Imigani 7:1-27

7  Mwana wanjye, ukomeze amagambo yanjye+ kandi amategeko yanjye uyizirikeho.+  Ukomeze amategeko yanjye kugira ngo ukunde ubeho,+ kandi uyarinde nk’imboni+ y’ijisho ryawe.  Ujye uyahambira ku ntoki zawe+ kandi uyandike ku mutima wawe.+  Ubwire ubwenge+ uti “uri mushiki wanjye,” naho ubushobozi bwo gusobanukirwa ubwite “mwene wanyu,”  kugira ngo bikurinde umugore wiyandarika,+ bikurinde umugore w’umunyamahanga uvuga utugambo turyohereye.+  Nari mu idirishya*+ ry’inzu yanjye maze ndeba hanze  kugira ngo nitegereze abantu bataraba inararibonye.+ Mu bahungu nabonyemo umusore utagira umutima,+ aranshishikaza cyane.  Yagendaga mu muhanda, hafi y’aho uwo mugore yari atuye mu ihuriro ry’imihanda, maze yerekeza ku nzu ye.+  Hari nimugoroba mu kabwibwi,+ bugiye kwira, ku mugoroba wa joro. 10  Nuko umugore aza kumusanganira yambaye imyenda y’indaya+ kandi afite ubucakura mu mutima. 11  Ni umugore usamara kandi w’impambiranyi.+ Akarenge ke ntigahama mu nzu.+ 12  Rimwe aba ari hanze, ubundi akaba ari ku karubanda,+ ubundi akaba ari hafi y’ihuriro ry’imihanda ari ho ategerereje.+ 13  Afata uwo musore maze aramusoma,+ amubwira nta soni ati 14  “Nagombaga gutura ibitambo bisangirwa,+ kandi uyu munsi nahiguye imihigo yanjye.+ 15  Ni yo mpamvu naje kugusanganira nshaka mu maso hawe kugira ngo nkubone. 16  Uburiri bwanjye nabushashe neza kandi nabworosheho imyenda myiza y’amabara menshi yo muri Egiputa.+ 17  Nabuminjagiyeho ishangi n’umusagavu n’umubavu wa sinamomu.+ 18  Ngwino tunywe urukundo rwacu dushire inyota tugeze mu gitondo, twishimane tugaragarizanya urukundo.+ 19  Kuko umugabo wanjye adahari; yagiye mu rugendo rwa kure.+ 20  Yagiye yitwaje uruhago rw’amafaranga kandi azagaruka mu rugo ukwezi kuzoye.” 21  Nuko amuyobesha ubuhanga bwe bwinshi bwo kwemeza,+ amushukisha iminwa ye ishyeshya.+ 22  Ako kanya uwo musore ahita amukurikira+ ameze nk’ikimasa kigiye kubagwa, cyangwa umupfapfa babohesheje imihama bamujyanye mu ihaniro, 23  kugeza igihe umwambi wamuhinguranyirije umwijima,+ ameze nk’inyoni yihutira kugwa mu mutego;+ ntiyamenye ko ibyo bishyira ubugingo bwe mu kaga.+ 24  None rero bana banjye, nimuntege amatwi kandi mwitondere amagambo aturuka mu kanwa kanjye.+ 25  Umutima wawe ntugateshuke ngo werekere mu nzira ze, kandi ntugacaracare mu mihanda y’iwe.+ 26  Kuko abo yagushije bagapfa ari benshi,+ kandi abo akomeje kwica na bo ni benshi.+ 27  Inzu ye ni inzira igana mu mva,+ imanuka ijya aho abapfuye bari.+

Ibisobanuro ahagana hasi