Imigani 26:1-28

26  Nk’uko shelegi idakwiriye mu mpeshyi, n’imvura mu gihe cy’isarura,+ ni ko n’icyubahiro kidakwiriye umupfapfa.+  Nk’uko inyoni ihunga hari impamvu n’intashya ikaguruka hari impamvu, ni ko n’umuvumo utaza nta mpamvu nyakuri.+  Nk’uko ikiboko gikwiriye ifarashi,+ imikoba+ na yo ikaba ikwiriye indogobe, ni ko n’inkoni ikwiriye umugongo w’abapfapfa.+  Ntugasubize umupfapfa ukurikije ubupfapfa bwe, kugira ngo utamera nka we.+  Subiza umupfapfa ukurikije ubupfapfa bwe, kugira ngo atibwira ko ari umunyabwenge.+  Umuntu ufata ibintu bye akabishinga umupfapfa,+ ameze nk’uca ibirenge bye cyangwa uwikururira akaga.  Mbese amaguru y’uwaremaye yabasha kuvoma amazi? Ubwo n’akanwa k’abapfapfa kashobora guca umugani.+  Umuntu uha umupfapfa icyubahiro+ ameze nk’utsindagira ibuye mu kirundo cy’amabuye.  Umugani uva mu kanwa k’abapfapfa+ umeze nk’amahwa mu kiganza cy’umusinzi. 10  Ukoresha umupfapfa+ cyangwa umugenzi wihitira, ameze nk’umurashi urasa agahinguranya ibyo abonye byose. 11  Nk’uko imbwa isubira ku birutsi byayo, ni ko n’umupfapfa asubira ku bupfapfa bwe.+ 12  Ese wigeze kubona umuntu wiyita umunyabwenge?+ Wakwiringira umupfapfa+ kumurusha. 13  Umunebwe yaravuze ati “mu nzira hari umugunzu w’intare! Ku karubanda hari intare!”+ 14  Nk’uko urugi rukomeza kwikaragira ku mapata yarwo, ni ko n’umunebwe akomeza kwigaragura ku buriri bwe.+ 15  Umunebwe yashoye intoki mu ibakure, ariko abura imbaraga zo kwitamika.+ 16  Umunebwe yibwira ko ari umunyabwenge+ kurusha abantu barindwi basubizanya ubwenge. 17  Umugenzi urakazwa n’intonganya zitamureba akazivangamo,+ ameze nk’ufata imbwa amatwi. 18  Umusazi urasa imyambi yaka umuriro+ n’imyambi yica, 19  ni nk’umuntu uriganya mugenzi we maze akavuga ati “nikiniraga.”+ 20  Ahatari inkwi umuriro urazima, kandi ahatari umuntu usebanya amakimbirane arahosha.+ 21  Umunyamahane wenyegeza intonganya+ ameze nk’amakara yongerewe ku makara yaka cyangwa inkwi zongerewe mu muriro. 22  Amagambo y’umuntu usebanya ameze nk’ibyokurya bimiraguranwa umururumba, bikamanuka bikagera mu nda.+ 23  Umuntu ufite iminwa ivuga amagambo meza ariko afite umutima mubi,+ aba ameze nk’ifeza irabagirana yayagirijwe ku kimene cy’ikibumbano. 24  Umuntu wangana yiyoberanya akoresheje iminwa ye, ariko muri we aba afite uburiganya.+ 25  Nubwo agira akarimi keza,+ ntukamwizere+ kuko mu mutima we haba harimo ibintu birindwi byangwa urunuka.+ 26  Uburiganya bwe butwikira urwango, ariko ububi bwe buzahishurirwa mu iteraniro.+ 27  Ucukura umwobo azawugwamo,+ kandi uhirika ibuye rizagaruka rimugwire.+ 28  Ururimi ruvuga ibinyoma rwanga uwo rwakomerekeje,+ kandi akanwa gashyeshya kararimbuza.+

Ibisobanuro ahagana hasi