Kuva 3:1-22

3  Mose aba umushumba w’umukumbi wa sebukwe+ Yetiro+ wari umutambyi w’i Midiyani. Igihe yari ashoreye umukumbi yerekeza mu burengerazuba bw’ubutayu, yageze ku musozi w’Imana y’ukuri+ witwa Horebu.+  Nuko umumarayika wa Yehova amubonekera ari mu birimi by’umuriro hagati mu gihuru cy’amahwa.+ Akomeje kwitegereza, abona icyo gihuru cy’amahwa kigurumana ariko ntigikongoke.  Mose abibonye aravuga ati “reka ntambike nitegereze ibi bintu bitangaje, menye impamvu iki gihuru cy’amahwa kidakongoka.”+  Yehova abonye ko atambitse ngo abyitegereze, amuhamagara ari hagati muri cya gihuru cy’amahwa ati “Mose! Mose!” Aritaba ati “karame.”+  Nuko aramubwira ati “ntiwegere hano. Ahubwo kuramo inkweto kuko aho hantu uhagaze ari ahera.”+  Nuko Imana iramubwira iti “ndi Imana ya ba sokuruza, Imana ya Aburahamu, Imana ya Isaka, Imana ya Yakobo.”+ Hanyuma Mose ahisha mu maso he kuko yatinyaga kureba Imana y’ukuri.  Yehova arongera ati “nabonye rwose akababaro k’ubwoko bwanjye buri muri Egiputa, kandi numvise gutaka kwabo batakishwa n’ababakoresha uburetwa, kuko nzi neza imibabaro yabo.+  None ngiye kumanuka mbakize ukuboko kw’Abanyegiputa,+ mbakure muri icyo gihugu maze mbajyane mu gihugu cyiza kandi kigari, igihugu gitemba amata n’ubuki,+ igihugu gituwemo n’Abanyakanani n’Abaheti n’Abamori n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebusi.+  Ubu gutaka kw’Abisirayeli kwangezeho kandi nabonye ukuntu Abanyegiputa babakandamiza.+ 10  None reka ngutume kwa Farawo, ukure ubwoko bwanjye bwa Isirayeli muri Egiputa.”+ 11  Ariko Mose asubiza Imana y’ukuri ati “nkanjye ndi muntu ki wo kujya kwa Farawo ngakura Abisirayeli muri Egiputa?”+ 12  Imana iramubwira iti “kubera ko nzabana nawe,+ iki ni cyo kizakubera ikimenyetso cy’uko ari jye wagutumye:+ numara gukura ubwoko bwanjye muri Egiputa, muzaza mukorere Imana y’ukuri kuri uyu musozi.”+ 13  Ariko Mose abwira Imana y’ukuri ati “reka tuvuge ko ngeze ku Bisirayeli nkababwira nti ‘Imana ya ba sokuruza yabantumyeho,’ maze bakambaza bati ‘yitwa nde?’+ Nzabasubiza iki?” 14  Nuko Imana ibwira Mose iti “NZABA ICYO NZASHAKA KUBA CYO CYOSE.”+ Yongeraho iti “uzabwire Abisirayeli uti ‘NZABA ICYO NZASHAKA KUBA CYO yabantumyeho.’”+ 15  Hanyuma Imana yongera kubwira Mose iti “Uzabwire Abisirayeli uti ‘Yehova Imana ya ba sokuruza, Imana ya Aburahamu,+ Imana ya Isaka,+ Imana ya Yakobo+ yabantumyeho.’ Iryo ni ryo zina ryanjye kugeza iteka ryose,+ kandi ni rwo rwibutso rwanjye uko ibihe bizagenda bikurikirana.+ 16  Genda uteranye abakuru b’Abisirayeli ubabwire uti ‘Yehova Imana ya ba sokuruza Aburahamu, Isaka na Yakobo yarambonekeye,+ arambwira ati “nzabitaho+ kandi nzita ku byo babagirira muri Egiputa. 17  None mvuze ko ngiye kubakiza iyo mibabaro+ muterwa n’Abanyegiputa, mbajyane mu gihugu cy’Abanyakanani n’Abaheti n’Abamori+ n’Abaperizi n’Abahivi n’Abayebusi,+ mu gihugu gitemba amata n’ubuki.”’+ 18  “Kandi rwose bazakumvira,+ maze wowe n’abakuru b’Abisirayeli muzasange umwami wa Egiputa mumubwire muti ‘Yehova Imana y’Abaheburayo+ yaratugendereye,+ none turakwinginze ureke tujye mu butayu ahantu h’urugendo rw’iminsi itatu, kuko dushaka gutambira Yehova Imana yacu igitambo.’+ 19  Nzi neza ko umwami wa Egiputa atazabemerera kugenda, keretse hakoreshejwe imbaraga.+ 20  Nzarambura ukuboko kwanjye+ nkubitishe Egiputa ibitangaza byose nzakorera muri yo. Nyuma yaho azabareka mugende.+ 21  Nzatuma ubwoko bwanjye bugirira umugisha ku Banyegiputa, kandi nimugenda ntimuzavayo amara masa.+ 22  Umugore wese azasabe umuturanyi we n’umugore w’umwimukira uri mu nzu ye ibintu by’ifeza n’ibya zahabu n’imyenda, mubyambike abahungu banyu n’abakobwa banyu, kandi muzanyage Abanyegiputa.”+

Ibisobanuro ahagana hasi