Intangiriro 22:1-24

22  Nyuma yaho Imana y’ukuri igerageza Aburahamu,+ iramuhamagara iti “Aburahamu!” Aritaba ati “karame!”+  Iramubwira iti “fata Isaka+ umuhungu wawe, umwana wawe w’ikinege ukunda cyane,+ mujye mu gihugu cy’i Moriya,+ nimugerayo umutambeho igitambo gikongorwa n’umuriro, kuri umwe mu misozi nzakwereka.”+  Nuko Aburahamu azinduka kare mu gitondo ategura indogobe ye, afata abagaragu be babiri n’umuhungu we Isaka,+ kandi yasa inkwi zo kosa igitambo. Hanyuma arahaguruka ajya ahantu Imana y’ukuri yari yamubwiye.  Ku munsi wa gatatu Aburahamu yubura amaso akiri kure atangira kubona aho hantu.  Nuko Aburahamu abwira abagaragu be+ ati “musigarane n’indogobe hano, naho jye n’uyu muhungu tugiye hirya hariya gusenga,+ hanyuma turagaruka aho muri.”  Hanyuma Aburahamu afata inkwi zo kosa igitambo azikorera umuhungu we Isaka,+ na we afata umuriro n’icyuma, maze barajyana.+  Isaka ahamagara se Aburahamu ati “data!”+ Na we ati “ndakumva mwana wanjye!”+ Nuko aramubaza ati “ko mbona umuriro n’inkwi, intama yo gutamba ho igitambo gikongorwa n’umuriro iri he?”+  Aburahamu aramubwira ati “mwana wa, Imana iri buduhe intama yo gutamba ho igitambo gikongorwa n’umuriro.”+ Nuko bombi bakomeza urugendo.  Amaherezo bagera ha hantu Imana y’ukuri yari yamubwiye, nuko Aburahamu ahubaka igicaniro,+ agitondekaho inkwi, aboha umuhungu we Isaka amaboko n’amaguru, maze amurambika ku gicaniro hejuru y’inkwi.+ 10  Aburahamu arambura ukuboko kwe afata icyuma agira ngo yice umuhungu we.+ 11  Ariko umumarayika wa Yehova amuhamagara ari mu ijuru, aramubwira+ ati “Aburahamu, Aburahamu!” Na we aritaba ati “karame!” 12  Aramubwira ati “nturamburire ukuboko kuri uwo muhungu kandi ntugire icyo umutwara,+ kuko ubu noneho menye ko utinya Imana kuko utanyimye umwana wawe, umuhungu wawe w’ikinege.”+ 13  Nuko Aburahamu yubura amaso areba imbere ye abona imfizi y’intama, amahembe yayo yafashwe mu gihuru. Aburahamu aragenda afata iyo mfizi y’intama ayitamba ho igitambo gikongorwa n’umuriro mu cyimbo cy’umuhungu we.+ 14  Aburahamu yita aho hantu Yehova-Yire. Ni yo mpamvu kugeza n’uyu munsi bakunze kuvuga bati “ku musozi wa Yehova azatanga ibikenewe.”+ 15  Nuko umumarayika wa Yehova ahamagara Aburahamu ubwa kabiri ari mu ijuru, 16  aramubwira ati “‘jyewe ubwanjye ndirahiye,’ ni ko Yehova avuga,+ ‘ko ubwo wagenje utyo ntunyime umwana wawe, umuhungu wawe w’ikinege,+ 17  nanjye nzaguha umugisha rwose. Nzagwiza urubyaro rwawe rungane n’inyenyeri zo mu ijuru, rungane n’umusenyi wo ku nkombe y’inyanja,+ kandi urubyaro rwawe ruzigarurira amarembo y’abanzi barwo.+ 18  Amahanga yose yo mu isi azihesha umugisha binyuze ku rubyaro rwawe+ kubera ko wanyumviye.’”+ 19  Hanyuma Aburahamu asubira aho abagaragu be bari, maze barahaguruka basubirana i Beri-Sheba,+ Aburahamu akomeza gutura i Beri-Sheba. 20  Nyuma yaho inkuru igera kuri Aburahamu igira iti “Miluka+ na we yabyariye umuvandimwe wawe Nahori+ abana b’abahungu: 21  imfura ye ni Usi, na murumuna we Buzi,+ na Kemuweli se wa Aramu, 22  na Kesedi na Hazo na Piludashi na Yidilafu na Betuweli.”+ 23  Betuweli yabyaye Rebeka.+ Abo uko ari umunani Miluka yababyariye Nahori umuvandimwe wa Aburahamu. 24  Nanone Nahori yari afite inshoreke yitwaga Rewuma, yaje kubyara Teba na Gahamu na Tahashi na Maka.+

Ibisobanuro ahagana hasi