Ibyahishuwe 2:1-29

2  “Andikira umumarayika+ w’itorero ryo muri Efeso+ uti ‘dore ibyo ufashe inyenyeri ndwi+ mu kiganza cye cy’iburyo, akagendera hagati y’ibitereko birindwi by’amatara bikozwe muri zahabu+ avuga,  ati “nzi ibikorwa byawe+ n’umwete wawe no kwihangana kwawe, kandi nzi ko udashobora kwihanganira abantu babi, ndetse ko abiyita intumwa+ nyamara atari zo wabagerageje+ ugasanga ari abanyabinyoma.  Nanone wagaragaje ukwihangana+ kandi wihanganiye ingorane nyinshi uzira izina ryanjye,+ ntiwacogora.+  Icyakora hari icyo nkugaya: ni uko waretse urukundo wari ufite mbere.+  “‘“Nuko rero wibuke aho wavuye ukagwa maze wihane,+ ukore ibikorwa byawe bya mbere. Nutabigenza utyo, ndaza aho uri+ mvane igitereko cy’itara cyawe+ aho cyari kiri; keretse niwihana.  Icyakora, hari icyo ushimwa: ni uko wanga+ agatsiko k’idini ry’Abanikolayiti,+ kandi nanjye ndakanga.  Ufite ugutwi niyumve ibyo umwuka+ ubwira amatorero: unesha+ nzamuha kurya ku mbuto z’igiti cy’ubuzima,+ kiri muri paradizo y’Imana.”’  “Wandikire umumarayika+ w’itorero ry’i Simuruna uti ‘dore ibyo “Ubanza n’Uheruka,”+ uwari warapfuye none akaba yarongeye kuba muzima+ avuga,  ati “nzi amakuba yawe n’ubukene bwawe, ariko uri umukire;+ nzi n’amagambo yo gutuka Imana avugwa n’abiyita Abayahudi+ kandi atari bo, ahubwo ari ab’isinagogi ya Satani.+ 10  Ntutinye ibigiye kukugeraho.+ Dore Satani*+ azakomeza gushyira bamwe muri mwe mu nzu y’imbohe. Ibyo bizaberaho kugira ngo mugeragezwe mu buryo bwuzuye,+ kandi mumare iminsi icumi mubabazwa.+ Ujye uba uwizerwa kugeza ku gupfa,+ nanjye nzaguha ikamba ry’ubuzima.+ 11  Ufite ugutwi niyumve+ ibyo umwuka+ ubwira amatorero: unesha,+ urupfu rwa kabiri nta cyo ruzamutwara.”’+ 12  “Nanone wandikire umumarayika w’itorero ry’i Perugamo uti ‘dore ibyo ufite inkota ndende ityaye, ifite ubugi impande zombi+ avuga, 13  ati “nzi aho utuye ko ari ho intebe y’ubwami ya Satani iri. Nyamara ukomeza gushikama ku izina ryanjye,+ kandi ntiwigeze uhakana ko unyizera,+ ndetse no mu gihe cya Antipa, umuhamya wanjye+ wizerwa wiciwe+ iwanyu, aho Satani atuye. 14  “‘“Ariko mfite ibintu bike nkugaya: ni uko ufite abakomeza inyigisho ya Balamu+ wigishije Balaki+ gushyira igisitaza imbere y’Abisirayeli, akabigisha kurya ibyatambiwe ibigirwamana no gusambana.+ 15  None mu buryo nk’ubwo, nawe ufite abakomeza inyigisho z’agatsiko k’idini ry’Abanikolayiti.+ 16  Nuko rero wihane,+ kuko nutihana nzaza aho uri vuba nkabarwanya+ nkoresheje inkota ndende iva mu kanwa kanjye.+ 17  “‘“Ufite ugutwi niyumve ibyo umwuka ubwira amatorero:+ unesha+ nzamuha kuri manu+ yahishwe, kandi nzamuha ibuye ry’umweru ryanditsweho izina rishya+ ritazwi n’umuntu uwo ari we wese, keretse urihawe.”’+ 18  “Wandikire umumarayika w’itorero ry’i Tuwatira+ uti ‘dore ibyo Umwana+ w’Imana ufite amaso ameze nk’ibirimi by’umuriro+ n’ibirenge bimeze nk’umuringa utunganyijwe neza+ avuga, 19  ati “nzi ibikorwa byawe n’urukundo+ rwawe no kwizera kwawe n’umurimo wawe no kwihangana kwawe, kandi nzi ko ibikorwa+ byawe bya nyuma biruta ibya mbere.+ 20  “‘“Icyakora, hari icyo nkugaya: ni uko wihanganira wa mugore Yezebeli,+ wiyita umuhanuzikazi kandi akigisha+ abagaragu banjye+ gusambana+ no kurya ibyatambiwe ibigirwamana,+ akabayobya. 21  Namuhaye igihe cyo kwihana,+ ariko ntashaka kwihana ubusambanyi bwe.+ 22  Dore ngiye kumuteza indwara imuheza mu buriri, kandi abasambana na we nzabateza amakuba akomeye; keretse gusa nibihana bakareka ibikorwa bye. 23  Abana be nzabicisha icyorezo cy’indwara yica, ku buryo amatorero yose azamenya ko ari jye ugenzura impyiko* n’imitima, kandi nzaha buri wese muri mwe ibihuje n’ibikorwa byanyu.+ 24  “‘“Icyakora, abandi bo muri mwe bari i Tuwatira, ni ukuvuga abatarakurikiye iyo nyigisho bose, ari na bo batamenye ‘ibintu byimbitse bya Satani’+ nk’uko babivuga, ndababwira nti ‘nta wundi mutwaro uwo ari wo wose mbikoreza.+ 25  Gusa mukomeze icyo mufite+ kugeza igihe nzazira.’ 26  Unesha kandi agakurikiza inzira zanjye kugeza ku iherezo,+ nzamuha ubutware bwo gutwara amahanga,+ 27  kandi azatwara abantu abayoboze inkoni y’icyuma+ kugira ngo bajanjagurwe nk’uko inzabya z’ibumba zijanjagurika,+ nk’uko nahawe ubutware na Data; 28  nanone nzamuha inyenyeri ya mu gitondo.+ 29  Ufite ugutwi niyumve ibyo umwuka+ ubwira amatorero.”’+

Ibisobanuro ahagana hasi