Ibyahishuwe 1:1-20

1  lbyahishuwe+ na Yesu Kristo, ibyo Imana yamuhaye+ ngo yereke abagaragu bayo+ ibintu bigomba kubaho bidatinze.+ Hanyuma Yesu na we atuma umumarayika wayo,+ maze binyuze kuri uwo mumarayika, abyereka umugaragu wayo Yohana+ mu bimenyetso.+  Yohana uwo ni we wahamije ijambo Imana yatanze,+ ahamya n’ibyo Yesu Kristo yahamije,+ ni ukuvuga ibintu byose yabonye.  Hahirwa+ usoma mu ijwi riranguruye+ amagambo y’ubu buhanuzi hamwe n’abayumva,+ kandi bakitondera ibyanditswe muri bwo+ kuko igihe cyagenwe kiri bugufi.+  Jyewe Yohana ndabandikiye mwebwe abo mu matorero arindwi+ yo mu ntara ya Aziya: Nimugire ubuntu butagereranywa, n’amahoro biva ku “Mana iriho, yahozeho, kandi igiye kuza,”+ biva no ku myuka irindwi+ iri imbere y’intebe yayo y’ubwami,  no kuri Yesu Kristo “Umuhamya Wizerwa,”+ “Imfura mu kuzuka mu bapfuye”+ akaba n’“Umutware utwara abami bo mu isi.”+ We udukunda+ kandi watubohoye akatuvana mu byaha byacu akoresheje amaraso ye bwite,+  akaduhindura abami+ n’abatambyi+ b’Imana ye, ari na yo Se; ni koko, nahabwe ikuzo n’ubushobozi iteka ryose.+ Amen.  Dore arazana n’ibicu,+ kandi amaso yose azamureba,+ n’abamuteye icumu+ bazamureba, kandi amoko yose yo mu isi azikubita mu gituza afite agahinda kubera we.+ Amen.  Yehova Imana aravuga ati “ndi Alufa na Omega,+ uriho, uwahozeho kandi ugiye kuza,+ Ushoborabyose.”+  Jyewe Yohana, umuvandimwe wanyu musangiye imibabaro+ n’ubwami+ no kwihangana+ dufatanyije na Yesu,+ nari ku kirwa cyitwa Patimosi bampora kuvuga iby’Imana no guhamya ibya Yesu.+ 10  Binyuze ku mbaraga z’umwuka wera,+ nagiye kubona mbona ndi+ ku munsi w’Umwami.+ Nuko numva ijwi rikomeye+ nk’iry’impanda rivugira inyuma yanjye, 11  riti “ibyo ubona ubyandike+ mu muzingo, uwoherereze amatorero arindwi:+ iryo muri Efeso,+ iry’i Simuruna,+ iry’i Perugamo,+ iry’i Tuwatira,+ iry’i Sarudi,+ iry’i Filadelifiya+ n’iry’i Lawodikiya.”+ 12  Nuko ndahindukira ngo ndebe uwavuganaga nanjye, maze mpindukiye mbona ibitereko birindwi by’amatara bikozwe muri zahabu,+ 13  kandi hagati y’ibyo bitereko by’amatara hari usa n’umwana w’umuntu,+ yambaye umwenda ugera ku birenge, akenyeye umushumi wa zahabu mu gituza. 14  Nanone umutwe we n’umusatsi we byarereranaga+ nk’ubwoya bwera, byera nk’urubura, kandi amaso ye yari ameze nk’ibirimi by’umuriro.+ 15  Ibirenge bye byari bimeze nk’umuringa utunganyijwe neza+ igihe uyagiranira mu itanura, kandi ijwi rye+ ryari rimeze nk’ijwi ry’amazi menshi asuma. 16  Mu kiganza cye cy’iburyo yari afite inyenyeri ndwi,+ mu kanwa ke hasohokagamo inkota ndende ityaye, ifite ubugi impande zombi,+ kandi mu maso he hari hameze nk’izuba igihe ryaka cyane.+ 17  Mubonye nikubita ku birenge bye mera nk’upfuye. Nuko andambikaho ikiganza cye cy’iburyo arambwira ati “witinya.+ Ndi Ubanza+ n’Uheruka+ 18  n’uriho.+ Nari narapfuye,+ ariko dore ndiho iteka ryose,+ kandi mfite imfunguzo z’urupfu+ n’iz’imva.*+ 19  Nuko rero, wandike ibintu byose wabonye, n’ibiriho, n’ibizabaho nyuma y’ibi.+ 20  Naho ku birebana n’ibanga ryera ry’inyenyeri ndwi+ wabonye mu kiganza cyanjye cy’iburyo, n’ibitereko birindwi by’amatara bikozwe muri zahabu,+ izo nyenyeri ndwi zigereranya abamarayika b’amatorero arindwi, naho ibitereko birindwi by’amatara bigereranya amatorero arindwi.+

Ibisobanuro ahagana hasi