Imigani 16:1-33

16  Umuntu wakuwe mu mukungugu ashyira kuri gahunda ibiri mu mutima we,+ ariko icyo ururimi rusubiza gituruka kuri Yehova.+  Inzira z’umuntu zose ziba zimutunganiye,+ ariko Yehova ni we ugera imitima.+  Ragiza Yehova imirimo yawe,+ ni bwo imigambi yawe izahama.+  Ibintu byose Yehova yabiteguye afite umugambi,+ ndetse n’umuntu mubi yamuteguriye umunsi w’amakuba.+  Yehova yanga urunuka umuntu wese ufite umutima w’ubwibone,+ kandi nubwo umuntu yakorana n’undi mu ntoki ntazabura guhanwa.+  Ikosa ritangirwa impongano binyuze ku neza yuje urukundo n’ukuri,+ kandi gutinya Yehova bituma umuntu ahindukira akava mu bibi.+  Iyo Yehova yishimira inzira z’umuntu+ atuma n’abanzi be babana na we amahoro.+  Kugira duke turimo gukiranuka+ biruta kugira byinshi bitarimo ubutabera.+  Umutima w’umuntu wakuwe mu mukungugu utekereza ku nzira anyuramo,+ ariko Yehova ni we uyobora intambwe ze.+ 10  Umwanzuro wahumetswe ukwiriye kuba ku minwa y’umwami,+ kandi mu gihe aca urubanza akanwa ke ntikagomba kubera.+ 11  Igipimo cy’ukuri n’iminzani itabeshya ni ibya Yehova,+ kandi ni we washyizeho amabuye yose apimishwa atwarwa mu ruhago.+ 12  Abami banga urunuka ibikorwa by’ubugome+ kuko intebe y’ubwami ikomezwa no gukiranuka.+ 13  Umwami ukomeye ashimishwa n’iminwa ivuga ibyo gukiranuka,+ kandi akunda uvuga ibitunganye.+ 14  Umujinya w’umwami umeze nk’intumwa zizana urupfu,+ ariko umunyabwenge arawucubya.+ 15  Mu mucyo wo mu maso h’umwami hari ubuzima,+ kandi kwemerwa na we bimeze nk’igicu cy’imvura y’itumba.+ 16  Kuronka ubwenge biruta kure kuronka zahabu,+ kandi kugira ubushobozi bwo gusobanukirwa biruta kugira ifeza.+ 17  Inzira y’abakiranutsi ni uguhindukira bakava mu bibi.+ Urinda inzira ye aba arinda ubugingo bwe.+ 18  Kwibona bibanziriza kurimbuka,+ kandi kugira umutima wishyira hejuru bibanziriza kugwa.+ 19  Ibyiza ni ukwiyoroshya mu mutima ubana n’abicisha bugufi+ kuruta kugabana iminyago n’abishyira hejuru.+ 20  Ugaragaza ubushishozi mu bintu azabona ibyiza,+ kandi hahirwa uwiringira Yehova.+ 21  Ufite umutima w’ubwenge azitwa ujijutse,+ kandi uvuga amagambo aryohereye agira ubushobozi bwo kwemeza.+ 22  Abafite ubushishozi bubabera isoko y’ubuzima,+ kandi igihano cy’abapfapfa ni ubupfapfa.+ 23  Umutima w’umunyabwenge utuma akanwa ke kagaragaza ubushishozi,+ kandi wongerera iminwa ye ubushobozi bwo kwemeza.+ 24  Amagambo ashimishije ameze nk’umushongi w’ubuki bwo mu binyagu;+ aryohera ubugingo kandi akiza amagufwa.+ 25  Hari inzira umuntu abona ko itunganye,+ ariko amaherezo yayo ni urupfu.+ 26  Ubugingo bw’umunyamwete bumutera gukorana umwete,+ kuko akanwa ke kamuhata cyane.+ 27  Umuntu utagira umumaro azikura ibibi,+ kandi iminwa ye ivuga amagambo ameze nk’umuriro ukongora.+ 28  Umunyamatiku ahora akurura amakimbirane,+ kandi usebanya atanya incuti magara.+ 29  Umunyarugomo ashuka mugenzi we+ akamujyana mu nzira itari nziza.+ 30  Yicirana ijisho acura imigambi mibisha.+ Asohoza imigambi ye mibi amwenyura. 31  Imvi ni ikamba ry’ubwiza+ iyo ribonewe mu nzira yo gukiranuka.+ 32  Utinda kurakara aruta umunyambaraga,+ kandi umenya kwifata aruta uwigarurira umugi.+ 33  Abantu bakorera ubufindo mu kinyita cy’umwambaro,+ ariko umwanzuro wose uturuka kuri Yehova.+

Ibisobanuro ahagana hasi