Imigani 25:1-28
25 Iyi na yo ni imigani ya Salomo,+ yakusanyijwe ikandikwa n’abagaragu ba Hezekiya umwami w’u Buyuda.+
2 Ikuzo ry’Imana ni uko ikomeza kugira ibintu ibanga,+ naho ikuzo ry’abami ni ugusesengura ibintu.+
3 Ubuhagarike bw’ijuru,+ ubujyakuzimu bw’isi+ n’umutima w’abami, ntibirondoreka.+
4 Ifeza nicenshurwe ivanwemo inkamba, maze yose izasohoke itunganyijwe.+
5 Abantu babi nibavanwe imbere y’umwami,+ ni bwo intebe ye y’ubwami izakomezwa no gukiranuka.+
6 Ntukibonekeze imbere y’umwami+ kandi ntugahagarare mu mwanya w’abakomeye,+
7 kuko ibyiza ari uko yakubwira ati “ngwino hano,”+ kuruta ko yagucisha bugufi imbere y’umunyacyubahiro muziranye.+
8 Ntukihutire gushoza urubanza kugira ngo utazibaza icyo uzakora rurangiye, igihe mugenzi wawe azaba agukojeje isoni.+
9 Ikiranure na mugenzi wawe+ kandi ntukamene ibanga ry’undi,+
10 kugira ngo ukumvise atagukoza isoni, kandi amagambo mabi uvuze akaba atagifite igaruriro.
11 Ijambo rivuzwe mu gihe gikwiriye rimeze nk’imitapuwa ya zahabu iri ku kintu gicuzwe mu ifeza.+
12 Iherena rya zahabu n’umurimbo wa zahabu nziza cyane ni nk’umunyabwenge ucyaha ufite ugutwi kumva.+
13 Nk’uko shelegi izana amafu+ ku munsi w’isarura, ni ko intumwa yizerwa imerera uwayitumye, kuko igarurira ubuyanja ubugingo bwa shebuja.+
14 Umuntu wirata impano y’ikinyoma+ ameze nk’ibicu n’umuyaga bitagusha imvura.
15 Iyo wihanganye ushobora kwemeza umuyobozi, kandi ururimi rurangwa n’ineza rushobora kuvuna igufwa.+
16 Niba ubonye ubuki,+ urye ubuguhagije kugira ngo utarya bwinshi cyane maze ukaburuka.+
17 Ntugahoze ikirenge mu rugo rwa mugenzi wawe, kugira ngo atakurambirwa maze akakwanga.
18 Umuntu ushinja mugenzi we ibinyoma ameze nk’ubuhiri n’inkota n’umwambi utyaye.+
19 Kwiringira umuntu uriganya ku munsi w’amakuba ni nko kugira iryinyo ricitse n’ikirenge kiremaye.+
20 Ukuramo umwenda ku munsi w’imbeho ameze nka divayi y’umushari isutswe kuri neteri,* n’umuririmbyi uririmbira umuntu wifitiye agahinda mu mutima.+
21 Umwanzi wawe nasonza umuhe ibyokurya, nagira inyota umuhe amazi yo kunywa.+
22 Kuko uzaba umurunze amakara yaka ku mutwe,+ kandi Yehova ubwe azakugororera.+
23 Umuyaga uturuka mu majyaruguru uzana imvura nk’uko umugore ajya ku gise,+ kandi ururimi rumena ibanga rutuma umuntu yamaganwa.+
24 Ibyiza ni ukwibera mu mfuruka y’igisenge kuruta kubana mu nzu n’umugore w’ingare.+
25 Uko amazi afutse amerera ubugingo bunaniwe,+ ni ko n’inkuru nziza iturutse mu gihugu cya kure imera.+
26 Umukiranutsi udahagarara ashikamye imbere y’umuntu mubi,+ ni nk’isoko yanduye cyangwa iriba ryangiritse.
27 Kurya ubuki bwinshi si byiza,+ kandi se icyubahiro abantu bishakiye ni icyubahiro nyabaki?+
28 Umuntu utagira rutangira mu mutima we ameze nk’umugi waciwemo ibyuho, utagira inkuta.+