Kuva 1:1-22

1  Igihe Yakobo, ari we Isirayeli yazaga muri Egiputa, yazanye n’abahungu be, buri wese ari kumwe n’abo mu rugo rwe. Aya ni yo mazina y’abahungu ba Yakobo:+  Rubeni,+ Simeyoni,+ Lewi+ na Yuda,+  Isakari,+ Zabuloni+ na Benyamini,+  Dani+ na Nafutali,+ Gadi+ na Asheri.+  Abantu* bose bakomotse+ kuri Yakobo bari abantu mirongo irindwi, ariko Yozefu we yari asanzwe ari muri Egiputa.+  Amaherezo Yozefu aza gupfa+ hamwe n’abavandimwe be bose n’ab’icyo gihe bose.  Nuko Abisirayeli barororoka batangira kuba benshi mu gihugu, kandi bakomeza kwiyongera no gukomera cyane mu buryo budasanzwe, ku buryo buzuye muri icyo gihugu.+  Nyuma y’igihe runaka, muri Egiputa hima undi mwami utari uzi Yozefu.+  Nuko abwira abantu be ati “dore Abisirayeli baturuta ubwinshi kandi baturusha amaboko.+ 10  None nimuze tubigire ubwenge+ kugira ngo badakomeza kwiyongera, kuko nituramuka dutewe bazifatanya n’abanzi bacu bakaturwanya, hanyuma bakava mu gihugu.” 11  Nuko babashyiriraho abatware bo kubakoresha imirimo y’agahato, kugira ngo babakandamize babahekesha imitwaro,+ kandi bubaka imigi ngo ibe ibigega bya Farawo, ari yo Pitomu na Ramesesi.+ 12  Ariko uko barushagaho gukandamiza Abisirayeli, ni na ko barushagaho kwiyongera bagakomeza gukwira hirya no hino, ku buryo byatumye Abanyegiputa babatinya bakabanga urunuka.+ 13  Ni cyo cyatumye Abanyegiputa bagira Abisirayeli abacakara kandi bakabatwaza igitugu.+ 14  Babakoresha uburetwa bukaze bwo gukura ibumba+ no kubumba amatafari, n’ubundi buretwa bwose bwo gukora mu mirima,+ batuma ubuzima bubasharirira. Ni koko, babagize abacakara babatwaza igitugu, babakoresha uburetwa bw’uburyo bwose.+ 15  Nyuma yaho umwami wa Egiputa ategeka Shifura na Puwa, ababyaza+ b’Abaheburayokazi, 16  ndetse arabihanangiriza ati “nimujya kubyaza Abaheburayokazi mukabona bari ku ntebe babyariraho, nihavuka umuhungu mujye muhita mumwica, ariko nihavuka umukobwa mujye mumureka abeho.” 17  Ariko abo babyaza batinya Imana y’ukuri,+ ntibakora ibyo umwami wa Egiputa yari yababwiye,+ ahubwo bakajya bareka abana b’abahungu bakabaho.+ 18  Hashize igihe umwami wa Egiputa ahamagara ba babyaza arababwira ati “ni iki cyatumye mugenza mutyo, mukareka abana b’abahungu bakabaho?”+ 19  Abo babyaza basubiza Farawo bati “ni uko Abaheburayokazi batamera nk’Abanyegiputakazi. Kubera ko bafite imbaraga, babyara umubyaza atarabageraho.” 20  Nuko Imana igirira neza abo babyaza,+ kandi abantu bakomeza kugwira baba benshi, barakomera cyane. 21  Kubera ko abo babyaza batinye Imana y’ukuri, nyuma yaho yaje gutuma bagira imiryango.+ 22  Amaherezo Farawo ategeka abantu be bose ati “umwana w’umuhungu wese uzajya avuka mujye mumujugunya mu ruzi rwa Nili, ariko uw’umukobwa mujye mumureka abeho.”+

Ibisobanuro ahagana hasi