Ibyahishuwe 5:1-14

5  Nuko mbona mu kuboko kw’iburyo k’uwicaye ku ntebe y’ubwami+ umuzingo wanditsweho imbere n’inyuma,+ ufatanyishijwe+ ibimenyetso birindwi bifunze cyane.  Nuko mbona umumarayika ukomeye atangaza mu ijwi riranguruye ati “ni nde ukwiriye gufungura ibimenyetso bifatanyije umuzingo maze akawurambura?”  Ariko haba mu ijuru cyangwa ku isi cyangwa munsi y’isi, ntihaboneka umuntu n’umwe ushobora kurambura umuzingo no kuwurebamo.  Mperako ndarira cyane kubera ko hatabonetse umuntu ukwiriye kurambura uwo muzingo no kuwurebamo.+  Ariko umwe muri ba bakuru arambwira ati “reka kurira. Dore Intare yo mu muryango wa Yuda,+ umuzi+ wa Dawidi,+ yaranesheje+ none ikwiriye kurambura umuzingo no gufungura ibimenyetso birindwi biwufatanyije.”  Nuko mbona hagati y’intebe y’ubwami+ no hagati ya bya bizima bine no hagati ya ba bakuru+ hahagaze umwana w’intama+ umeze nk’uwishwe,+ ufite amahembe arindwi n’amaso arindwi, ayo maso akaba agereranya imyuka irindwi+ y’Imana yatumwe mu isi yose.  Aragenda akura uwo muzingo mu kuboko kw’iburyo k’uwicaye kuri ya ntebe y’ubwami.+  Afashe uwo muzingo, bya bizima bine na ba bakuru makumyabiri na bane+ bikubita hasi imbere y’Umwana w’intama, buri wese muri bo afite inanga,+ bafite n’amabakure akozwe muri zahabu yuzuye umubavu; uwo mubavu+ ugereranya amasengesho+ y’abera.  Nuko baririmba indirimbo nshya+ bagira bati “ukwiriye gufata umuzingo no gufungura ibimenyetso biwufatanyije, kuko wishwe, ugacungurira+ Imana abantu+ bo mu miryango yose n’indimi zose n’amoko yose n’amahanga yose ubacunguje amaraso yawe,+ 10  ukabahindura abami+ n’abatambyi+ b’Imana yacu,+ kandi bazategeka+ isi.” 11  Hanyuma ndareba, numva ijwi ry’abamarayika benshi bari bakikije ya ntebe y’ubwami na bya bizima bine na ba bakuru, kandi umubare wabo wari ibihumbi icumi incuro ibihumbi icumi+ n’ibihumbi incuro ibihumbi;+ 12  bavuga mu ijwi riranguruye bati “Umwana w’intama wishwe+ ni we ukwiriye guhabwa ububasha n’ubutunzi n’ubwenge n’imbaraga n’icyubahiro n’ikuzo n’umugisha.”+ 13  Hanyuma numva ibyaremwe byose, ari ibyo mu ijuru n’ibyo mu isi n’ibyo munsi y’isi+ n’ibyo mu nyanja, hamwe n’ibibirimo byose, bivuga biti “umugisha n’icyubahiro+ n’ikuzo+ n’ubushobozi bibe iby’uwicaye ku ntebe y’ubwami+ n’Umwana w’intama+ iteka ryose.” 14  Nuko bya bizima bine biravuga biti “Amen!” Na ba bakuru+ bikubita hasi baramya Imana.+

Ibisobanuro ahagana hasi