Imigani 29:1-27

29  Umuntu uhora acyahwa+ ariko agashinga ijosi,+ azavunagurika atunguwe kandi nta kizamukiza.+  Iyo abakiranutsi babaye benshi abantu barishima,+ ariko iyo umuntu mubi ategetse abantu basuhuza umutima.+  Umuntu ukunda ubwenge ashimisha se,+ ariko ucudika n’indaya yangiza ibintu by’agaciro.+  Umwami utegekesha ubutabera atuma igihugu cye gikomera,+ ariko uwakira impongano aragisenya.+  Umugabo ushyeshyenga mugenzi we+ aba ateze intambwe ze urushundura.+  Mu gicumuro cy’umuntu mubi harimo umutego,+ ariko umukiranutsi arangurura ijwi ry’ibyishimo akanezerwa.+  Umukiranutsi amenya urubanza rw’aboroheje,+ ariko umuntu mubi ntarwitaho.+  Abantu bavuga amagambo yo kwiyemera bakongeza umugi,+ ariko abanyabwenge bacubya uburakari.+  Iyo umuntu w’umunyabwenge aburana n’umupfapfa, umupfapfa ararakara cyane kandi agaseka maze akamubuza amahwemo.+ 10  Abantu bafite inyota yo kumena amaraso banga umuntu wese w’inyangamugayo,+ ariko abakiranutsi bo bakomeza gushaka uko barinda ubugingo bwa buri wese.+ 11  Umupfapfa aratomboka agasuka ibiri mu mutima we byose, ariko umunyabwenge akomeza gutuza.+ 12  Iyo umutware yumva amabwire, abamukorera bose baba babi.+ 13  Umukene n’umuntu ukandamiza bafite icyo bahuriyeho;+ Yehova ni we umurikira amaso yabo bombi.+ 14  Iyo umwami acira aboroheje urubanza rw’ukuri,+ intebe ye y’ubwami irakomera kugeza iteka ryose.+ 15  Inkoni n’igihano ni byo bitanga ubwenge,+ ariko umwana udahanwa azakoza nyina isoni.+ 16  Iyo ababi babaye benshi ibicumuro biragwira, ariko bazagwa abakiranutsi babareba.+ 17  Hana umwana wawe na we azakuruhura kandi atume ubugingo bwawe bwishima cyane.+ 18  Iyo hatariho ubuyobozi buturutse ku Mana abantu barirekura;+ ariko hahirwa abakomeza amategeko.+ 19  Umugaragu ntakosorwa n’amagambo gusa,+ kuko ayumva nyamara ntayiteho.+ 20  Ese wigeze kubona umuntu uhubuka mu byo avuga?+ Umupfapfa yagira ibyiringiro kumurusha.+ 21  Iyo umuntu atetesheje umugaragu we kuva akiri muto, amaherezo aba indashima. 22  Umuntu ukunda kurakara abyutsa amakimbirane,+ kandi ukunda kugira umujinya agwiza ibicumuro.+ 23  Kwishyira hejuru k’umuntu wakuwe mu mukungugu kuzamucisha bugufi,+ ariko uwicisha bugufi mu mutima azahabwa icyubahiro.+ 24  Uwifatanya n’umujura aba yanze ubugingo bwe.+ Ashobora kumva indahiro irimo umuvumo ariko ntabivuge.+ 25  Gutinya abantu kugusha mu mutego,+ ariko uwiringira Yehova azarindwa.+ 26  Abashaka mu maso h’umutware ni benshi,+ ariko urubanza rw’umuntu ruturuka kuri Yehova.+ 27  Abakiranutsi banga urunuka umuntu urenganya,+ kandi umuntu mubi yanga urunuka ugendera mu nzira itunganye.+

Ibisobanuro ahagana hasi