Imigani 19:1-29

19  Umukene ugendera mu nzira itunganye aruta+ umuntu ufite iminwa ivuga ibigoramye n’umupfapfa.+  Si byiza ko umuntu abaho adafite ubumenyi,+ kandi uhubuka akora icyaha.+  Ubupfapfa bw’umuntu wakuwe mu mukungugu bugoreka inzira ye,+ maze umutima we ukarakarira Yehova.+  Ubukire buzana incuti nyinshi,+ ariko uworoheje atana n’incuti ye.+  Umuhamya ushinja ibinyoma ntazabura guhanwa,+ kandi uvuga ibinyoma ntazabirokoka.+  Umuntu ukomeye agira abantu benshi bamugusha neza,+ kandi abantu bose baba incuti z’utanga.+  Abavandimwe b’umukene bose baramwanze,+ kandi incuti ze zarushijeho kumwitarura.+ Abakurikira ashaka kugira icyo ababwira bakamwirengagiza.+  Uronka umutima w’ubwenge+ aba akunda ubugingo bwe, kandi ukomeza ubushishozi azabona ibyiza.+  Umuhamya ushinja ibinyoma ntazabura guhanwa,+ kandi uvuga ibinyoma azarimbuka.+ 10  Umupfapfa ntakwiriye kuba mu iraha,+ kandi ntibikwiriye ko umugaragu ategeka ibikomangoma.+ 11  Ubushishozi bw’umuntu butuma atinda kurakara,+ kandi kwirengagiza igicumuro ni bwo bwiza bwe.+ 12  Uburakari bw’umwami ni nko gutontoma kw’intare y’umugara ikiri nto,+ ariko kwemerwa na we ni nk’ikime gitonda ku byatsi.+ 13  Umwana w’umupfapfa ashyira se mu makuba,+ kandi intonganya z’umugore zimeze nk’igisenge kiva kikirukana umuntu mu nzu.+ 14  Inzu n’ubutunzi umuntu abiragwa na se,+ ariko umugore w’umunyabwenge atangwa na Yehova.+ 15  Ubunebwe butera gusinzira,+ kandi ubugingo budeha burasonza.+ 16  Ukomeza amategeko aba arinze ubugingo bwe,+ kandi utita ku nzira ze azicwa.+ 17  Ugiriye neza uworoheje aba agurije Yehova,+ kandi azamwitura iyo neza.+ 18  Hana umwana wawe atararenga ihaniro,+ kandi ntukamwifurize gupfa.+ 19  Umuntu urakara cyane azacibwa icyiru,+ kandi naho wamukiza bizaba ngombwa ko uhora ubikora.+ 20  Jya wumvira inama kandi wemere impanuro,+ kugira ngo mu gihe kizaza uzabe umunyabwenge.+ 21  Mu mutima w’umuntu habamo imigambi myinshi,+ ariko umugambi wa Yehova ni wo uzahoraho.+ 22  Ibyifuzwa by’umuntu wakuwe mu mukungugu ni ineza ye yuje urukundo,+ kandi umukene aruta umunyabinyoma.+ 23  Gutinya Yehova biyobora ku buzima,+ bituma umuntu arara aguwe neza+ kandi nta kibi kimugeraho.+ 24  Umunebwe yashoye intoki mu ibakure,+ ariko ananirwa kwitamika.+ 25  Uzakubite umukobanyi+ kugira ngo umuntu utaraba inararibonye abe umunyamakenga;+ kandi uzacyahe umuntu ujijutse kugira ngo arusheho kugira ubumenyi.+ 26  Umwana ufata se nabi kandi akamenesha nyina,+ aba ari umwana ukora ibiteye isoni kandi bigayitse.+ 27  Mwana wanjye, ntukareke gutega amatwi impanuro, kugira ngo utazayoba ugatandukira amagambo y’ubwenge.+ 28  Umuhamya utagira umumaro asuzugura ubutabera,+ kandi akanwa k’ababi kayongobeza ibibi.+ 29  Abakobanyi bateganyirijwe imanza zidakuka,+ n’umugongo w’abapfapfa wateganyirijwe inkoni.+

Ibisobanuro ahagana hasi