Ibyahishuwe 7:1-17

7  Hanyuma y’ibyo mbona abamarayika+ bane bahagaze ku mfuruka enye z’isi, bafashe imiyaga ine+ y’isi bayikomeje, kugira ngo hatagira umuyaga uhuha ku isi cyangwa ku nyanja cyangwa ku giti+ icyo ari cyo cyose.  Mbona undi mumarayika azamuka aturutse iburasirazuba,+ afite ikimenyetso cy’Imana nzima.+ Arangurura ijwi abwira ba bamarayika bane bari bahawe kugirira nabi isi n’inyanja,  ati “ntimugirire nabi isi cyangwa inyanja cyangwa ibiti, kugeza ubwo turi bube tumaze gushyira ikimenyetso+ mu ruhanga rw’abagaragu b’Imana yacu.”+  Nuko numva umubare w’abashyizweho ikimenyetso: bari ibihumbi ijana na mirongo ine na bine,+ bashyizweho ikimenyetso bavanywe mu miryango yose+ y’Abisirayeli.+  Abo mu muryango wa Yuda+ bashyizweho ikimenyetso bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Rubeni+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Gadi+ bari ibihumbi cumi na bibiri;  abo mu muryango wa Asheri+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Nafutali+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Manase+ bari ibihumbi cumi na bibiri;  abo mu muryango wa Simeyoni+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Lewi+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Isakari+ bari ibihumbi cumi na bibiri;  abo mu muryango wa Zabuloni+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Yozefu+ bari ibihumbi cumi na bibiri;abo mu muryango wa Benyamini+ bari ibihumbi cumi na bibiri bashyizweho ikimenyetso.+  Nyuma y’ibyo, ngiye kubona mbona imbaga y’abantu benshi+ umuntu adashobora kubara, bakomoka mu mahanga yose+ no mu miryango yose no mu moko yose+ n’indimi zose,+ bahagaze imbere y’intebe y’ubwami+ n’imbere y’Umwana w’intama, bambaye amakanzu yera,+ kandi bafite amashami y’imikindo+ mu ntoki zabo. 10  Nuko bakomeza kuvuga mu ijwi riranguruye bati “agakiza tugakesha Imana+ yacu yicaye ku ntebe y’ubwami+ n’Umwana w’intama.”+ 11  Abamarayika bose+ bari bahagaze bakikije ya ntebe y’ubwami na ba bakuru+ na bya bizima bine,+ bikubita imbere ya ya ntebe y’ubwami bubamye maze baramya Imana,+ 12  baravuga bati “Amen! Umugisha n’ikuzo n’ubwenge n’ishimwe n’icyubahiro n’ubushobozi+ n’imbaraga bibe iby’Imana yacu iteka ryose. Amen.”+ 13  Nuko umwe muri ba bakuru+ arambaza ati “aba bambaye amakanzu yera+ ni ba nde, kandi se baturutse he?” 14  Nuko mpita musubiza nti “databuja ni wowe ubizi.” Arambwira ati “aba ni abavuye muri wa mubabaro ukomeye,+ kandi bameshe amakanzu yabo bayejesha+ amaraso+ y’Umwana w’intama. 15  Ni cyo gituma bari imbere+ y’intebe y’ubwami y’Imana, bakayikorera umurimo wera+ ku manywa na nijoro mu rusengero rwayo; Uwicaye ku ntebe y’ubwami+ azababambaho ihema rye.+ 16  Ntibazongera kugira inzara n’inyota ukundi, kandi ntibazongera kwicwa n’izuba cyangwa ubushyuhe bwotsa,+ 17  kuko Umwana w’intama+ uri hagati y’intebe y’ubwami azabaragira,+ akabayobora ku masoko y’amazi+ y’ubuzima. Imana izahanagura amarira yose ku maso yabo.”+

Ibisobanuro ahagana hasi