Luka 6:1-49

6  Nuko umunsi umwe ku isabato, anyura mu mirima y’ingano, abigishwa be baca+ amahundo y’ingano bayavungira mu ntoki+ barazihekenya.  Bamwe mu Bafarisayo babibonye baravuga bati “kuki mukora ibintu bitemewe n’amategeko+ ku isabato?”+  Ariko Yesu arabasubiza ati “mbese ntimwigeze gusoma icyo Dawidi+ yakoze ubwo we n’abo bari kumwe basonzaga?+  Ukuntu yinjiye mu nzu y’Imana bakamuha imigati yo kumurikwa+ akayirya, agahaho n’abari kumwe na we, kandi bitari byemewe n’amategeko ko hagira undi muntu uyirya, uretse abatambyi bonyine?”+  Nuko arababwira ati “Umwana w’umuntu ni Umwami w’isabato.”+  Ku yindi sabato+ yinjira mu isinagogi atangira kwigisha. Aho hari umuntu unyunyutse ukuboko+ kw’iburyo.  Icyo gihe abanditsi n’Abafarisayo bari bamuhanze amaso+ cyane, kugira ngo barebe ko amukiza ku isabato, ngo babone aho bahera bamurega.+  Ariko amenya ibyo batekereza,+ nyamara abwira uwo mugabo unyunyutse ukuboko ati “haguruka uhagarare hano hagati.” Nuko arahaguruka arahagarara.+  Hanyuma Yesu arababwira ati “reka mbabaze: amategeko yemera ko umuntu akora igikorwa cyiza ku isabato,+ cyangwa yemera ko akora ikibi, ko akiza ubugingo cyangwa ko aburimbura?”+ 10  Nuko amaze kubararanganyamo amaso, abwira uwo mugabo ati “rambura ukuboko kwawe.” Arakurambura, maze ukuboko kwe kongera kuba kuzima.+ 11  Ariko bamera nk’abafashwe n’ibisazi, maze batangira kujya inama y’uko bazagenza Yesu.+ 12  Nuko muri iyo minsi ajya ku musozi gusenga,+ akesha ijoro ryose asenga Imana.+ 13  Ariko bukeye ahamagara abigishwa be baza aho ari, abatoranyamo cumi na babiri abita “intumwa.”+ 14  Abo ni Simoni, uwo nanone yise Petero,+ umuvandimwe we Andereya, Yakobo na Yohana,+ Filipo+ na Barutolomayo, 15  Matayo na Tomasi,+ Yakobo mwene Alufayo, Simoni witwaga “umunyamwete,”+ 16  Yuda mwene Yakobo hamwe na Yuda Isikariyota waje kuba umugambanyi.+ 17  Nuko amanukana na bo maze ahagarara ahantu haringaniye. Hari abigishwa be benshi n’imbaga y’abantu benshi+ bari baturutse i Yudaya hose n’i Yerusalemu, no mu bihugu bituriye inyanja by’i Tiro n’i Sidoni, baje kumwumva no kugira ngo abakize indwara+ zabo. 18  Ndetse n’abo imyuka mibi yabuzaga amahwemo yarabakizaga. 19  Abantu bose bashakaga kumukoraho,+ kuko imbaraga+ zamuvagamo zikabakiza bose. 20  Nuko yubura amaso areba abigishwa be, arababwira+ ati “Murahirwa mwe mukennye,+ kuko ubwami bw’Imana ari ubwanyu. 21  “Murahirwa mwe mufite inzara+ ubu, kuko muzahazwa.+ “Murahirwa mwe murira ubu, kuko muzaseka.+ 22  “Namwe muzishime abantu nibabanga,+ bakabaha akato, bakabatuka kandi bakabaharabika bavuga ko muri abantu babi,+ babahora Umwana w’umuntu. 23  Icyo gihe muzishime munezerwe cyane, kuko ingororano yanyu ari nyinshi mu ijuru; kuko ibyo ari byo ba sekuruza bajyaga bagirira abahanuzi.+ 24  “Ariko muzabona ishyano bantu mukize,+ kuko mufite ihumure ryanyu ryose.+ 25  “Muzabona ishyano namwe abahaze ubu, kuko muzasonza.+ “Muzabona ishyano mwebwe abaseka ubu, kuko muzaboroga kandi mukarira.+ 26  “Muzabona ishyano abantu bose nibabavuga neza, kuko uko ari ko ba sekuruza bavugaga neza abahanuzi b’ibinyoma.+ 27  “Ariko mwebwe munteze amatwi ndababwira nti ‘mukomeze gukunda abanzi banyu,+ mugirire neza+ ababanga, 28  musabire umugisha ababavuma kandi musenge musabira ababatuka.+ 29  Ugukubise ku itama rimwe+ umuhindurire n’irindi, kandi ugutwaye+ umwitero ntukamwime n’ikanzu yawe. 30  Ugusabye+ ujye umuha, kandi ugutwaye ibyawe ntukabimwake.’ 31  “Nanone ibyo mushaka ko abantu babagirira, mube ari byo mubagirira namwe.+ 32  “Niba mukunda ababakunda gusa, muzashimwa iki? Abanyabyaha na bo bakunda ababakunda.+ 33  Nimugirira neza ababagirira neza, mu by’ukuri muzashimwa iki? Abanyabyaha na bo babigenza batyo.+ 34  Nanone nimuguriza abantu mutabatse inyungu,+ mwiringiye ko bazagira icyo babaha, muzashimwa iki? Abanyabyaha na bo baguriza abandi banyabyaha batabatse inyungu, kugira ngo bazabakureho byinshi.+ 35  Ibinyuranye n’ibyo, mukomeze gukunda abanzi banyu no kugira neza no kuguriza+ abantu mutabatse inyungu, mutiteze ko hari ikintu icyo ari cyo cyose muzabona. Ni bwo ingororano yanyu izaba nyinshi, kandi muzaba abana b’Isumbabyose+ kuko igirira neza+ indashima n’abagome. 36  Mukomeze kuba abanyambabazi nk’uko na So ari umunyambabazi.+ 37  “Nimureke gucira abandi urubanza, namwe ntimuzarucirwa;+ nimureke gucira abandi ho iteka, namwe ntimuzaricirwaho. Nimukomeze kudohora, namwe muzadohorerwa.+ 38  Mugire akamenyero ko gutanga, namwe muzahabwa.+ Bazabasukira mu binyita by’imyenda yanyu urugero rukwiriye, rutsindagiye, rucugushije kandi rusesekaye, kuko urugero mugeramo ari rwo namwe bazabagereramo.”+ 39  Nanone abacira umugani ati “impumyi yabasha ite kurandata indi mpumyi? Mbese zombi ntizagwa mu mwobo?+ 40  Umwigishwa ntaruta umwigisha, ahubwo umuntu wese wigishijwe neza azamera nk’umwigisha+ we. 41  None se kuki ubona akatsi kari mu jisho ry’umuvandimwe wawe, ariko nturebe ingiga iri mu jisho ryawe?+ 42  Wabasha ute kubwira umuvandimwe wawe uti ‘muvandimwe, oroshya ngukure akatsi mu jisho,’ mu gihe wowe utabona ingiga iri mu jisho ryawe?+ Wa ndyarya we! Banza ukure iyo ngiga mu jisho ryawe,+ ni bwo uzabasha kureba neza uko wakura akatsi mu jisho ry’umuvandimwe wawe.+ 43  “Nta giti cyiza cyera imbuto mbi kandi nta giti kibi cyera imbuto nziza.+ 44  Igiti cyose kimenyekanira ku mbuto zacyo.+ Urugero, abantu ntibasarura imbuto z’umutini ku mahwa; nta n’ubwo basarura inzabibu ku gihuru cy’amahwa.+ 45  Umuntu mwiza atanga ibyiza abivanye mu butunzi bwiza+ bwo mu mutima we, ariko umuntu mubi atanga ibibi abivanye mu butunzi bwe bubi, kuko ibyuzuye umutima ari byo akanwa kavuga.+ 46  “None se kuki mumbwira muti ‘Mwami, Mwami,’ ariko ntimukore ibyo mvuga?+ 47  Umuntu wese uza aho ndi akumva amagambo yanjye kandi akayakurikiza, ndabereka uwo yagereranywa na we:+ 48  ameze nk’umuntu wubatse inzu, agacukura akagera hasi mu kuzimu, agashinga urufatiro rwayo ku rutare. Nuko imyuzure+ yaza, uruzi rukikubita kuri iyo nzu, ariko ntirugire imbaraga zihagije ku buryo rwayinyeganyeza, kubera ko iba yubatse neza.+ 49  Naho umuntu wumva ariko ntakore+ ibyo yumvise, ameze nk’umuntu wubatse inzu ku butaka adashyizeho urufatiro, nuko uruzi ruraza ruyikubitaho, ako kanya ihita igwa, kandi kugwa+ kwayo kwabaye kunini.”+

Ibisobanuro ahagana hasi