Intangiriro 43:1-34

43  Inzara ikomeza guca ibintu mu gihugu.+  Nuko bamaze kurya ibinyampeke byose bari baravanye muri Egiputa,+ se arababwira ati “nimusubireyo muduhahire utwo kurya.”+  Yuda aramusubiza+ ati “uwo mugabo yaratwihanangirije rwose ati ‘ntimuzongere kungera imbere mutari kumwe na murumuna wanyu.’+  Niwemera ko tujyana na murumuna wacu,+ turagenda tuguhahire ibyokurya.  Ariko nutemera ko tujyana na we, nta ho tuzajya kuko uwo mugabo yatubwiye ati ‘ntimuzongere kungera imbere mutari kumwe na murumuna wanyu.’”+  Nuko Isirayeli atera hejuru+ ati “ni iki cyatumye mungirira nabi bene ako kageni, mukabwira uwo mugabo ko mufite undi muvandimwe?”  Na bo baramusubiza bati “uwo mugabo yatubajije ibyacu adaciye ku ruhande, atubaza n’ibya bene wacu ati ‘ese so aracyariho?+ Mufite undi muvandimwe?’ Natwe tumusubiza ibyo bibazo nk’uko biri.+ Twari kubwirwa n’iki ko yari kutubwira ati ‘muzazane murumuna wanyu hano’?”+  Amaherezo Yuda abwira se Isirayeli ati “reka njyane n’uwo mwana+ tujyeyo kugira ngo dukomeze kubaho twe gupfa,+ twe nawe n’abana bacu.+  Ni jye uzamwishingira.+ Kandi nagira icyo aba uzamundyoze.+ Nintamukugarurira ngo mugushyikirize, nzaba ngucumuyeho iteka ryose. 10  Kandi iyo tudatinda, ubu tuba twaragiye tukagaruka incuro ebyiri.”+ 11  Se Isirayeli arababwira ati “niba ari uko bimeze,+ nimufate ibintu byiza byo muri iki gihugu mubishyire mu mifuka yanyu, muzabijyane mubihe uwo mugabo ho impano:+ mufate umuti womora+ n’ubuki+ n’umubavu n’ibishishwa by’ibiti bivamo ishangi+ n’utubuto tw’igiti cyitwa botina n’uduti tw’umuluzi.+ 12  Nanone mwitwaze amafaranga akubye kabiri ayo mwari mwajyanye. Kandi amafaranga mwagaruye mu munwa w’imifuka yanyu muyasubizeyo,+ ahari wenda habayeho kwibeshya.+ 13  Mufate n’umuvandimwe wanyu maze mugende musubire kuri uwo mugabo. 14  Imana Ishoborabyose izatume uwo mugabo abagirira impuhwe,+ abasubize undi muvandimwe wanyu, na Benyamini. Ariko nibiba ngombwa ko abana banshiraho, bazanshireho+ nta kundi!” 15  Nuko bafata iyo mpano, bitwaza n’amafaranga akubye kabiri ayo bari barajyanye kandi bajyana na Benyamini. Hanyuma barahaguruka bajya muri Egiputa, bagera imbere ya Yozefu.+ 16  Yozefu abonye Benyamini ari kumwe na bo, ahita abwira umugabo wacungaga ibyo mu rugo rwe ati “jyana aba bantu mu rugo, ubage amatungo maze utegure ibyokurya,+ kuko bari busangire nanjye saa sita.” 17  Uwo mugabo ahita akora ibyo Yozefu amubwiye,+ abajyana kwa Yozefu. 18  Ariko babonye babajyanye kwa Yozefu+ bagira ubwoba, baravugana bati “ya mafaranga twasubiranyeyo bwa mbere mu mifuka yacu, ni yo atumye batuzana hano kugira ngo badusumire badufate, batugire abacakara, bafate n’indogobe zacu!”+ 19  Nuko begera wa mugabo wacungaga ibyo mu rugo rwa Yozefu, bamubwirira ku muryango w’inzu 20  bati “tugire icyo tukwibwirira nyagasani: ubwa mbere twaje ino tuje guhaha.+ 21  Ariko tugeze aho twagombaga kurara,+ dufungura imifuka yacu dusanga amafaranga ya buri wese ari mu munwa w’umufuka we, yose uko yakabaye. None twifuzaga kuyasubiza.+ 22  Twazanye n’andi mafaranga yo kugura ibyokurya. Ntituzi rwose uwashyize ayo mafaranga mu mifuka yacu.”+ 23  Nuko aravuga ati “nta kibazo. Ntimugire ubwoba.+ Imana yanyu, ari yo Mana ya so, ni yo yabahaye ubwo butunzi mu mifuka yanyu.+ Amafaranga yanyu narayabonye.” Hanyuma asohora Simeyoni aramubazanira.+ 24  Nuko uwo mugabo abinjiza mu nzu ya Yozefu abaha amazi ngo boge ibirenge,+ kandi aha indogobe zabo ibyo zirya.+ 25  Nuko bigiza hafi ya mpano+ kugira ngo baze kuyiha Yozefu atashye saa sita, kuko bari bumvise ko aho ngaho ari ho bari gufatira amafunguro.+ 26  Yozefu yinjiye mu nzu, bamuzanira ya mpano maze bamwikubita imbere.+ 27  Hanyuma ababaza uko bamerewe,+ kandi arababaza ati “so amerewe ate, wa musaza mwavugaga? Ese aracyariho?”+ 28  Baramusubiza bati “data umugaragu wawe ameze neza. Aracyariho.” Nuko bamwikubita imbere.+ 29  Yubuye amaso abona murumuna we Benyamini, mwene nyina,+ maze arababaza ati “uyu ni wa murumuna wanyu w’umuhererezi mwambwiraga?”+ Yongeraho ati “Imana ikugirire neza+ mwana wanjye.” 30  Nuko Yozefu yihutira kuva aho, ajya gushaka aho aririra kuko yari abonye murumuna we ibyishimo bikamurenga,+ maze ajya mu cyumba cy’imbere ararira.+ 31  Arangije akaraba mu maso, arasohoka akomeza kwiyumanganya, aravuga+ ati “mushyire ibiryo ku meza.”+ 32  Bamushyirira ibye ukwe, na bo babaha ibyabo, n’Abanyegiputa basangiraga na we babashyira ukwabo, kuko Abanyegiputa batashoboraga gusangira n’Abaheburayo, bitewe n’uko ibyo byari ikizira ku Banyegiputa.+ 33  Kandi bari bicaye imbere ye, imfura yicara mu mwanya wayo hakurikijwe uburenganzira buhabwa umwana w’imfura,+ n’umuhererezi yicara mu mwanya we w’uko ari umuhererezi. Bakomeza kurebana batangaye. 34  Akomeza kubongera ibyokurya bivuye imbere ye, ariko Benyamini agahabwa umugabane ukubye gatanu uw’abandi bose.+ Nuko bakomeza kurya no kunywa kugeza aho bahagiye.+

Ibisobanuro ahagana hasi