Imigani 22:1-29

22  Ibyiza ni ukugira izina ryiza kuruta kugira ubutunzi bwinshi,+ kandi kwemerwa biruta ifeza na zahabu.+  Umukire n’umukene barahuye,+ kandi bose ni Yehova wabaremye.+  Umunyamakenga iyo abonye amakuba aje arihisha,+ ariko utaraba inararibonye arakomeza akagenda agahura n’akaga.+  Kwicisha bugufi no gutinya Yehova bihesha ubutunzi n’icyubahiro n’ubuzima.+  Amahwa n’imitego biba mu nzira y’umuntu ugoramye,+ ariko urinda ubugingo bwe azabigendera kure.+  Toza umwana inzira akwiriye kunyuramo;+ ndetse n’igihe azaba amaze gusaza, ntazateshuka ngo ayivemo.+  Umukire ategeka abakene,+ kandi uguza aba ari umugaragu w’umugurije.+  Ubiba gukiranirwa azasarura ibibi,+ kandi inkoni y’umujinya we izakurwaho.+  Urebana impuhwe azabona imigisha, kuko yahaye uworoheje ibyokurya.+ 10  Irukana umukobanyi kugira ngo amakimbirane ashire kandi imanza n’agasuzuguro birangire.+ 11  Ukunda umutima utanduye+ kandi akagira iminwa ivuga amagambo meza, azaba incuti y’umwami.+ 12  Amaso ya Yehova yarinze ubumenyi,+ ariko asenya amagambo y’umuriganya.+ 13  Umunebwe yaravuze+ ati “hanze hari intare!+ Ninsohoka iransinda ku karubanda!” 14  Akanwa k’abagore biyandarika ni urwobo rurerure;+ uwo Yehova yamaganye azarugwamo.+ 15  Ubupfapfa buhambiriwe ku mutima w’umwana,+ ariko inkoni ihana izabumucaho.+ 16  Uriganya uworoheje kugira ngo yirundanyirizeho ibintu byinshi,+ kimwe n’uha umukire, bose ntibazabura gukena.+ 17  Tega amatwi wumve amagambo y’abanyabwenge+ kugira ngo ushishikarize umutima wawe kwemera ubumenyi ntanga,+ 18  kuko ari byiza ko uyabika mu nda yawe+ kugira ngo uyakomeze ahore ku minwa yawe.+ 19  Uyu munsi nguhaye ubumenyi kugira ngo ujye wiringira Yehova.+ 20  Mbese sinakwandikiye nkugira inama nkakungura n’ubumenyi,+ 21  kugira ngo nkwereke ukuri kw’amagambo y’ukuri, maze nawe nusubiza uwagutumye umusubize amagambo y’ukuri?+ 22  Ntukambure uworoheje bitewe n’uko yoroheje,+ kandi ntugahonyorere imbabare mu irembo.+ 23  Kuko Yehova ubwe azabarenganura,+ kandi azambura ubugingo ababambura.+ 24  Ntukagirane ubucuti n’umuntu ukunda kurakara,+ kandi ntukagendane n’umuntu ukunda kugira umujinya mwinshi, 25  kugira ngo utigana inzira ze maze ukagusha ubugingo bwawe mu mutego.+ 26  Ntukajye mu bantu bakorana mu ntoki+ bishingira imyenda y’abandi.+ 27  Kuki barinda kugutwara uburiri uryamaho wabuze icyo wishyura? 28  Ntukimure urubibi rwa kera rwashyizweho na ba sokuruza.+ 29  Ese wabonye umuntu w’umuhanga mu byo akora? Imbere y’abami ni ho azahagarara;+ ntazahagarara imbere ya rubanda rugufi.

Ibisobanuro ahagana hasi