Imigani 31:1-31

31  Amagambo y’umwami Lemuweli akubiyemo ubutumwa bukomeye+ nyina yamubwiye amukosora:+  Nkubwire iki se mwana wanjye, nkubwire iki mwana nikuriye mu nda,+ kandi nkubwire iki mwana wanjye nahigiye umuhigo?+  Ntugahe abagore imbaraga zawe,+ kandi inzira zawe ntukazerekeze mu birimbuza abami.+  Lemuweli we, ntibikwiriye ko abami banywa divayi, ibyo ntibikwiriye rwose ku bami, kandi ntibikwiriye ko abatware bakuru babaririza bati “inzoga zahiye he?,”+  kugira ngo hatagira unywa maze akibagirwa ibyategetswe kandi akagoreka urubanza rw’imbabare.+  Ibinyobwa bisindisha mubihe ugiye gupfa,+ na divayi muyihe ufite intimba ku mutima,+  kugira ngo anywe yibagirwe ubukene bwe kandi ye kongera kwibuka ingorane ze.  Bumbura akanwa kawe uvugire abadashobora kuvuga,+ uburanire abagiye gupfa bose.+  Bumbura akanwa kawe uce urubanza rutabera kandi urenganure imbabare n’umukene.+ א [Alefu] 10  Umugore ushoboye ni nde wamubona?+ Agaciro ke karuta kure ak’amabuye ya marijani. ב [Beti] 11  Umutima w’umugabo we uramwiringira, kandi nta cyo abura.+ ג [Gimeli] 12  Mu minsi yose yo kubaho kwe, amuhesha ingororano y’ibyiza, si ibibi.+ ד [Daleti] 13  Yashatse ubwoya n’ubudodo bwiza cyane kandi akora ibyo amaboko ye yishimira byose.+ ה [He] 14  Ameze nk’amato y’abacuruzi;+ ibyokurya bye abikura kure cyane. ו [Wawu] 15  Abyuka kare butaracya,+ agaha abo mu rugo rwe ibyokurya kandi agaha abaja be umugabane bagenewe.+ ז [Zayini] 16  Yarambagije umurima maze arawugura;+ yateye uruzabibu ruvuye mu mbuto z’amaboko ye.+ ח [Heti] 17  Yakenyeye imbaraga kandi akomeza amaboko ye.+ ט [Teti] 18  Yabonye ko ubucuruzi bwe bugenda neza; itara rye ntirizima nijoro.+ י [Yodi] 19  Yarambuye amaboko ye afata igiti gitunganyirizwaho ubudodo, kandi amaboko ye afata igiti babuzingiraho.+ כ [Kafu] 20  Yaramburiye ibiganza imbabare, kandi yarambuye amaboko afasha umukene.+ ל [Lamedi] 21  Ntagirira impungenge abo mu rugo rwe mu gihe cy’imbeho, kuko bose baba bambaye imyenda ibiri yomekeranye.+ מ [Memu] 22  Yiboheye ibyo kwiyorosa,+ kandi imyambaro ye iboshye mu budodo bwiza cyane no mu bwoya buteye ibara ry’isine.+ נ [Nuni] 23  Umugabo we+ amenyekana mu marembo+ iyo yicaranye n’abakuru bo mu gihugu. ס [Sameki] 24  Yaboshye amakanzu+ arayagurisha, n’imikandara ayiha abacuruzi. ע [Ayini] 25  Imbaraga n’icyubahiro ni byo myambaro ye,+ kandi ntatinya ejo hazaza.+ פ [Pe] 26  Abumbura akanwa ke akavuga iby’ubwenge,+ kandi itegeko ry’ineza yuje urukundo riri ku rurimi rwe.+ צ [Tsade] 27  Akurikiranira hafi ibyo mu rugo rwe, kandi ntarya ibyokurya by’ubute.+ ק [Kofu] 28  Abana be barahagurutse bamwita uhiriwe;+ umugabo we na we arahaguruka akamushima,+ ati ר [Reshi] 29  “Hari abagore benshi+ bagaragaje ko bashoboye, ariko wowe urabaruta bose.”+ ש [Shini] 30  Ubwiza bushobora gushukana,+ kandi uburanga ni ubusa;+ ariko umugore utinya Yehova ni we wihesha ishimwe.+ ת [Tawu] 31  Mumuhe ku mbuto z’amaboko ye,+ kandi imirimo ye itume ashimwa mu marembo.+

Ibisobanuro ahagana hasi