Imigani 14:1-35

14  Umugore w’umunyabwenge rwose yubaka urugo rwe,+ ariko umupfapfa arusenyesha amaboko ye.+  Ugendera mu nzira iboneye atinya Yehova,+ ariko ugendera mu nzira zigoramye aramusuzugura.+  Inkoni y’ubwibone iri mu kanwa k’umupfapfa,+ ariko iminwa y’abanyabwenge izabarinda.+  Ahatakiri inka, aho zariraga haba hasukuye, ariko umusaruro uba mwinshi bitewe n’imbaraga z’ikimasa.  Umuhamya wizerwa ntabeshya,+ ariko umuhamya ushinja ibinyoma avuga ibinyoma bisa.+  Umukobanyi yashatse ubwenge ntiyabubona, ariko umuntu usobanukiwe, kugira ubumenyi biramworohera.+  Igendere uve imbere y’umupfapfa,+ kuko utazumva akanwa ke kavuga iby’ubumenyi.+  Ubwenge bw’umunyamakenga ni ugusobanukirwa inzira ye,+ ariko ubupfapfa bw’abapfu ni uburiganya.+  Abapfapfa bapfobya ikosa,+ ariko abakiranutsi bavuga rumwe.+ 10  Umutima w’umuntu ni wo umenya agahinda afite,+ kandi nta wundi muntu wakwivanga mu byishimo byawo. 11  Inzu y’ababi izarimburwa,+ ariko ihema ry’abakiranutsi rizasagamba.+ 12  Hari inzira umuntu abona ko itunganye,+ ariko amaherezo yayo ni urupfu.+ 13  Umuntu ashobora guseka ariko umutima we ubabaye,+ kandi amaherezo y’ibitwenge ni ugushavura.+ 14  Umuntu ufite umutima utizera azahaga ingaruka z’inzira ze,+ ariko umuntu mwiza we azahaga ingaruka nziza z’imigenzereze ye.+ 15  Umuntu wese utaraba inararibonye yizera ijambo ryose rivuzwe,+ ariko umunyamakenga yitondera intambwe ze.+ 16  Umunyabwenge aratinya akareka ibibi,+ ariko umuntu w’umupfu ararakara cyane kandi akiyiringira.+ 17  Umuntu urakara vuba akora iby’ubupfapfa,+ ariko ufite ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu arangwa.+ 18  Abataraba inararibonye bagaragaza ubupfapfa,+ ariko abanyamakenga bazambara ubumenyi nk’igitambaro bambara mu mutwe.+ 19  Abantu babi bazunamira abeza,+ kandi abagome bazikubita imbere y’amarembo y’umukiranutsi. 20  Umukene arangwa, ndetse na mugenzi we akamwanga,+ ariko umukire agira incuti nyinshi.+ 21  Uhinyura mugenzi we aba akoze icyaha,+ ariko hahirwa ugirira neza imbabare.+ 22  Mbese abacura imigambi mibi ntibazayobagurika?+ Ariko abagambirira ibyiza bo bagaragarizwa ineza yuje urukundo n’ukuri.+ 23  Umurimo wose ukoranywe umwete uzana inyungu,+ ariko amagambo gusa arakenesha. 24  Ikamba ry’abanyabwenge ni ubutunzi bwabo, ariko ubupfapfa bw’abapfapfa bukomeza kuba ubupfapfa gusa.+ 25  Umuhamya w’ukuri arokora ubugingo,+ ariko umuriganya ahora asukiranya ibinyoma bisa.+ 26  Abatinya Yehova bagira ibyiringiro bikomeye,+ kandi abana babo babona ubuhungiro.+ 27  Gutinya Yehova ni isoko y’ubuzima;+ birinda umuntu kugwa mu mitego y’urupfu.+ 28  Umurimbo w’umwami ni ukugira abaturage benshi,+ ariko iyo umutware adafite abantu ararimbuka.+ 29  Utinda kurakara aba afite ubushishozi bwinshi,+ ariko unanirwa kwihangana yimakaza ubupfapfa.+ 30  Umutima utuje utuma umubiri ugira ubuzima bwiza,+ ariko ishyari ni ikimungu kiri mu magufwa.+ 31  Uriganya uworoheje aba atutse uwamuremye,+ ariko ugirira neza umukene aba ahesheje ikuzo uwamuremye.+ 32  Umuntu mubi agushwa n’ububi bwe,+ ariko umukiranutsi abonera ubuhungiro mu budahemuka bwe.+ 33  Umuntu ujijutse abika ubwenge mu mutima,+ ariko ubwenge bw’umupfapfa arabwasasa. 34  Gukiranuka ni ko gushyira ishyanga hejuru,+ ariko icyaha gikoza isoni amahanga.+ 35  Umwami yishimira umugaragu ukorana ubushishozi,+ ariko umujinya we uba ku muntu ukora ibiteye isoni.+

Ibisobanuro ahagana hasi