Imigani 12:1-28

12  Ukunda igihano aba akunda ubumenyi,+ ariko uwanga gucyahwa ntagira ubwenge.+  Yehova yemera umuntu mwiza,+ ariko abona ko umuntu ugira ibitekerezo bibi ari mubi.+  Nta muntu uzakomezwa no gukora ibibi,+ ariko umuzi w’abakiranutsi ntuzanyeganyezwa.+  Umugore ushoboye abera umugabo we* ikamba,+ ariko umugore ukora ibiteye isoni amubera ikimungu mu magufwa.+  Ibyo abakiranutsi batekereza biba bikwiriye,+ ariko inama ababi batanga iba igamije kuyobya.+  Amagambo y’ababi aba yubikiriye kuvusha amaraso,+ ariko akanwa k’abakiranutsi ni ko kazabarokora.+  Ababi barabirindurwa ntibongere kubaho,+ ariko inzu y’abakiranutsi izakomeza guhagarara.+  Umuntu azashimirwa amagambo y’ubwenge aturuka mu kanwa ke,+ ariko ufite umutima ugoramye azasuzugurwa.+  Umuntu udahabwa icyubahiro cyane ariko yifitiye umugaragu, aruta uwishyira hejuru ariko adafite ibyokurya.+ 10  Umukiranutsi yita ku buzima bw’amatungo ye,+ ariko imbabazi z’ababi ni ubugome.+ 11  Uhinga umurima we azarya ahage,+ ariko ukurikira ibitagira umumaro ntagira umutima.+ 12  Umuntu mubi yifuje umuhigo ababi bafatishije umutego wabo,+ ariko umuzi w’abakiranutsi wera imbuto.+ 13  Umuntu mubi agwa mu mutego w’ibicumuro bituruka mu kanwa ke,+ ariko umukiranutsi ava mu makuba.+ 14  Umuntu ahaga ibyiza bituruka ku mbuto z’akanwa ke,+ kandi aziturwa ibihwanye n’imirimo y’amaboko ye.+ 15  Inzira y’umupfapfa iba ikwiriye mu maso ye,+ ariko uwumva inama aba afite ubwenge.+ 16  Umupfapfa ahita agaragaza uburakari bwe,+ ariko umunyamakenga yirengagiza igitutsi.+ 17  Usohora amagambo yo gukiranuka avuga ibiboneye,+ ariko umuhamya ushinja ibinyoma avuga iby’uburiganya.+ 18  Habaho umuntu uhubuka akavuga amagambo akomeretsa nk’inkota,+ ariko ururimi rw’abanyabwenge rurakiza.+ 19  Akanwa kavuga ukuri+ kazagumaho iteka ryose,+ ariko ururimi ruvuga ibinyoma ruzamara akanya gato gusa.+ 20  Abacura imigambi mibi bagira imitima y’uburiganya,+ ariko abimakaza amahoro bagira ibyishimo.+ 21  Umukiranutsi ntazagwirirwa n’ibibi,+ ariko ababi ntibazabura kugerwaho n’amakuba menshi.+ 22  Yehova yanga urunuka iminwa ibeshya,+ ariko abakora ibyo gukiranuka baramushimisha.+ 23  Umunyamakenga atwikira ubumenyi,+ ariko umutima w’abapfapfa wamamaza ubupfapfa.+ 24  Ukuboko kw’abanyamwete kuzategeka,+ ariko ukuboko k’umunebwe kuzakoreshwa imirimo y’agahato.+ 25  Umutima usobetse amaganya uriheba,+ ariko ijambo ryiza rirawunezeza.+ 26  Umukiranutsi agenzura urwuri rwe, ariko inzira z’ababi zibatera kuyobagurika.+ 27  Ubunebwe butuma umuntu atavumbura umuhigo,+ ariko umwete w’umuntu ni bwo butunzi bwe bw’agaciro. 28  Mu nzira yo gukiranuka harimo ubuzima,+ kandi uyigenderamo ntazapfa.+

Ibisobanuro ahagana hasi