Kuva 34:1-35

34  Nuko Yehova abwira Mose ati “wibarize ibisate bibiri by’amabuye bimeze nka bya bindi bya mbere,+ nanjye ndandika kuri ibyo bisate amagambo yari kuri bya bisate bya mbere+ wamennye.+  Kandi mu gitondo ube witeguye, kuko mu gitondo ugomba kuzamuka ukajya ku musozi wa Sinayi, ugahagarara hafi yanjye mu mpinga y’uwo musozi.+  Ariko nta muntu ugomba kuzamukana nawe kandi kuri uwo musozi wose ntihazagire undi muntu uhaboneka.+ Ikindi kandi, ntihazagire imikumbi cyangwa amashyo birisha imbere y’uwo musozi.”+  Nuko Mose abaza ibisate bibiri by’amabuye bimeze nk’ibya mbere, maze azinduka kare mu gitondo azamuka umusozi wa Sinayi nk’uko Yehova yari yamutegetse, azamuka afite ibyo bisate bibiri by’amabuye mu ntoki.  Yehova amanukira+ mu gicu ahagarara iruhande rwe, atangaza izina rya Yehova.+  Yehova anyura imbere ye aravuga ati “Yehova, Yehova, Imana y’imbabazi+ n’impuhwe,+ itinda kurakara,+ ifite ineza nyinshi yuje urukundo+ n’ukuri,+  igaragariza abantu ineza yuje urukundo kugeza ku bo mu bisekuru ibihumbi.+ Ni Imana ibabarira abantu amakosa, ibicumuro n’ibyaha,+ ariko ntibure guhana+ uwakoze icyaha, igahanira abana amakosa ya ba se ikageza ku buzukuru n’abuzukuruza.”+  Mose amwikubita imbere,+  aravuga ati “Yehova, niba koko ntonnye mu maso yawe, ndakwinginze, reka Yehova agendere hagati muri twe+ kuko aba bantu ari ubwoko butagonda ijosi,+ kandi utubabarire igicumuro cyacu n’icyaha cyacu,+ utugire abawe.”+ 10  Aramusubiza ati “dore ngiranye namwe isezerano: nzakorera ibitangaza imbere y’ubwoko bwawe bwose, ibitangaza bitigeze bibaho mu isi yose cyangwa mu mahanga yose.+ Kandi amahanga yose agukikije azabona umurimo wa Yehova, kuko ngiye kubakorera ikintu giteye ubwoba.+ 11  “Naho wowe ukomeze gukurikiza ibyo ngutegeka uyu munsi.+ Dore ngiye kwirukana imbere yawe Abamori, Abanyakanani, Abaheti, Abaperizi, Abahivi n’Abayebusi.+ 12  Uzirinde ntuzagirane isezerano n’abaturage bo mu gihugu ugiyemo+ kugira ngo bitazakubera umutego.+ 13  Ibicaniro byabo muzabisenye, inkingi zabo zera z’amabuye muzazimenagure, n’inkingi zabo zera z’ibiti muzaziteme.+ 14  Ntukunamire indi mana,+ kuko Yehova ari Imana ishaka ko umuntu ayiyegurira nta kindi ayibangikanyije na cyo,*+ 15  kugira ngo utagirana isezerano n’abaturage bo muri icyo gihugu, kuko bazasambana n’imana+ zabo bakanazitambira ibitambo,+ kandi ntihazabura ugutumira maze ukarya ku gitambo cye.+ 16  Icyo gihe abahungu bawe uzabasabira abakobwa babo,+ kandi kuko abakobwa babo batazabura gusambana n’imana zabo, bazatuma abahungu bawe na bo basambana n’imana zabo.+ 17  “Ntuzacure ibigirwamana.+ 18  “Ujye wizihiza umunsi mukuru w’imigati idasembuwe.+ Mu gihe cyagenwe cy’ukwezi kwa Abibu,+ ujye umara iminsi irindwi urya imigati idasembuwe nk’uko nabigutegetse, kuko muri uko kwezi kwa Abibu ari bwo wavuye muri Egiputa. 19  “Uburiza bwose ni ubwanjye.+ Kandi mu matungo yawe yose, ikimasa cy’uburiza n’isekurume y’intama y’uburiza, ni ibyanjye.+ 20  Uburiza bwose bw’indogobe uzabucunguze intama.+ Ariko nutabucungura, uzabuvune ijosi. Uzajye ucungura imfura yose yo mu bahungu bawe.+ Kandi ntibakaze imbere yanjye imbokoboko.+ 21  “Ujye ukora imirimo yawe mu minsi itandatu, ariko ku munsi wa karindwi uziririze isabato.+ Ujye uziririza isabato,+ haba mu gihe cy’ihinga cyangwa icy’isarura. 22  “Ujye wizihiza umunsi mukuru w’ibyumweru, uwizihize utanga ituro ry’umuganura w’ingano,+ kandi ujye wizihiza umunsi mukuru w’isarura ryo mu mpera z’umwaka.+ 23  “Incuro eshatu mu mwaka, umugabo wese wo muri mwe ajye aza+ imbere y’Umwami w’ukuri Yehova, Imana ya Isirayeli. 24  Nzirukana amahanga imbere yawe+ nagure igihugu cyawe,+ kandi igihe cyose uzaba wagiye imbere ya Yehova Imana yawe incuro eshatu mu mwaka, nta muntu uzagerageza kwigarurira igihugu cyawe.+ 25  “Amaraso y’igitambo untambira, ntukayatambane n’ikintu gisembuwe,+ kandi igitambo untambira ku munsi mukuru wa pasika ntikikarare ngo kigere mu gitondo.+ 26  “Umuganura w’imbuto nziza kurusha izindi+ zera mu butaka bwawe, ujye uwuzana mu nzu ya Yehova Imana yawe.+ “Ntugatekeshe umwana w’ihene amahenehene ya nyina.”+ 27  Yehova yongera kubwira Mose ati “wandike aya magambo,+ kuko ari yo isezerano ngiranye nawe n’Abisirayeli rishingiyeho.”+ 28  Mose agumana na Yehova iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine, atarya atanywa.+ Nuko yandika* kuri bya bisate amagambo y’isezerano, Amategeko Icumi.*+ 29  Mose amanuka umusozi wa Sinayi afite bya bisate bibiri by’Igihamya mu ntoki.+ Kandi kubera ko yari yavuganye n’Imana, mu maso he hararabagiranaga+ ariko we ntiyari abizi. 30  Aroni n’Abisirayeli bose babonye Mose baratangara kuko mu maso he harabagiranaga, bityo batinya kumwegera.+ 31  Mose arabahamagara, maze Aroni n’abatware b’iteraniro bose baramusanga, atangira kubavugisha. 32  Hanyuma abandi Bisirayeli bose baramwegera, abamenyesha amategeko yose Yehova yari yamubwiriye ku musozi wa Sinayi.+ 33  Iyo Mose yamaraga kuvugana na bo, yitwikiraga mu maso.+ 34  Ariko iyo yajyaga imbere ya Yehova kuvugana na we, yikuragaho igitwikirizo kugeza asohotse,+ maze yasohoka akabwira Abisirayeli ibyo yategetswe.+ 35  Iyo Abisirayeli barebaga mu maso ha Mose babonaga harabagirana.+ Nuko Mose akongera akitwikira mu maso, kugeza igihe yongeye kujya kuvugana n’Imana.+

Ibisobanuro ahagana hasi