Imigani 5:1-23

5  Mwana wanjye, wite ku bwenge bwanjye+ kandi utege amatwi ibyo nkwigisha ku bushishozi,+  kugira ngo ubashe kurinda ubushobozi bwawe bwo kwiyumvisha ibintu+ kandi iminwa yawe ikomeze ubumenyi.+  Kuko iminwa y’umugore wiyandarika* ikomeza gutonyanga nk’umushongi w’ubuki bwo mu binyagu,+ kandi urusenge rw’akanwa ke rworohereye kurusha amavuta.+  Ariko ingaruka ze zirura nk’igiti gisharira cyane,+ kandi zikomeretsa nk’inkota ifite ubugi impande zombi.+  Ibirenge bye bimanuka bijya mu rupfu,+ kandi intambwe ze zihora mu nzira igana mu mva.*+  Ntajya atekereza inzira y’ubuzima,+ kandi agenda atazi iyo agana.+  None rero bana banjye, nimunyumve+ kandi ntimukirengagize amagambo aturuka mu kanwa kanjye.+  Umugendere kure kandi ntukegere umuryango w’inzu ye,+  kugira ngo icyubahiro cyawe utagiha abandi,+ n’imyaka y’ubuzima bwawe ukayigurana ibintu byangiza;+ 10  kugira ngo abanyamahanga badahaga imbaraga zawe,+ cyangwa ngo ibyo waruhiye bibe mu nzu y’undi;+ 11  kugira ngo utazaniha mu gihe kizaza,+ igihe umubiri wawe wose uzaba washizeho.+ 12  Icyo gihe ukazavuga uti “dore nanze guhanwa,+ n’umutima wanjye ntiwemera gucyahwa!+ 13  Sinumviye ijwi ry’abigisha banjye+ kandi sinateze amatwi ibyo banyigishaga.+ 14  Nuko bidatinze mpita nishora mu bikorwa bibi by’ubwoko bwose+ imbere y’iteraniro ryose.”+ 15  Ujye unywa amazi yo mu iriba ryawe, n’amazi atemba aturutse mu isoko yawe.+ 16  Mbese amasoko yawe akwiriye gusandarira hanze+ n’imigezi yawe igasandarira ku karubanda? 17  Ajye aba ayawe wenyine, ntakabe ay’abanyamahanga bari kumwe nawe.+ 18  Isoko y’amazi yawe nihabwe umugisha,+ kandi ujye wishimana n’umugore wo mu busore bwawe,+ 19  akubere nk’imparakazi ikundwa, nk’isirabo* iteye ubwuzu.+ Amabere ye ahore akunezeza,+ kandi urukundo rwe rutume uhora unezerewe cyane.+ 20  None se mwana wanjye, kuki watwarwa n’umugore wiyandarika, kandi ugapfumbata umugore w’umunyamahanga?+ 21  Yehova areba inzira z’umuntu+ kandi yitegereza intambwe ze zose.+ 22  Umuntu mubi azafatwa n’amakosa ye+ kandi ingoyi z’icyaha cye ni zo zizamuboha.+ 23  Azapfa azize ko yabuze gihana,+ no kubera ko yayobejwe n’ubupfapfa bwe bwinshi.+

Ibisobanuro ahagana hasi