Intangiriro 36:1-43

36  Iyi ni yo nkuru ivuga iby’amateka ya Esawu, ari we Edomu.+  Esawu yashatse abagore mu bakobwa b’i Kanani,+ ari bo Ada+ umukobwa wa Eloni w’Umuheti+ na Oholibama+ umukobwa wa Ana umwuzukuru wa Sibeyoni w’Umuhivi,  na Basemati+ umukobwa wa Ishimayeli, mushiki wa Nebayoti.+  Nuko Ada abyarira Esawu Elifazi, naho Basemati amubyarira Reweli,  Oholibama abyara Yewushi na Yalamu na Kora.+ Abo ni bo bahungu ba Esawu, abo yabyariye mu gihugu cy’i Kanani.  Hanyuma Esawu afata abagore be n’abahungu be n’abakobwa be n’abantu bose bo mu rugo rwe n’amashyo ye n’andi matungo ye yose n’ubutunzi bwe bwose,+ ibyo yari yararonkeye mu gihugu cy’i Kanani byose, maze ajya mu kindi gihugu kure ya murumuna we Yakobo,+  kuko ubutunzi bwabo bwari bwarabaye bwinshi cyane ku buryo batashoboraga kubana, kandi igihugu bari batuyemo ari abimukira nticyari kikibahagije bitewe n’amashyo yabo menshi.+  Esawu atura mu karere k’imisozi miremire ya Seyiri.+ Esawu ni we Edomu.+  Iyi ni yo nkuru ivuga iby’amateka ya Esawu, sekuruza w’Abedomu bo mu karere k’imisozi miremire ya Seyiri.+ 10  Aya ni yo mazina ya bene Esawu: hari Elifazi umuhungu wa Ada umugore wa Esawu, na Reweli umuhungu wa Basemati umugore wa Esawu.+ 11  Bene Elifazi ni Temani,+ Omari, Sefo, Gatamu na Kenazi.+ 12  Kandi Timuna+ yari inshoreke ya Elifazi umuhungu wa Esawu. Nyuma y’igihe runaka abyarira Elifazi Amaleki.+ Abo ni bo bahungu ba Ada umugore wa Esawu. 13  Aba ni bo bene Reweli: hari Nahati, Zera, Shama na Miza.+ Abo ni bo bahungu ba Basemati+ umugore wa Esawu. 14  Aba ni bo bahungu ba Oholibama umugore wa Esawu, umukobwa wa Ana, akaba n’umwuzukuru wa Sibeyoni, abo yabyariye Esawu, ari bo Yewushi, Yalamu na Kora.+ 15  Aba ni bo batware+ bakomoka kuri bene Esawu: bene Elifazi imfura ya Esawu ni umutware Temani,+ umutware Omari, umutware Sefo, umutware Kenazi, 16  umutware Kora, umutware Gatamu n’umutware Amaleki. Abo ni bo batware bakomoka kuri Elifazi,+ mu gihugu cya Edomu. Abo ni bo bahungu ba Ada. 17  Aba ni bo bene Reweli umuhungu wa Esawu: umutware Nahati, umutware Zera, umutware Shama n’umutware Miza. Abo ni bo batware bakomoka kuri Reweli, mu gihugu cya Edomu.+ Abo ni bo bahungu ba Basemati umugore wa Esawu. 18  Aba ni bo bahungu ba Oholibama umugore wa Esawu: umutware Yewushi, umutware Yalamu n’umutware Kora. Abo ni bo batware bakomoka kuri Oholibama umugore wa Esawu, umukobwa wa Ana. 19  Abo ni bo bene Esawu, ari we Edomu,+ kandi abo ni bo batware babakomokaho. 20  Aba ni bo bene Seyiri w’Umuhori, ari na bo batuye muri icyo gihugu:+ hari Lotani na Shobali na Sibeyoni na Ana+ 21  na Dishoni na Eseri na Dishani.+ Abo ni bo batware b’Abahori, bene Seyiri, mu gihugu cya Edomu. 22  Bene Lotani ni Hori na Hemamu, kandi mushiki wa Lotani yitwaga Timuna.+ 23  Aba ni bo bene Shobali: hari Alivani na Manahati na Ebali na Shefo na Onamu. 24  Aba ni bo bene Sibeyoni: hari Ayiya na Ana. Uwo Ana ni we wabonye amashyuza mu butayu igihe yari aragiye indogobe za se Sibeyoni.+ 25  Aba ni bo bana ba Ana: hari Dishoni na Oholibama umukobwa wa Ana. 26  Aba ni bo bene Dishoni: hari Hemudani na Eshibani na Yitirani na Kerani.+ 27  Aba ni bo bene Eseri: hari Biluhani na Zavani na Akani. 28  Aba ni bo bene Dishani: hari Usi na Arani.+ 29  Aba ni bo batware b’Abahori: hari umutware Lotani, umutware Shobali, umutware Sibeyoni, umutware Ana, 30  umutware Dishoni, umutware Eseri n’umutware Dishani.+ Abo ni bo batware b’Abahori nk’uko abatware babo bari bari mu gihugu cya Seyiri. 31  Aba ni bo bami bategetse mu gihugu cya Edomu+ mbere y’uko hagira umwami uwo ari we wese utegeka Abisirayeli.+ 32  Bela mwene Bewori yategetse muri Edomu,+ kandi umugi yategekaga witwaga Dinihaba. 33  Bela aratanga, Yobabu mwene Zera w’i Bosira+ atangira gutegeka mu cyimbo cye.+ 34  Yobabu aratanga, Hushamu wo mu gihugu cy’Abatemani+ atangira gutegeka mu cyimbo cye.+ 35  Hushamu aratanga, Hadadi mwene Bedadi, ari na we watsinze Abamidiyani+ mu gihugu cy’i Mowabu+ atangira gutegeka mu cyimbo cye, kandi umugi yategekaga witwaga Aviti.+ 36  Hadadi aratanga, Samula w’i Masireka atangira gutegeka mu cyimbo cye.+ 37  Samula aratanga, Shawuli w’i Rehoboti kuri rwa Ruzi atangira gutegeka mu cyimbo cye.+ 38  Shawuli aratanga, Bayali-Hanani mwene Akibori atangira gutegeka mu cyimbo cye.+ 39  Bayali-Hanani mwene Akibori aratanga, Hadari atangira gutegeka mu cyimbo cye, kandi umugi yategekaga witwaga Pawu, n’umugore we yitwaga Mehetabeli, umukobwa wa Matiredi, umukobwa wa Mezahabu.+ 40  Aya ni yo mazina y’abatware bakomoka kuri Esawu nk’uko imiryango yabo yari iri n’aho bari batuye, nk’uko amazina yabo ari: hari umutware Timuna, umutware Aliva, umutware Yeteti,+ 41  umutware Oholibama, umutware Ela, umutware Pinoni,+ 42  umutware Kenazi, umutware Temani, umutware Mibusari,+ 43  umutware Magidiyeli n’umutware Iramu. Abo ni bo batware bakomoka kuri Edomu+ nk’uko bari batuye mu gihugu cyabo.+ Uwo ni we Esawu, sekuruza w’Abedomu.+

Ibisobanuro ahagana hasi