Kuva 24:1-18

24  Nuko Imana ibwira Mose iti “zamuka usange Yehova, wowe na Aroni na Nadabu na Abihu+ n’abakuru mirongo irindwi+ b’Abisirayeli, kandi mwikubite hasi mwubamye mukiri kure.  Mose wenyine ni we ugomba kwegera Yehova, ariko bo ntibamwegere, kandi ntihagire abandi bantu bazamukana na we.”+  Hanyuma Mose araza abwira abantu amagambo yose ya Yehova n’amategeko ye yose,+ maze bose basubiriza icyarimwe bati “ibyo Yehova yavuze byose tuzabikora.”+  Nuko Mose yandika amagambo yose Yehova yamubwiye.+ Abyuka kare mu gitondo yubaka igicaniro munsi y’uwo musozi, yubaka n’inkingi cumi n’ebyiri nk’uko imiryango cumi n’ibiri y’Abisirayeli iri.+  Hanyuma yohereza abasore bo mu Bisirayeli maze batambira Yehova ibitambo byoswa n’ibitambo by’ibimasa, ngo bibe ibitambo bisangirwa.+  Mose afata igice kimwe cy’amaraso ayashyira mu mabakure,+ ikindi gice akiminjagira ku gicaniro.+  Hanyuma afata igitabo cy’isezerano+ agisomera abantu.+ Nuko baravuga bati “ibyo Yehova yavuze byose tuzabikora, kandi tuzamwumvira.”+  Mose afata ya maraso ayaminjagira ku bantu,+ aravuga ati “aya ni amaraso y’isezerano+ Yehova agiranye namwe nk’uko ayo magambo yose ari.”  Mose na Aroni na Nadabu na Abihu na ba bakuru mirongo irindwi b’Abisirayeli barazamuka, 10  babona Imana ya Isirayeli.+ Munsi y’ibirenge byayo hari igisa n’amabuye ya safiro ashashe, kandi cyasaga n’ijuru rikeye.+ 11  Ntiyigeze irambura ukuboko kwayo ngo igire icyo itwara abo banyacyubahiro bo mu Bisirayeli,+ ahubwo babonye Imana y’ukuri+ mu iyerekwa, bararya kandi baranywa.+ 12  Yehova abwira Mose ati “zamuka unsange ku musozi kandi uhagume, kuko nshaka kuguha ibisate by’amabuye n’amabwiriza n’amategeko ngomba kwandika kugira ngo nigishe abantu.”+ 13  Nuko Mose ahagurukana n’umugaragu we Yosuwa, maze Mose arazamuka ajya ku musozi w’Imana y’ukuri.+ 14  Ariko yari yabwiye ba bakuru ati “mudutegerereze aha kugeza aho turi bugarukire.+ Dore Aroni na Huri+ bari kumwe namwe; umuntu wese ufite ikirego ajye abasanga.”+ 15  Mose aherako azamuka uwo musozi wari utwikiriwe n’igicu.+ 16  Ikuzo rya Yehova+ rikomeza kuba ku musozi wa Sinayi+ kandi igicu kimara iminsi itandatu kiwutwikiriye. Bigeze ku munsi wa karindwi, Imana ihamagara Mose iri muri cya gicu.+ 17  Abisirayeli babonaga ikuzo rya Yehova rimeze nk’umuriro ukongora+ mu mpinga y’umusozi. 18  Nuko Mose yinjira muri cya gicu azamuka uwo musozi.+ Mose amara kuri uwo musozi iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine.+

Ibisobanuro ahagana hasi