Imigani 27:1-27

27  Ntukiratane iby’ejo+ kuko utazi icyo uwo munsi uhatse.+  Ujye ushimwa n’umunyamahanga aho gushimwa n’akanwa kawe, kandi ujye ushimwa n’abandi aho gushimwa n’iminwa yawe.+  Ibuye riraremera n’umusenyi ni umutwaro,+ ariko kubuzwa amahwemo n’umupfapfa biremera kurusha ibyo byombi.+  Uburakari bukaze bubamo ubugome kandi umujinya umeze nk’isuri,+ ariko se ni nde wakwihanganira ishyari?+  Gucyaha umuntu ku mugaragaro + biruta urukundo ruhishwe.  Ibikomere bitewe n’umukunzi bizanwa n’ubudahemuka,+ ariko umuntu ukwanga no kugusoma ubwabyo ugomba kubimwingingira.+  Uwijuse akandagira mu buki, ariko ushonje ibisharira byose biramuryohera.+  Umuntu uhunga akava iwe,+ ameze nk’inyoni ihunga ikava mu cyari cyayo.+  Amavuta n’umubavu+ bishimisha umutima nk’uko umuntu ashimishwa n’incuti imuhaye inama zivuye ku mutima.+ 10  Ntugate incuti yawe cyangwa incuti ya so, kandi ntukirushye ujya gutabaza umuvandimwe wawe umunsi wagize ibyago, kuko umuturanyi uri hafi aruta umuvandimwe uri kure.+ 11  Mwana wanjye, gira ubwenge kandi ushimishe umutima wanjye,+ kugira ngo mbashe gusubiza untuka.+ 12  Umunyamakenga iyo abonye amakuba aje arihisha,+ ariko utaraba inararibonye arakomeza akagenda agahura n’akaga.+ 13  Fatira umwambaro w’umuntu niba yarishingiye umunyamahanga,+ kandi niba yaragiranye imishyikirano n’umugore wiyandarika, umwake ingwate.+ 14  Uzinduka kare mu gitondo akajya kwifuriza mugenzi we umugisha asakuza, bizamubera nk’umuvumo.+ 15  Umugore w’ingare ameze nk’igisenge kiva kikirukana umuntu mu gihe cy’imvura idahita.+ 16  Umuhishe aba ameze nk’uhishe umuyaga, ukuboko kwe kw’iburyo kujya kumufata kugahura n’amavuta. 17  Nk’uko icyuma gityaza ikindi, ni ko n’umuntu atyaza mugenzi we.+ 18  Urinda igiti cy’umutini azarya imbuto zacyo,+ kandi urinda shebuja azahabwa icyubahiro.+ 19  Nk’uko umuntu yirebera mu mazi, ni ko n’umutima w’umuntu wirebera mu w’undi. 20  Nk’uko imva n’ahantu ho kurimbukira+ bidahaga,+ ni ko n’amaso y’umuntu adahaga.+ 21  Ifeza itunganyirizwa mu mvuba,+ naho zahabu igatunganyirizwa mu ruganda,+ kandi ishimwe ry’umuntu rigaragaza uwo ari we.+ 22  Niyo wafata umuhini ugasekurira umupfapfa mu isekuru hamwe n’impeke zisekuye ukamunoza, ubupfapfa bwe ntibwamuvamo.+ 23  Ukwiriye kumenya neza uko umukumbi wawe umeze, kandi ujye ushyira umutima ku matungo yawe,+ 24  kuko ubutunzi butazahoraho iteka ryose+ kandi ikamba ntirizahoraho ibihe byose. 25  Ubwatsi bubisi bwavuyeho haboneka ubwatsi bushya, kandi ibyatsi byo mu misozi byararundanyijwe.+ 26  Amasekurume y’intama akiri mato ni yo akwambika,+ n’amasekurume y’ihene ni ikiguzi cy’umurima. 27  Uzagira amahenehene ahagije agutunge wowe n’abo mu rugo rwawe, kandi abesheho+ abakobwa bawe.

Ibisobanuro ahagana hasi