Kuva 6:1-30

6  Yehova abwira Mose ati “ubu noneho ugiye kwirebera ibyo nzakorera Farawo,+ kuko azabareka bakagenda yemejwe n’ukuboko gukomeye, kandi azabirukana mu gihugu cye yemejwe n’ukuboko gukomeye.”+  Imana ibwira Mose iti “ndi Yehova.+  Nabonekeye Aburahamu+ na Isaka+ na Yakobo+ ndi Imana Ishoborabyose,+ ariko ku bihereranye n’izina ryanjye Yehova,+ sinigeze mbimenyekanishaho.+  Kandi nagiranye na bo isezerano ryo kubaha igihugu cy’i Kanani, igihugu batuyemo ari abimukira.+  Jye ubwanjye numvise kuniha kw’Abisirayeli+ bagizwe abacakara n’Abanyegiputa, maze nibuka isezerano ryanjye.+  “None rero, ubwire Abisirayeli uti ‘ndi Yehova, kandi nzabakura mu buretwa bw’Abanyegiputa, mbakize ububata bwabo;+ nzabacunguza ukuboko kurambuye n’imanza zikomeye.+  Nzabagira ubwoko bwanjye,+ mbe Imana yanyu;+ namwe muzamenya ko ndi Yehova Imana yanyu ubakuye mu buretwa bwo muri Egiputa.+  Nzabajyana mu gihugu narahiye nzamuye ukuboko kwanjye+ ko nzagiha Aburahamu, Isaka na Yakobo; kandi nzakibaha kibe icyanyu.+ Ndi Yehova.’”+  Hanyuma Mose abibwira Abisirayeli, ariko banga kumvira Mose bitewe no gucika intege hamwe n’uburetwa bwari bubarembeje.+ 10  Nuko Yehova abwira Mose ati 11  “genda ubwire Farawo umwami wa Egiputa+ areke Abisirayeli bagende, bave mu gihugu cye.”+ 12  Ariko Mose avugira imbere ya Yehova ati “dore Abisirayeli banze kunyumva;+ none Farawo we azanyumva ate+ kandi ntazi kuvuga?”+ 13  Ariko Yehova akomeza kubwira Mose na Aroni ngo babwire Abisirayeli na Farawo umwami wa Egiputa itegeko rye, kugira ngo bakure Abisirayeli mu gihugu cya Egiputa.+ 14  Aba ni bo batware b’amazu ya ba sekuruza: bene Rubeni, imfura ya Isirayeli+ ni Hanoki na Palu na Hesironi na Karumi.+ Iyo ni yo miryango ikomoka kuri Rubeni.+ 15  Bene Simeyoni ni Yemuweli na Yamini na Ohadi na Yakini na Sohari na Shawuli, uwo yabyaranye n’Umunyakananikazi.+ Iyo ni yo miryango ikomoka kuri Simeyoni.+ 16  Aya ni yo mazina ya bene Lewi+ nk’uko imiryango bakomokamo iri:+ hari Gerushoni na Kohati na Merari.+ Imyaka yose Lewi yaramye ni imyaka ijana na mirongo itatu n’irindwi. 17  Bene Gerushoni ni Libuni na Shimeyi,+ nk’uko imiryango yabo iri.+ 18  Bene Kohati ni Amuramu na Isuhari na Heburoni na Uziyeli.+ Imyaka yose Kohati yaramye ni imyaka ijana na mirongo itatu n’itatu. 19  Bene Merari ni Mahili na Mushi.+ Iyo ni yo miryango y’Abalewi, nk’uko imiryango bakomokamo iri.+ 20  Amuramu yashyingiranywe na Yokebedi, mushiki wa se.+ Hanyuma amubyarira Aroni na Mose.+ Imyaka yose Amuramu yaramye ni imyaka ijana na mirongo itatu n’irindwi. 21  Bene Isuhari ni Kora+ na Nefegi na Zikiri. 22  Bene Uziyeli ni Mishayeli na Elizafani na Sitiri.+ 23  Aroni yashyingiranywe na Elisheba umukobwa wa Aminadabu, mushiki wa Nahasoni.+ Hanyuma amubyarira Nadabu na Abihu na Eleyazari na Itamari.+ 24  Bene Kora ni Asiri na Elukana na Abiyasafu.+ Iyo ni yo miryango ikomoka kuri Kora.+ 25  Eleyazari mwene Aroni+ yashyingiranywe n’umwe mu bakobwa ba Putiyeli. Hanyuma amubyarira Finehasi.+ Abo ni bo bakuru mu batware b’Abalewi nk’uko imiryango yabo iri.+ 26  Icyo ni cyo gisekuru cya Aroni na Mose, ba bandi Yehova yabwiye+ ati “nimukure Abisirayeli mu gihugu cya Egiputa nk’uko imitwe y’ingabo zabo iri.”+ 27  Uwo Mose na Aroni ni bo bavuganye na Farawo umwami wa Egiputa, kugira ngo bavane Abisirayeli muri Egiputa.+ 28  Nuko ku munsi Yehova yavuganiyeho na Mose mu gihugu cya Egiputa,+ 29  Yehova abwira Mose ati “ndi Yehova.+ Ubwire Farawo umwami wa Egiputa ibyo nkubwira byose.” 30  Nuko Mose avugira imbere ya Yehova ati “none se Farawo azanyumva ate kandi ntazi kuvuga?”+

Ibisobanuro ahagana hasi