Kuva 31:1-18

31  Yehova abwira Mose ati  “dore natoranyije Besaleli+ mwene Uri, mwene Huri, wo mu muryango wa Yuda.+  Nzamwuzuza umwuka w’Imana agire ubwenge, gusobanukirwa n’ubumenyi, kandi agire ubuhanga mu bukorikori bw’uburyo bwose:+  ubwo gukora ibishushanyo mbonera, gucura ibintu muri zahabu, mu ifeza no mu muringa,+  guconga amabuye y’agaciro no kuyakwikira+ no kubaza mu biti ibintu by’ubwoko bwose.+  Nanjye dore muhaye Oholiyabu mwene Ahisamaki wo mu muryango wa Dani+ kugira ngo amufashe, kandi nzashyira ubwenge mu mitima y’abahanga bose ngo bakore ibyo nagutegetse byose:+  ihema ry’ibonaniro,+ Isanduku+ y’igihamya n’umupfundikizo wayo,+ ibikoresho byose byo mu ihema,  ameza n’ibikoresho+ byayo, igitereko cy’amatara gicuzwe muri zahabu itunganyijwe n’ibikoresho byacyo byose,+ igicaniro cyo koserezaho umubavu,+  igicaniro cyo gutambiraho igitambo gikongorwa n’umuriro n’ibikoresho byacyo byose,+ igikarabiro n’igitereko cyacyo,+ 10  imyambaro iboshye neza n’imyambaro yera ya Aroni umutambyi, imyambaro abahungu be bambara bakora umurimo w’ubutambyi,+ 11  amavuta yera n’umubavu uhumura neza w’ahera.+ Bazakore ibintu byose nk’uko nagutegetse.” 12  Yehova yongera kubwira Mose ati 13  “nawe uzabwire Abisirayeli uti ‘ntimukabure kuziririza amasabato yanjye,+ kuko ari ikimenyetso hagati yanjye namwe mu bihe byanyu byose, kugira ngo mumenye ko ari jye Yehova ubeza.+ 14  Mujye muziririza isabato, kuko ari iyera kuri mwe.+ Umuntu uzica itegeko ryo kuziririza isabato azicwe.+ Nihagira ukora umurimo ku isabato, uwo muntu azicwe akurwe mu bwoko bwe.+ 15  Mujye mukora imirimo mu minsi itandatu, ariko umunsi wa karindwi ni isabato, umunsi wihariye w’ikiruhuko.+ Uwo munsi ni uwera kuri Yehova. Umuntu wese uzakora umurimo ku munsi w’isabato azicwe. 16  Abisirayeli bajye baziririza isabato, bayizihize mu bihe byabo byose, ibe isezerano ry’ibihe bitarondoreka.+ 17  Izabe ikimenyetso hagati yanjye n’Abisirayeli kugeza ibihe bitarondoreka,+ kuko Yehova yaremye ijuru n’isi mu minsi itandatu, ariko ku munsi wa karindwi agahagarika imirimo ye, akaruhuka.’”+ 18  Nuko Imana imaze kuvugana na Mose ku musozi wa Sinayi, imuha ibisate bibiri by’amabuye by’Igihamya,+ byandikishijweho urutoki rw’Imana.+

Ibisobanuro ahagana hasi