Imigani 6:1-35

6  Mwana wanjye, niba warishingiye mugenzi wawe,+ niba waragiranye amasezerano n’umunyamahanga mugakorana mu ntoki,+  niba waraguye mu mutego w’amagambo yaturutse mu kanwa kawe,+ ugafatwa n’amagambo y’akanwa kawe,  mwana wanjye, kubera ko waguye mu maboko ya mugenzi wawe,+ bigenze utya kugira ngo wibohore: genda wicishe bugufi, winginge mugenzi wawe umutitiriza.+  Ntukemerere amaso yawe gusinzira, kandi ntukemerere amaso yawe gutora agatotsi.+  Ibohore nk’isirabo iva mu maboko y’umuhigi, nk’inyoni iva mu maboko y’umutezi w’inyoni.+  Wa munebwe we,+ sanga ikimonyo;+ witegereze imigenzereze yacyo maze ube umunyabwenge.  Nubwo kitagira umuyobozi cyangwa umutware cyangwa umutegetsi,  cyitegurira ibyokurya mu mpeshyi+ kandi kikihunikira ibyokurya mu gihe cy’isarura.  Wa munebwe we, uzaryamira ugeze ryari?+ Uzakanguka ryari?+ 10  Reka nongere nsinzire ho gato, mpunikire ho gato, nirambike ho gato nipfunyapfunye;+ 11  ubukene buzakugwa gitumo bumeze nk’umwambuzi,+ n’ubutindi bugutere bumeze nk’umuntu witwaje intwaro.+ 12  Umuntu utagira umumaro,+ w’inkozi y’ibibi, agenda avuga amagambo agoramye,+ 13  akicirana ijisho,+ agacisha amarenga ikirenge cye n’intoki ze.+ 14  Umutima we warononekaye.+ Ahora acura imigambi yo kugira nabi.+ Ahora akurura amakimbirane.+ 15  Ni yo mpamvu ibyago bizamugeraho bimutunguye;+ azavunika mu kanya nk’ako guhumbya, kandi ntazabona ikimukiza.+ 16  Hariho ibintu bitandatu Yehova yanga;+ ndetse ni birindwi ubugingo bwe bwanga urunuka:+ 17  amaso y’ubwibone,+ ururimi rubeshya+ n’amaboko avusha amaraso y’utariho urubanza,+ 18  umutima ucura imigambi mibisha,+ ibirenge byirukira kugira nabi,+ 19  umuhamya ushinja ibinyoma+ n’umuntu wese ukurura amakimbirane hagati y’abavandimwe.+ 20  Mwana wanjye, jya ukomeza itegeko rya so+ kandi ntukareke icyo nyoko agutegeka.+ 21  Uhore ubihambiriye ku mutima wawe;+ ubyizirike mu ijosi.+ 22  Mu gihe uzaba ugenda bizakuyobora;+ mu gihe uzaba uryamye bizakurinda,+ kandi nukanguka, bizakwitaho. 23  Kuko itegeko ari itara,+ kandi amategeko ni urumuri,+ n’ibihano bikosora ni inzira y’ubuzima,+ 24  kugira ngo bikurinde umugore mubi,+ kandi bikurinde akarimi gashyeshya k’umugore wiyandarika.+ 25  Ntukifuze ubwiza bwe mu mutima wawe+ kandi ntakakureshyeshye amaso ye meza,+ 26  kuko umugore w’indaya atuma umuntu asigara ku kamanyu k’umugati,+ kandi umugore w’undi mugabo ahiga ubugingo bw’igiciro cyinshi.+ 27  Mbese umuntu yashyira umuriro mu gituza cye imyenda ye ntishye?+ 28  Cyangwa umuntu yakandagira amakara yaka, ibirenge bye ntibibabuke? 29  Uko ni ko bigendekera umuntu wese uryamana n’umugore wa mugenzi we;+ umukoraho wese ntazabura guhanwa.+ 30  Abantu ntibasuzugura umujura bitewe gusa n’uko yibye ashonje, ashaka guhaza ubugingo bwe. 31  Ariko iyo afashwe, ibyo yibye abiriha ibibikubye karindwi, agatanga ibintu byose by’agaciro byo mu nzu ye.+ 32  Umuntu wese usambana n’umugore ntagira umutima;+ ubikora arimbuza ubugingo bwe.+ 33  Azabona ibyago atakaze n’icyubahiro,+ kandi igisebo cye ntikizahanagurika.+ 34  Kuko ifuhe ry’umugabo+ rimutera kurakara cyane, kandi ntazagira impuhwe ku munsi wo guhora.+ 35  Ntazita ku ncungu iyo ari yo yose, kandi naho impano umuha zaba ari nyinshi zite, ntazemera.

Ibisobanuro ahagana hasi