Luka 13:1-35

13  Muri icyo gihe, hari abantu bari aho maze bamubwira iby’Abanyagalilaya,+ abo Pilato yari yaravanze amaraso yabo n’ibitambo byabo.  Nuko arabasubiza ati “ese mwibwira ko abo Banyagalilaya bari abanyabyaha ruharwa+ kurusha abandi Banyagalilaya bose kubera ko ibyo byababayeho?  Ndababwira ko atari ko biri rwose! Ahubwo namwe nimutihana, muzarimbuka mutyo mwese.+  Cyangwa ba bandi cumi n’umunani umunara w’i Silowamu wagwiriye ukabica, muribwira ko bari abanyabyaha* kurusha abandi bantu bose bari batuye i Yerusalemu?  Ndababwira ko atari ko biri rwose! Ahubwo namwe nimutihana, mwese muzarimbuka mutyo.”+  Hanyuma abacira uyu mugani ati “hariho umuntu wari ufite igiti cy’umutini mu ruzabibu rwe,+ maze aza kukirebaho imbuto+ ariko ntiyazibona.+  Ni ko kubwira uwakoreraga urwo ruzabibu ati ‘hashize imyaka itatu+ nza gushaka imbuto kuri uyu mutini ariko sinzibone. Wuteme!+ Kuki se wakomeza gutuma ubutaka bupfa ubusa?’  Aramusubiza ati ‘databuja, wureke+ uyu mwaka na wo, mbanze ncukure iruhande rwawo nshyiremo ifumbire.  Hanyuma niwera imbuto bizaba ari byiza, ariko nutera uzawuteme.’”+ 10  Nanone hari igihe yarimo yigishiriza mu isinagogi ku isabato. 11  Aho hari umugore wari umaze imyaka cumi n’umunani afite uburwayi yaterwaga n’umudayimoni,+ kandi yari yarahetamye adashobora kunamuka. 12  Yesu amubonye aramubwira ati “mugore, ubohowe+ ku burwayi bwawe.” 13  Nuko amurambikaho ibiganza maze ako kanya arunamuka,+ atangira gusingiza Imana. 14  Ariko umutware w’isinagogi abibonye, ararakara bitewe n’uko Yesu yakijije umuntu ku isabato, maze atangira kubwira abantu ati “hariho iminsi itandatu imirimo igomba gukorwamo.+ Bityo rero, kuri iyo minsi mujye muza mukizwe, ntimukaze ku munsi w’isabato.”+ 15  Ariko Umwami aramusubiza ati “mwa ndyarya+ mwe, mbese buri wese muri mwe ntazitura ikimasa cye cyangwa indogobe ye ku isabato akayivana mu kiraro akajya kuyuhira?+ 16  None se uyu mugore, ko ari umukobwa wa Aburahamu,+ uwo Satani yari yaraboshye akaba yari amumaranye imyaka cumi n’umunani yose, ntibyari bikwiriye ko abohorwa kuri iyi ngoyi ye ku munsi w’isabato?” 17  Avuze ibyo, abamurwanyaga bose bagira isoni,+ ariko rubanda rwo rwishimira ibintu bihebuje yakoraga.+ 18  Nuko Yesu arababwira ati “ubwami bw’Imana bumeze nk’iki, kandi nabugereranya n’iki?+ 19  Bumeze nk’akabuto ka sinapi umuntu yafashe akagatera mu murima we, nuko karakura kaba igiti, maze inyoni zo mu kirere+ ziza kuba mu mashami yacyo.”+ 20  Arongera aravuga ati “ubwami bw’Imana nabugereranya n’iki? 21  Bugereranywa n’umusemburo umugore yahishe mu myariko itatu minini y’ifu, kugeza aho imyariko yose ikwiriyemo umusemburo.”+ 22  Nuko akora urugendo yigisha, ava mu mugi ajya mu wundi, no mu mudugudu ajya mu wundi, kandi akomeza urugendo rwe ajya i Yerusalemu.+ 23  Umuntu umwe aramubwira ati “Mwami, mbese abakizwa ni bake?”+ Arababwira ati 24  “muhatane+ cyane kugira ngo mwinjire mu muryango ufunganye.+ Ndababwira ko hari benshi bazashaka kuwinjiramo ariko ntibabibashe,+ 25  igihe nyir’inzu azaba yahagurutse agakinga urugi rwe, namwe mugahagarara inyuma mukomanga ku rugi, muvuga muti ‘nyagasani, dukingurire.’+ Ariko azabasubiza ati ‘sinzi iyo muturutse.’+ 26  Ubwo ni bwo muzavuga muti ‘twajyaga turira imbere yawe, tukanywera imbere yawe, kandi wigishirije mu mihanda y’iwacu.’+ 27  Ariko azababwira ati ‘sinzi iyo muturutse. Nimumve imbere, mwebwe abakora ibyo gukiranirwa!’+ 28  Aho ni ho muzaririra mukahahekenyera amenyo,+ mubonye Aburahamu na Isaka na Yakobo n’abandi bahanuzi bose bari mu bwami bw’Imana,+ ariko mwe mwajugunywe hanze. 29  Nanone abantu bazaturuka iburasirazuba n’iburengerazuba no mu majyaruguru no mu majyepfo,+ bajye ku meza mu bwami bw’Imana.+ 30  Kandi hari aba nyuma bazaba aba mbere, n’aba mbere bazaba aba nyuma.”+ 31  Muri uwo mwanya bamwe mu Bafarisayo baraza baramubwira bati “va hano ugende kuko Herode ashaka kukwica.” 32  Na we arababwira ati “nimugende mubwire iyo ndyarya*+ muti ‘dore ndirukana abadayimoni kandi nkize abantu uyu munsi n’ejo, ku munsi wa gatatu nzaba ndangije.’+ 33  Nanone kandi, ngomba gukomeza urugendo rwanjye none n’ejo n’ejobundi, kuko bitemewe ko umuhanuzi yicirwa ahandi hatari i Yerusalemu.+ 34  Yerusalemu, Yerusalemu wica+ abahanuzi, ugatera amabuye+ abagutumweho! Ni kangahe nashatse gukoranyiriza abana bawe hamwe nk’uko inkoko ibundikira imishwi yayo mu mababa+ yayo? Ariko ntimwabishatse.+ 35  Ngiyo inzu yanyu+ nimuyisigarane. Ndababwira ko mutazongera kumbona kugeza igihe muzavugira muti ‘hahirwa uje mu izina rya Yehova!’”+

Ibisobanuro ahagana hasi