona:  impumyi zirahumuka,+ ibirema+ biragenda, ababembe+ barakira, ibipfamatwi+ birumva, abapfuye+ barazurwa n’abakene barabwirwa ubutumwa bwiza.+  Hahirwa uwo ibyanjye bitazabera igisitaza.”+  Bakimara kuva aho, Yesu abwira imbaga y’abantu ibya Yohana, arababaza ati “mwagiye mu butayu kureba iki?+ Ni urubingo ruhungabanywa n’umuyaga?+  None se mwagiye kureba iki? Ni umuntu wambaye imyenda yorohereye? Erega abambaye imyenda yorohereye baba mu mazu y’abami!+  Koko se, mwajyanywe n’iki? Kureba umuhanuzi? Yee, ndetse ndababwira ko aruta umuhanuzi.+ 10  Uwo ni we ibyanditswe byavuzeho, ngo ‘dore ndohereza intumwa yanjye imbere yawe, ni yo izakubanziriza igutegurire inzira!’+ 11  Ndababwira ukuri ko mu babyawe n’abagore,+ hatigeze habaho umuntu ukomeye kuruta Yohana Umubatiza. Nyamara uworoheje mu bwami+ bwo mu ijuru arakomeye kumuruta. 12  Ariko uhereye mu gihe cya Yohana Umubatiza kugeza ubu, ubwami bwo mu ijuru ni yo ntego abantu baharanira kugeraho, kandi ababuharanira barabusingira bakabukomeza.+ 13  Ari Abahanuzi, ari n’Amategeko, byose byahanuye kugeza kuri Yohana,+ 14  kandi niba mushaka kubyemera, ni we ‘Eliya wagombaga kuza.’+ 15  Ufite amatwi niyumve.+ 16  “Ariko se, ab’iki gihe+ nabagereranya na nde? Bameze nk’abana bato bicaye mu isoko basakuza bahamagara bagenzi babo,+ 17  bati ‘twabavugirije umwironge ntimwabyina; twaboroze ntimwikubita mu gituza ngo mugaragaze agahinda.’+ 18  Mu buryo nk’ubwo, Yohana na we yaje atarya kandi atanywa,+ abantu baravuga bati ‘afite umudayimoni.’ 19  Umwana w’umuntu we aje arya kandi anywa,+ na bwo abantu baravuga bati ‘dore uwo munyandanini n’umunywi wa divayi, incuti y’abakoresha b’ikoro n’abanyabyaha.’+ Nyamara ubwenge bugaragazwa n’imirimo yabwo ko bukiranuka.”+ 20  Hanyuma acyaha imigi yari yarakoreyemo ibitangaza byinshi, kubera ko itihannye,+ 21  ati “uzabona ishyano Korazini! Uzabona ishyano Betsayida!+ Iyo ibitangaza byakorewe muri mwe biza gukorerwa i Tiro n’i Sidoni, abaho baba barihannye kera bakambara ibigunira kandi bakicara mu ivu.+ 22  Ni cyo gituma mbabwira ko ku Munsi w’Urubanza,+ i Tiro n’i Sidoni hazahanwa igihano cyakwihanganirwa kurusha icyanyu.+ 23  Nawe Kaperinawumu,+ ese wibwira ko uzakuzwa ukagera mu ijuru? Uzamanuka ujye+ mu mva;*+ kuko iyo ibitangaza byakorewe muri wowe biza gukorerwa i Sodomu, haba haragumyeho kugeza n’uyu munsi. 24  Ni cyo gituma mbabwira ko ku Munsi w’Urubanza, igihugu cy’i Sodomu kizahabwa igihano cyakwihanganirwa kurusha icyanyu.”+ 25  Icyo gihe Yesu yongeraho ati “ndagusingiriza mu ruhame Data, Mwami w’ijuru n’isi, kuko ibi bintu wabihishe abanyabwenge n’abahanga ukabihishurira abana bato.+ 26  Yee, Data, kuko wabonye bikwiriye ko ubigenza utyo. 27  Ibintu byose nabihawe na Data,+ kandi nta muntu uzi Umwana mu buryo bwuzuye keretse Data,+ kandi nta n’uzi Data mu buryo bwuzuye, keretse Umwana n’umuntu wese Umwana ashatse kumuhishurira.+ 28  Nimuze munsange, mwese abagoka n’abaremerewe,+ nanjye nzabaruhura. 29  Mwikorere umugogo wanjye+ kandi munyigireho,+ kuko nitonda+ kandi noroheje mu mutima, namwe muzabona ihumure.+ 30  Umugogo wanjye nturuhije kandi umutwaro wanjye nturemereye.”+

Ibisobanuro ahagana hasi