Imigani 28:1-28

28  Umuntu mubi ahunga nta wumwirukanye,+ ariko abakiranutsi bameze nk’umugunzu w’intare wiyizeye.+  Iyo igihugu kirimo ibicumuro, abatware bacyo basimburana ari benshi,+ ariko umuntu ushishoza akamenya ibikwiriye atuma umutware aramba ku butegetsi.+  Umugabo w’umukene uriganya+ aboroheje ameze nk’imvura ikukumba byose ntihaboneke ibyokurya.  Abareka amategeko bashima umuntu mubi,+ ariko abakomeza amategeko bahagurukira kubarwanya.+  Abakunda gukora ibibi ntibashobora gusobanukirwa imanza zitabera, ariko abashaka Yehova bashobora gusobanukirwa ibintu byose.+  Umukene ugendera mu nzira itunganye aruta umuntu ugendera mu nzira zigoramye nubwo yaba ari umukire.+  Umwana ujijutse yumvira amategeko,+ ariko ugirana ubucuti n’abanyandanini akoza se isoni.+  Uwigwizaho ibintu by’agaciro yaka abantu inyungu+ cyangwa akabashakamo indonke, aba abirundanya kugira ngo bizabe iby’ugirira neza aboroheje.+  Uwiziba amatwi ngo atumva amategeko,+ n’isengesho rye riba ari ikintu cyangwa urunuka.+ 10  Uyobya abakiranutsi+ agatuma bagendera mu nzira mbi na we azagwa mu rwobo yicukuriye,+ ariko abantu b’indakemwa bo bazatunga ibyiza.+ 11  Umukire yiyita umunyabwenge,+ ariko umuntu woroheje ufite ubushishozi aramuhinyuza.+ 12  Iyo abakiranutsi bishimye+ biba ari byiza cyane, ariko iyo ababi bafashe ubutegetsi, abantu bariyoberanya.+ 13  Uhisha ibicumuro bye nta cyo azageraho,+ ariko ubyatura kandi akabireka azababarirwa.+ 14  Hahirwa umuntu uhora atinya,+ ariko uwinangira umutima azahura n’akaga.+ 15  Umutegetsi mubi utegeka abantu boroheje ameze nk’intare itontoma cyangwa idubu ivudukanye umuhigo.+ 16  Umuyobozi utagira ubushishozi nyakuri akora ibintu byinshi by’uburiganya,+ ariko uwanga indamu mbi+ azarama iminsi myinshi. 17  Umuntu uremerewe n’urubanza rw’amaraso y’ubugingo yishe, azahunga kugeza aguye mu rwobo.+ Ntihakagire abamutangira. 18  Ugendera mu nzira iboneye azakizwa,+ ariko ugendera mu nzira zigoramye azagwa ubuteguka.+ 19  Uhinga ubutaka bwe azagira ibyokurya bihagije,+ ariko ukurikira ibitagira umumaro azahaga ubutindi.+ 20  Umuntu w’indahemuka azabona imigisha myinshi,+ ariko uwihutira kuronka ubutunzi ntazakomeza kuba umwere.+ 21  Kurobanura ku butoni si byiza,+ kandi si byiza ko umuntu w’umugabo acumuzwa n’akamanyu k’umugati. 22  Umuntu ufite ijisho rirarikira yiruka inyuma y’ibintu by’agaciro,+ ariko ntamenye ko ubukene buzamugwa gitumo. 23  Ucyaha umuntu,+ nyuma yaho azatoneshwa kurusha ushyeshyengesha ururimi rwe. 24  Uwiba se na nyina+ maze akavuga ati “nta cyaha nakoze,”+ aba ari mugenzi w’umurimbuzi. 25  Umuntu ufite umutima w’ubwibone akurura amakimbirane,+ ariko uwiringira Yehova azabyibuha.+ 26  Uwiringira umutima we ni umupfapfa,+ ariko ugendera mu nzira y’ubwenge azarokoka.+ 27  Uha umukene ntazakena,+ ariko umwima amaso azavumwa imivumo myinshi.+ 28  Iyo ababi bahagurutse abantu barihisha,+ ariko iyo barimbutse abakiranutsi baba benshi.+

Ibisobanuro ahagana hasi