Kuva 22:1-31

22  “Umuntu niyiba itungo, ryaba ikimasa cyangwa intama, akaribaga cyangwa akarigurisha, ikimasa azakirihe ibimasa bitanu, intama ayirihe intama enye.+  (“Umujura+ nafatirwa mu cyuho apfumura inzu+ bakamukubita agapfa, nta wuzagibwaho n’urubanza rw’amaraso ye.+  Ariko niba yaje izuba ryarashe, uwamwishe azagibwaho n’urubanza rw’amaraso.) “Uwo mujura ntazabure kuriha. Niba nta cyo afite ariha, azagurishwe kugira ngo arihe ibyo yibye.+  Ariko nafatanwa icyo yibye kikiri kizima, cyaba ikimasa cyangwa indogobe cyangwa intama, azakirihe incuro ebyiri.  “Umuntu niyonesha umurima cyangwa uruzabibu akahuramo amatungo ye aheka imizigo akayogoza umurima w’undi, azarihe+ imyaka myiza kurusha iyindi yo mu murima we cyangwa imizabibu myiza kurusha iyindi yo mu ruzabibu rwe.  “Umuriro nukwira hose ugafata ibihuru ugatwika imiba cyangwa imyaka itarasarurwa cyangwa umurima wose ugashya ugakongoka,+ uwakongeje uwo muriro ntazabure kuriha ibyahiye.  “Umuntu nabitsa mugenzi we amafaranga cyangwa ibindi bintu+ bikibirwa mu nzu y’uwo yabibikije, uwabyibye nafatwa azabirihe incuro ebyiri.+  Uwabyibye nadafatwa, bazazane nyir’ukubibika imbere y’Imana y’ukuri+ kugira ngo barebe niba atari we watwaye ibintu bya mugenzi we.  Naho ibyaha byose+ birebana n’ikimasa n’indogobe n’intama n’imyambaro, mbese ikintu cyose cyabuze, umuntu akaba yavuga ati ‘iki ni icyanjye,’ urubanza rwabo bombi ruzazanwe imbere y’Imana y’ukuri.+ Uwo Imana izagaragaza ko ari we mubi, azarihe mugenzi we incuro ebyiri.+ 10  “Umuntu naragiza mugenzi we indogobe cyangwa ikimasa cyangwa intama cyangwa irindi tungo ryose, rigapfa cyangwa rikamugara cyangwa rigashimutwa nta wubireba, 11  azarahire+ mu izina rya Yehova imbere ya nyiraryo ko atatwaye ibintu bye,+ kandi nyiraryo azabyemere, n’uwaragijwe ntazabirihe. 12  Ariko nibyibirwa iwe, azabirihe nyirabyo.+ 13  Icyakora itungo niritanyagurwa n’inyamaswa,+ azazane ibisigazwa bibe gihamya,+ kuko atagomba kuriha itungo ryatanyaguwe n’inyamaswa. 14  “Ariko umuntu natira mugenzi we+ itungo rikamugara cyangwa rigapfa nyiraryo atari kumwe na ryo, ntazabure kuririha.+ 15  Nirigira icyo riba riri kumwe na nyiraryo, uwaritiye ntazaririhe. Niba yari yarikodesheje, azishyure ubukode bwaryo gusa. 16  “Umugabo nashukashuka umukobwa w’isugi utarasabwa akaryamana na we,+ ntazabure kumujyana ngo abe umugore we, amutanze ho inkwano.+ 17  Ariko se w’umukobwa niyanga rwose kumumuha, azarihe amafaranga asanzwe atangwa ho inkwano ku mukobwa w’isugi.+ 18  “Ntugatume umupfumu abaho.+ 19  “Umuntu wese uryamana n’itungo ntazabure kwicwa.+ 20  “Uzatambira ibitambo izindi mana zitari Yehova azarimburwe.+ 21  “Ntuzagirire nabi umwimukira cyangwa ngo umukandamize,+ kuko namwe mwabaye abimukira mu gihugu cya Egiputa.+ 22  “Ntimukababaze umupfakazi cyangwa imfubyi.*+ 23  Numubabaza akantakira sinzabura kumva ijwi ryo gutaka kwe,+ 24  kandi uburakari bwanjye buzagurumana+ maze mbicishe inkota, abagore banyu na bo babe abapfakazi n’abana banyu babe imfubyi.+ 25  “Nuguriza amafaranga umuntu wo mu bwoko bwanjye ubabaye uri kumwe nawe,+ ntuzamubere nk’abandi. Ntuzamwake inyungu.+ 26  “Nufatira umwenda wa mugenzi wawe ho ingwate,+ uzawumusubize izuba rirenze 27  kuko ari wo wonyine yiyorosa.+ Ni wo akinga ku mubiri we. None se yaryama mu ki? Nantakira nzamwumva, kuko ngira imbabazi.+ 28  “Ntukavume Imana+ cyangwa umutware wo mu bwoko bwawe.+ 29  “Imyaka yawe yarumbutse n’urwengero rwawe rusendereye, ntuzabitange ho ituro ugononwa.+ Imfura z’abahungu bawe uzazimpe.+ 30  Uku ni ko uzagenza ikimasa cyawe n’intama yawe:+ bizagumane na nyina+ iminsi irindwi, ku munsi wa munani ubinture. 31  “Muzambere abantu bera,+ kandi ntimuzarye inyama z’itungo ryatanyaguwe n’inyamaswa.+ Muzarijugunyire imbwa.+

Ibisobanuro ahagana hasi