Imigani 20:1-30

20  Divayi ni umukobanyi,+ ibinyobwa bisindisha biteza urusaku,+ kandi umuntu wese uyobywa na byo ntagira ubwenge.+  Igitinyiro cy’umwami ni nko gutontoma kw’intare y’umugara ikiri nto.+ Uwikongereza uburakari bwe aba acumuye ku bugingo bwe.+  Iyo umuntu yirinze intonganya bimuhesha icyubahiro,+ ariko umupfapfa wese azishoramo.+  Umunebwe ntahinga mu mezi y’imbeho;+ mu gihe cy’isarura azasabiriza, ariko nta cyo azabona.+  Ibitekerezo byo mu mutima w’umuntu ni nk’amazi maremare,+ ariko umuntu ufite ubushishozi azabimuvomamo.+  Abantu benshi bamamaza ineza yabo yuje urukundo buri wese ku giti cye,+ ariko se umuntu wizerwa ni nde wamubona?+  Umukiranutsi agendera mu nzira itunganye;+ hahirwa abana bazamukomokaho.+  Umwami yicara ku ntebe y’ubwami y’imanza,+ amaso ye agashungura ububi bwose.+  Ni nde ushobora kuvuga ati “nejeje umutima wanjye,+ nejejweho icyaha cyanjye none ndaboneye”?+ 10  Ibipimo by’uburemere by’uburyo bubiri n’ingero za efa z’uburyo bubiri,+ byose Yehova abyanga urunuka.+ 11  Imigenzereze y’umwana ni yo igaragaza niba ibikorwa bye biboneye kandi bitunganye.+ 12  Ugutwi kumva n’ijisho rireba, Yehova ni we wabiremye byombi.+ 13  Ntugakunde gusinzira kugira ngo utazakena.+ Kanguka maze uhage ibyokurya byawe.+ 14  Umuguzi agaya ikintu ati “ni kibi, ni kibi!”+ Hanyuma akagenda yigamba.+ 15  Hariho zahabu n’amabuye ya marijani, ariko iminwa ivuga iby’ubumenyi ni inzabya z’agaciro kenshi.+ 16  Fatira umwambaro w’umuntu niba yarishingiye umunyamahanga;+ kandi niba yaragiranye imishyikirano n’umugore wiyandarika, umwake ingwate.+ 17  Ibyokurya bibonetse hakoreshejwe ikinyoma bishimisha umuntu,+ ariko nyuma yaho akanwa ke kuzura umucanga.+ 18  Iyo abantu bagiye inama imigambi yabo irakomezwa,+ nawe urwane intambara yawe ukoresheje ubuhanga bwo kuyobora.+ 19  Umuntu ugenda asebanya amena ibanga;+ ntugacudike n’umuntu w’akarimi karekare.+ 20  Umuntu uvuma se na nyina,+ itara rye rizazima haje umwijima.+ 21  Umurage umuntu abonesheje umururumba,+ amaherezo ntazawuboneramo umugisha.+ 22  Ntukavuge uti “nzabitura ibibi bankoreye!”+ Ahubwo ujye wiringira Yehova+ na we azagukiza.+ 23  Ibipimo by’uburemere by’uburyo bubiri Yehova abyanga urunuka,+ kandi iminzani ibeshya si myiza.+ 24  Yehova ni we uyobora intambwe z’umugabo w’umunyambaraga.+ Umuntu wakuwe mu mukungugu yamenya ate inzira ze?+ 25  Iyo umuntu wakuwe mu mukungugu ahubutse akavuga ati “iki ni icyera,”+ yamara guhiga imihigo+ agatangira kwigenzura,+ bimubera umutego. 26  Umwami w’umunyabwenge atatanya abantu babi,+ hanyuma akabahonyoza uruziga.+ 27  Umwuka+ w’umuntu wakuwe mu mukungugu ni itara rya Yehova, rigenzurana ubwitonzi mu nda hose.+ 28  Ineza yuje urukundo n’ukuri birinda umwami,+ kandi ineza yuje urukundo ni yo akomeresha intebe ye y’ubwami.+ 29  Ubwiza bw’abasore ni imbaraga zabo,+ naho icyubahiro cy’abasaza ni uruyenzi rw’imvi.+ 30  Inguma ni zo zikuraho ibibi,+ kandi inkoni zisukura umutima.+

Ibisobanuro ahagana hasi