Mariko 11:1-33
11 Nuko bari hafi kugera i Yerusalemu, begereye i Betifage n’i Betaniya+ ku musozi w’Imyelayo, atuma babiri mu bigishwa be,+
2 arababwira ati “nimujye muri uriya mudugudu mureba imbere yanyu, mukiwugeramo murabona icyana cy’indogobe kiziritse, kitigeze cyicarwaho n’umuntu; mukiziture maze mukizane.+
3 Kandi nihagira umuntu ubabaza ati ‘kuki mukora ibyo?,’ mumubwire muti ‘Umwami aragikeneye, kandi arahita akigarura.’”+
4 Nuko baragenda babona icyana cy’indogobe kiziritse hanze ku irembo, iruhande rw’umuhanda, barakizitura.+
5 Ariko bamwe mu bari bahagaze aho barababaza bati “ibyo mukora ni ibiki, ko muzitura icyo cyana cy’indogobe?”+
6 Bababwira uko Yesu yari yababwiye, na bo barabareka baragenda.+
7 Bazanira Yesu icyo cyana cy’indogobe,+ bagishyiraho imyenda yabo maze acyicaraho.+
8 Nanone abantu benshi basasa imyenda yabo+ mu nzira, abandi na bo bajya mu bisambu+ baca amashami y’ibiti.+
9 Nuko abagendaga imbere ye n’abari bamukurikiye bakomeza kurangurura amajwi bagira bati “turakwinginze, mukize!+ Hahirwa uje mu izina rya Yehova!+
10 Ubwami buje bwa data Dawidi,+ nibuhabwe umugisha! Turakwinginze, mukize wowe uri mu ijuru!”
11 Nuko ageze i Yerusalemu yinjira mu rusengero, yitegereza ibintu byose. Kubera ko bwari bugorobye, arasohoka ajya i Betaniya ari kumwe na ba bandi cumi na babiri.+
12 Bukeye bwaho, ubwo bari bavuye i Betaniya, arasonza.+
13 Akiri kure, abona igiti cy’umutini gifite amababi, nuko ajya kureba niba yakibonaho imbuto. Ariko akigezeho, ntiyagira icyo abona uretse amababi gusa, kuko kitari igihe imitini yerera.+
14 Abibonye arakibwira ati “ntihakagire urya ku mbuto zawe kugeza iteka ryose.”+ Kandi abigishwa be barumvaga.
15 Nuko bagera i Yerusalemu. Yinjira mu rusengero atangira kwirukana abacururizaga mu rusengero n’abaguriragamo, yubika ameza y’abavunjaga amafaranga n’intebe z’abagurishaga inuma;+
16 ntiyemeraga ko hagira unyuza ikintu mu rusengero,
17 ahubwo akomeza kubigisha avuga ati “mbese ntibyanditswe ngo ‘inzu yanjye izitwa inzu yo gusengerwamo+ n’amahanga yose’?+ Ariko mwe mwayihinduye indiri y’abambuzi.”+
18 Nuko abakuru b’abatambyi n’abanditsi babyumvise bashaka uko bamwica,+ kuko bamutinyaga bitewe n’uko abantu bakomezaga gutangarira inyigisho ze.+
19 Iyo bwabaga bugorobye, bavaga mu mugi.
20 Nuko bukeye bwaho, banyuze kuri wa mutini babona wumye uhereye mu mizi.+
21 Petero arabyibuka abwira Yesu ati “Rabi, dore wa mutini wavumye wumye!”+
22 Yesu aramusubiza ati “nimwizere Imana.
23 Ndababwira ukuri ko umuntu wese wabwira uyu musozi ati ‘shinguka aho wijugunye mu nyanja,’ kandi ntashidikanye mu mutima we ahubwo akizera ko ibyo avuze biba, byaba nk’uko abivuze.+
24 Ni yo mpamvu mbabwiye nti ‘ibintu byose musabye mu isengesho, mujye mwizera ko mwamaze no kubibona rwose, kandi muzabihabwa.’+
25 Igihe muhagaze musenga, mujye mubabarira+ umuntu wese icyo mwaba mupfa, kugira ngo So wo mu ijuru na we abababarire ibyaha byanyu.”+
26 ——*
27 Bongera gusubira i Yerusalemu. Nuko igihe yagendagendaga mu rusengero, abakuru b’abatambyi n’abanditsi n’abakuru baza aho ari,+
28 baramubaza bati “ni bubasha ki butuma ukora ibyo bintu? Kandi se ni nde waguhaye ubwo bubasha bwo gukora ibyo bintu?”+
29 Yesu arababwira ati “mureke mbabaze ikibazo kimwe. Nimunsubiza, nanjye ndababwira ububasha butuma nkora ibi bintu.+
30 Umubatizo+ wa Yohana wakomotse mu ijuru cyangwa ni mu bantu? Nimunsubize.”+
31 Nuko bajya inama, baravuga bati “nituvuga tuti ‘wakomotse mu ijuru,’ aratubaza ati ‘none kuki mutamwizeye?’+
32 Ariko se twatinyuka kuvuga tuti ‘wakomotse mu bantu’?” Batinyaga rubanda, kuko bose bemeraga rwose ko Yohana yari umuhanuzi.+
33 Nuko basubiza Yesu bati “ntitubizi.” Yesu na we arababwira ati “nanjye simbabwira ububasha butuma nkora ibi bintu.”+