Mariko 7:1-37

7  Nuko Abafarisayo na bamwe mu banditsi bari baturutse i Yerusalemu bateranira aho ari.+  Babonye bamwe mu bigishwa be barisha intoki zihumanye, ni ukuvuga zidakarabye,+ babareba nabi.  Koko rero, Abafarisayo n’Abayahudi bose ntibarya batabanje gukaraba intoki kugeza mu nkokora, bakurikiza imigenzo bakomeyeho y’aba kera,  kandi niyo bavuye ku isoko, ntibarya batabanje kwihumanura biminjagiraho amazi. Hari n’indi migenzo+ myinshi barazwe kugira ngo bayikomereho, ari yo kujabika ibikombe, ibibindi n’inzabya+ z’umuringa.  Nuko abo Bafarisayo n’abanditsi baramubaza bati “kuki abigishwa bawe badakurikiza imigenzo y’aba kera, ahubwo bakarisha intoki zihumanye?”+  Arababwira ati “Yesaya yahanuye neza ibyanyu mwa ndyarya mwe, kuko handitswe+ ngo ‘aba bantu banyubahisha iminwa yabo, ariko imitima yabo iri kure yanjye.+  Barushywa n’ubusa kuba bakomeza kunsenga, kuko inyigisho bigisha ari amategeko y’abantu.’+  Musuzugura amategeko y’Imana, mukizirika ku migenzo y’abantu.”+  Nuko akomeza ababwira ati “muhigika amategeko+ y’Imana mu mayeri kugira ngo mubone uko mukomeza imigenzo yanyu. 10  Urugero, Mose yaravuze ati ‘wubahe so na nyoko,’+ kandi ati ‘utuka se cyangwa nyina yicwe.’+ 11  Ariko mwe muravuga muti ‘niba umuntu abwiye se cyangwa nyina ati “icyo mfite cyari kukugirira umumaro ni korubani,+ (ni ukuvuga ituro ryagenewe+ Imana,)”’ 12  uwo ntimumwemerera kugira ikintu na gito akorera se cyangwa nyina.+ 13  Nguko uko ijambo ry’Imana+ murihindura ubusa bitewe n’imigenzo yanyu mugenda muhererekanya. Hari n’ibindi byinshi+ nk’ibyo mukora.” 14  Nuko yongera guhamagara abantu ngo baze aho ari, arababwira ati “nimuntege amatwi mwese kandi musobanukirwe.+ 15  Nta kintu cyinjira mu muntu giturutse hanze gishobora kumuhumanya, ahubwo ibintu biva mu muntu ni byo bimuhumanya.”+ 16 ​ —⁠—​* 17  Nuko avuye mu bantu yinjira mu nzu, abigishwa be bamubaza iby’uwo mugani.+ 18  Arababwira ati “mbese namwe ntimuragira ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu nka bo?+ Ntimuzi ko nta kintu giturutse hanze cyinjira mu muntu gishobora kumuhumanya, 19  kuko kitanyura mu mutima we, ahubwo kinyura mu mara kigasohoka kijya mu musarani?”+ Muri ubwo buryo, yagaragaje ko ibyokurya byose bidahumanye.+ 20  Akomeza ababwira ati “ikiva mu muntu ni cyo kimwanduza;+ 21  kuko imbere mu bantu, mu mitima yabo,+ ari ho haturuka ibitekerezo bibi: ubuhehesi,+ ubujura, ubwicanyi,+ 22  ubusambanyi, kwifuza,+ ibikorwa by’ubugome, ibinyoma, kwiyandarika,+ ijisho ryifuza, gutuka Imana, kwishyira hejuru no kudashyira mu gaciro. 23  Ibyo bintu bibi byose bituruka mu muntu ni byo bimwanduza.”+ 24  Hanyuma arahaguruka ava aho hantu ajya mu turere tw’i Tiro n’i Sidoni,+ maze yinjira mu nzu, kandi ntiyashakaga ko hagira ubimenya. Icyakora ntiyashoboraga kugera ahantu ngo bibure kumenyekana.+ 25  Ako kanya, umugore wari ufite akana k’agakobwa katewe n’umwuka mubi yumva bavuga ibye, araza yikubita imbere y’ibirenge bye.+ 26  Uwo mugore yari Umugirikikazi wakomokaga i Foyinike y’i Siriya; akomeza kumusaba kwirukana umudayimoni mu mukobwa we.+ 27  Ariko Yesu aramubwira ati “reka abana babanze bahage, kuko bidakwiriye ko umuntu afata ibyokurya by’abana+ ngo abijugunyire ibibwana by’imbwa.”+ 28  Aramusubiza ati “yego nyagasani, ariko ibibwana by’imbwa biri munsi y’ameza na byo birya ubuvungukira+ abana bato bataye.”+ 29  Yesu abyumvise aramubwira ati “kubera ko uvuze utyo, igendere. Umudayimoni yavuye mu mukobwa wawe.”+ 30  Nuko aragenda ajya iwe asanga+ uwo mwana muto aryamye ku buriri, umudayimoni yamuvuyemo. 31  Nuko avuye mu karere k’i Tiro anyura i Sidoni, aca no mu turere twa Dekapoli maze agera ku nyanja ya Galilaya.+ 32  Ahageze bamuzanira umuntu wari igipfamatwi kandi udedemanga, baramwinginga ngo amurambikeho ikiganza.+ 33  Nuko amuvana mu bantu amujyana ahiherereye, amushyira intoki mu matwi. Amaze gucira amacandwe, amukora ku rurimi.+ 34  Hanyuma yubura amaso areba mu ijuru,+ asuhuza umutima+ cyane, maze aravuga ati “efata,” bisobanurwa ngo “zibuka.” 35  Nuko uwo muntu yongera gusubirana ubushobozi bwe bwo kumva,+ ururimi rwe ruragobodoka, atangira kuvuga neza. 36  Yesu amaze gukora ibyo, arabihanangiriza ngo batagira uwo babibwira,+ ariko uko yarushagaho kubihanangiriza kutabivuga, ni ko na bo barushagaho kubyamamaza.+ 37  Mu by’ukuri, baratangaye+ bidasanzwe maze baravuga bati “ibintu byose yabikoze neza. Ndetse atuma ibipfamatwi byumva n’ibiragi bikavuga.”+

Ibisobanuro ahagana hasi